• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

radiotv10by radiotv10
21/11/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Niyo Bosco yatanze umucyo ku byatumye hari abakeka ko yaba yarabeshye abantu igihe kinini ko atabona, avuga ko amashusho yatumye babikeka, ari imiterere y’ikiganiro yagaragayemo, yatunganyijwe mu buryo bwatumye babikeka.

Ni nyuma yuko uyu muhanzi agaragaye mu kiganiro cyitwa One on One gitambuka kuri Youtube, gitumirwamo ibyamamare mu ngeri zinyuranye, aho umuntu yerekwa ifoto y’umuntu muri telefone, ubundi akagira ibyo amuvugaho.

Niyo Bosco na we uherutse gutumirwa muri iki kiganiro, yagaragaye avuga ku bantu banyuranye, aho mu mashusho y’iki kiganiro, hagaragaramo ko yabanzaga kwerekwa ifoto y’umuntu, ubundi akamuvugaho.

Nyuma ya kiriya kiganiro, hazamutse impaka ndende, aho bamwe mu bakibonye batangiye kuvuga ko Niyo Bosco yaba abona bitewe no kuba yarerekwaga telefone, ubundi akavuga uwo muntu n’ibyo amuziho.

Gusa Niyo Bosco, avuga ko atabaga yabonye uwo muntu yerekwaga muri Telefone nk’uko bigaragara, ahubwo ko byatewe n’imiterere y’iki kiganiro, kuko cyashyizwe hanze kibanje gutungangwa, kugira ngo kidata umwimerere wacyo. Yagize ati “Nabonye hari abarakarijwe no kuba naba mbona, ‘ese mukunda ntabona?”

Yakomeje agira ati “Ikiganiro gikorwa n’umunyamakuru Taikin Ndahiro gisaba abantu kuvuga ibintu bitatu ku ifoto y’umuntu, kandi sinifuzaga ko ikiganiro cyahindurwa uko gikorwa. kubera njyewe, uko byakozwe rero navugaga umuntu nibuka cyangwa unje mu mutwe, ibindi byakorewe muri editing nko gushyiramo ifoto y’uwo navuze.”

Arongera ati “Kandi nashimishijwe n’uko uko abandi bakozeho ikiganiro one on one, nanjye nagikoze hatabayeho guhindura umwimerere w’ikiganiro kubera njyewe.”

Umuhanzi Niyo Bosco, uri mu bafite impano idasanzwe mu kuririmba no gukirigita imirya ya Gitari, anashimirwa kuba ibi byose abikora, kandi afite ubumuga bwo kutabona.

Taikun NDAHIRO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 7 =

Previous Post

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Next Post

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.