Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

radiotv10by radiotv10
20/11/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yasabye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, gutabara mu muryango w’Ikipe ya Rayon Sports, kugira ngo ibibazo biri mu buyobozi bwawo bitayirindimura, ndetse n’abakunzi bayo bakomeze kubona ibyishimo.

Iki cyifuzo cyagejejwe ku Muyobozi Mukuru wa RGB, Dr. Doris Uwicyeza Picard kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ugushyingo ubwo uru Rwego rwagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko ibikorwa byarwo.

Hon. Nizeyimana Pie yabajije ikiriho gikorwa kugira ngo umuryango wa Rayon Sports udasenyuka kandi ari ikipe ikunzwe na benshi mu Rwanda.

Yagize ati “Rayon Sports igeze aharindimuka, iyo ni title y’inkuru, ariko ibivugwamo biba ari byinshi, ukumva inzego ebyiri zitandukanye z’uyu muryango zatumije inama rusange zitandukanye, gusa kuko inzego zibireba neza, ukajya kumva zahagaritswe bitewe n’impamvu y’umutekano.”

Yakomeje agira ati “Ndabaza nka RGB ifite imiryango itari iya Leta mu nshingano, muteganya iki ngo mwinjire muri uyu muryango muwufashe gukemura ibibazo bimaze iminsi biwuvugwamo?”

Umuyobozi Mukuru wa RGB, Dr. Doris Uwicyeza Picard avuga koko na bo babizi ko hamaze iminsi havugwa amakimbirane mu buyobozi bw’iyi kipe ya Rayon Sports, ariko ko hari inzira zakozwe zigamije kurandura ibibazo byakunze kugaragara muri iyi kipe, zirimo kuvugurura amategeko yayo.

Ati “Turi gukorana kugira ngo aya mategeko abe ajyanye n’itegeko rigena imiryango itari iya Leta, tukaba dukomeza gukorana kugira ngo dufashe umuryango kubahiriza amategeko no kunoza imikorere ku buryo byashimisha abakunzi bayo.”

Umwuka utari mwiza uvugwa mu buyobozi bwa Rayon Sports, ushingiye ku gucikamo ibice, aho bivugwa ko hari uruhande ruri inyuma ya Paul Muvunyi usanzwe ari Umuyobozi w’Urwego rw’Ikirenga rw’iyi kipe, ndetse n’urushyigikiye Perezida wayo Twagirayezu Thaddée.

Uyu Paul Muvunyi yari aherutse gutumiza Inama y’Inteko Rusange ya Rayon, ariko iza gusubikwa bitunguranye, ku mpamvu itaratangajwe, ndetse ntihatangazwe n’igihe yimuriwe.

Depite Nizeyimana Pie asaba RGB kwinjira mu bibazo bya Rayon
Abafana ba Rayon babwiwe ko bashonje bahishiwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Next Post

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.