Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umucyo ku byari byatangajwe ko hari icyo Israel iri kuganiraho n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
06/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umucyo ku byari byatangajwe ko hari icyo Israel iri kuganiraho n’u Rwanda

Photo/Internet: Bamwe mu Banye-Palestine bahunga muri Gaza

Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yahakanye amakuru yatangajwe na kimwe mu binyamakuru byo muri Israel; ko iri mu biganiro n’iy’iki Gihugu ku kuba hakoherezwa Abanye-Palestine bari mu Ntara ya Gaza imaze iminsi iri mu ntambara, ivuga ko aya makuru ari ikinyoma gikwiye kwimwa amatwi.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Mutarama 2024.

Iri tangazo rivuga ko Guverinoma y’u Rwanda na yo yumvise aya makuru ayobya abantu “yashyizwe hanze na Zman Yisrael, Ikinyamakuru cyo muri Israel, avuga ko hari ibiganiro hagati y’u Rwanda na Israel ku kohereza Abanye-Palestina bava muri Gaza. Aya makuru ni ikinyoma.”

Muri iri tangazo, Guverinoma y’u Rwanda yakomeje igira iti “Nta biganiro byigeze bibaho yaba muri iki gihe ndetse no mu gihe cyatambutse, kandi aya makuru ayobya agomba kwimwa amatwi.”

Amakuru yari yatambutse mu binyamakuru binyuranye kuri uyu wa Gatanu, tariki 05 Mutarama 2024, yavugaga ko ibyo biganiro Israel iri kugirana n’u Rwanda ngo iri no kubigirana na Chad.

Intara ya Gaza muri Palestine, yujuje amezi atatu iri kuberamo intambara yatangiye tariki 07 Ukwakira 2023, nyuma y’uko umutwe wa Hamas wo muri iyi Ntara uciye mu rihumye inzego za Israel, ukagabayo igitero.

Kugeza ubu habarwa Abanye-Palestine barenga ibihumbi 22 bamaze kuburira ubuzima muri iyi ntambara nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza, mu gihe abakomeretse barenga ibihumbi 60.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 1 =

Previous Post

Nyamagabe: Agahinda k’umubyeyi uriho mu ruhuri rw’ibibazo n’icyo atungaho agatoki ubuyobozi

Next Post

Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umujenerali uyoboye umutwe wo muri Sudani wanahuye na Museveni

Related Posts

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umujenerali uyoboye umutwe wo muri Sudani wanahuye na Museveni

Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umujenerali uyoboye umutwe wo muri Sudani wanahuye na Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.