Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo

radiotv10by radiotv10
04/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Kagari ka Kamanu mu Murege wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wasohowe mu nzu kubera amakimbirane n’umugore bashakanye, avuga ko yasubiye iwe akahasanga undi mugabo amusambanyiriza umugore, akavuga ko byatewe n’iki cyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bwamusohoye iwe, agasaba kurenganurwa.

Byabaye ku ya 01 Kanama 2025 ubwo Bizimana Emmanuel umaze igihe yarasubiye kuba iwabo yafatanyaga n’irondo kurarira urugo rwe yasohowemo, hagafatirwamo umugabo wari wararanye n’umugore we ariko yagerageza kuregera RIB bigapfa ubusa.

Ati “Nabonye umugore wanjye atahanye n’undi mugabo mbimenyesha abo twari kumwe ku irondo ndeste ubuyobozi bw’Umudugudu butubwira ko tuharara kugira ngo tumufate. Twahageze saa mbiri tuhava saa cyenda tumaze kumufata. Twamugejeje ku buyobozi bw’Umudugudu birangira bavuze ngo twumvikane ndabyanga mpita njya kuri RIB ngezeyo nsanga bohereje raporo ivuga ko uwo muntu nta cyaha afite kuko yari umucumbitsi.”

Abaturage bo mu Mudugudu wa Segege basanzwe bazi imibanire y’uyu mugabo n’umugore we, bavuga ko yarenganyijwe agasohorwa mu nzu byitwa ko ari ukubahiriza uburenganzira bw’umugore n’abana ahubwo bigatiza umurindi uyu mugore mu kwishora mu ngeso zidatuma yita ku bana.

Habonimana Alphonse wari mu baraye irondo kuri uru rugo yagize ati “Basambanye kuko twabasanze ku buriri bumwe bambaye ubusa kandi si umwana yabyaye. Icyo dusaba ni uko uyu mugabo yarenganurwa kuko bamusohoye mu nzu ye none isigaye itahamo abandi bagabo.”

Mutumwinka Jeanette na we ati “Bamuhaye inzu byitwa ko ari ukugira ngo arere abana ariko biza kurangira na byo atari uko bigenze kuko ataha igihe ashakiye, abana basanga ise kwa nyirakuru, ni umwana umwe uba hano na we akenshi arara mu nzu wenyine kuko nyina ashobora kumara iminsi itatu atarataha.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakabuye, Kamali Kimonyo Innocent anenga icyemezo cy’urwego rwo hasi rwafashe umwanzuro wo gusohora uyu mugabo mu rugo, akavuga ko ubuyobozi bugiye kumusubiza mu rugo rwe mu gihe bombi bataratandukanwa n’Urukiko.

Ati “Ni byo rwose umugabo witwa Ngendahimana Welars yaharaye. Numvise ko uwo mugabo asigaye aba kwa nyina, ndetse n’abana akaba ari ho bajya bamusanga, ariko niba ari n’Ubuyobozi bw’Akagari cyangwa Umudugudu bwabigennye butyo kubera amakimbirane yari mu rugo ntaBWo ari byo. Tugomba kumusubiza mu rugo akabana n’umugore akabana n’abana, bakigishwa bari kumwe hagira ukora icyaha cyo guhohotera undi akabibazwa ukwe.”

Ikibazo nk’iki kandi cyagaragaye mu Murenge wa Karengera mu Karere ka Nyamasheke, aho n’ubundi umugabo yasohowe mu rugo rwe, nyuma yuko na we yavugwagaho amakimbirane n’umugore we ashingiye ku ngeso mbi z’ubusambanyi bashinjanya.

Asaba ubuyobozi kumurenganura

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + six =

Previous Post

Ubwato bwarimo abimukira barenga 150 bwarohamye benshi barapfa abandi baburirwa irengero

Next Post

Amayobera ku ndwara yatumye umunyabigango ‘Yantare’ urinda The Ben ajyanwa kwa muganga

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amayobera ku ndwara yatumye umunyabigango ‘Yantare’ urinda The Ben ajyanwa kwa muganga

Amayobera ku ndwara yatumye umunyabigango 'Yantare' urinda The Ben ajyanwa kwa muganga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.