• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugore n’umusambane we bakurikiranyweho kwica nabi umugabo we nyuma yuko abavumbuye yabitanzeho amakuru arambuye

radiotv10by radiotv10
21/04/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umugore n’umusambane we bakurikiranyweho kwica nabi umugabo we nyuma yuko abavumbuye yabitanzeho amakuru arambuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Murenge wa Rurembo mu Karere ka Nyabihu, n’umugabo bavugwaho ubusambane, bakekwaho kwica umugabo w’uyu mugore bamukubise agafuni, nyuma yuko uwo mugabo yari yabavumbuye ko bamuca inyuma, bagacura umugambi wo kumwica ngo bajye basambana ntacyo bikanga.

Uyu mugoe ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Rubavu, afite imyaka 31 mu gihe umugabo we wishwe yai afite imyaka 34.

Iki cyaha gikukianwe kui uyu mugore n’umusambane we, cyakozwe mu ijoro ryo ku itariki ya 31 Werurwe 2026 mu Mumudugudu wa Cyogo, Akagari ka Kirimbogo, Umurenge wa Rurembo, mu Karere ka Nyabihu.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda dukesha aya makuru, vuvuga ko kiriya cyaha cyabaye “ubwo uyu mugore yacungaga umugabo we asinziriya agahamagaraga umusambane we ngo aze amufashe kumwica.”

Ubushinjacyaha bugira buvuga ko “Mu ibazwa rye, uyu mugore avuga ko umugambi wo kumwica bawucuze nyuma y’uko umugabo we avumbuye ko afite undi mugabo basambana.”

Bukomeza bugira buti “Asobanura ko yagiye inama n’uwo musambane we ko bagomba kumwica kugira ngo bajye basambana ntacyo bikanga. Avuga ko mu kwica umugabo we, bamusanze mu nzu asinziriye, umusambane we agafata icyuma akakimutera munsi y’ugutwi, na we agafata agafuni akakamukubita mu gahanga agahita apfa.”

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Icyaha cy’ubwicanyi buturutse kubushake bakurikiranyweho, gitenywa kandi kigahanishwa ingingo ya 107 y’Itegeko n°68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Iyi ngingo ifite umutwe ugira iti “Ubwicanyi buturutse ku bushake n’uko buhanwa”, ivuga ko “Umuntu wica undi abishaka, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + two =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Rutahizamu Bassane wa Rayon Sports yahagaritswe anasabwa ibisobanuro

Next Post

Uko byagendekeye umukobwa waturutse mu Ntara yizejwe akazi n’umusore w’i Kigali akisange agirirwa nabi mu ishyamba

Related Posts

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Next Post
Uko byagendekeye umukobwa waturutse mu Ntara yizejwe akazi n’umusore w’i Kigali akisange agirirwa nabi mu ishyamba

Uko byagendekeye umukobwa waturutse mu Ntara yizejwe akazi n’umusore w’i Kigali akisange agirirwa nabi mu ishyamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.