Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umucyo ku byari byatangajwe ko hari icyo Israel iri kuganiraho n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
06/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umucyo ku byari byatangajwe ko hari icyo Israel iri kuganiraho n’u Rwanda

Photo/Internet: Bamwe mu Banye-Palestine bahunga muri Gaza

Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yahakanye amakuru yatangajwe na kimwe mu binyamakuru byo muri Israel; ko iri mu biganiro n’iy’iki Gihugu ku kuba hakoherezwa Abanye-Palestine bari mu Ntara ya Gaza imaze iminsi iri mu ntambara, ivuga ko aya makuru ari ikinyoma gikwiye kwimwa amatwi.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Mutarama 2024.

Iri tangazo rivuga ko Guverinoma y’u Rwanda na yo yumvise aya makuru ayobya abantu “yashyizwe hanze na Zman Yisrael, Ikinyamakuru cyo muri Israel, avuga ko hari ibiganiro hagati y’u Rwanda na Israel ku kohereza Abanye-Palestina bava muri Gaza. Aya makuru ni ikinyoma.”

Muri iri tangazo, Guverinoma y’u Rwanda yakomeje igira iti “Nta biganiro byigeze bibaho yaba muri iki gihe ndetse no mu gihe cyatambutse, kandi aya makuru ayobya agomba kwimwa amatwi.”

Amakuru yari yatambutse mu binyamakuru binyuranye kuri uyu wa Gatanu, tariki 05 Mutarama 2024, yavugaga ko ibyo biganiro Israel iri kugirana n’u Rwanda ngo iri no kubigirana na Chad.

Intara ya Gaza muri Palestine, yujuje amezi atatu iri kuberamo intambara yatangiye tariki 07 Ukwakira 2023, nyuma y’uko umutwe wa Hamas wo muri iyi Ntara uciye mu rihumye inzego za Israel, ukagabayo igitero.

Kugeza ubu habarwa Abanye-Palestine barenga ibihumbi 22 bamaze kuburira ubuzima muri iyi ntambara nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza, mu gihe abakomeretse barenga ibihumbi 60.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 6 =

Previous Post

Nyamagabe: Agahinda k’umubyeyi uriho mu ruhuri rw’ibibazo n’icyo atungaho agatoki ubuyobozi

Next Post

Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umujenerali uyoboye umutwe wo muri Sudani wanahuye na Museveni

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

How social media Is Changing the Meaning of Fame
IMYIDAGADURO

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umujenerali uyoboye umutwe wo muri Sudani wanahuye na Museveni

Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umujenerali uyoboye umutwe wo muri Sudani wanahuye na Museveni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How social media Is Changing the Meaning of Fame

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.