Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugore wa Bunyoni yari yatangarije mu rusengero ko Imana igiye kubazamura ku rundi rwego

radiotv10by radiotv10
09/09/2022
in MU RWANDA
2
Umugore wa Bunyoni yari yatangarije mu rusengero ko Imana igiye kubazamura ku rundi rwego
Share on FacebookShare on Twitter

Alain Guillaume Bunyoni wakuwe ku mwanya wa Mnisitiri w’Intebe mu Burundi nyuma yo gutahurwaho umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi, umugore we yari aherutse kujya mu rusengero yigamba ko yaba agiye kuzamuka mu ntera akitwa umugore wa Perezida.

Alain Guillaume Bunyoni wasimbuwe na Gervais Ndirakobuca kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Nzeri 2022, yari amaze iminsi avugwaho gushaka guhirika Perezida Evariste Ndayishimiye akamusimbura ku ntebe y’Umukuru w’Igihugu.

Amarenga y’ibibazo bitutumba hagati y’aba bayobozi, byagiye bigaragarira mu magambo bavugiraga mu ruhame, bumvikana basa nk’abahanganye.

Abasesenguzi bakurikiranira hafi politiki y’u Burundi, bemeza ko Alain Guillaume Bunyoni yari amaze iminsi ari mu migambi yo gukorera Coup d’etat Evariste Ndayishimiye.

Umugore wa Bunyoni na we yari aherutse gusa nk’aho abicamo amarenga ubwo we n’umugabo we bari mu rusengero.

Ubwo bari bageze mu mwanya wo gushima Imana no gutanga amaturo y’Imana, Madamu wa Bunyoni yagiye imbere y’imbaga y’Abakristu, avuga ko afite byinshi byo gushimira Imana kuko umuryango we wagiye ugirirwa ubuntu ukazamuka.

Yavuze ko muri 2009 ubwo umugabo we yari Minisitiri usanzwe, Imana yamusezeranyije ko we n’umugabo we Imana igiye kubazamura ku rundi rwego bikaza no kuba kuko umugabo we ubu yari Minisitiri w’Intebe.

Ati “Imana yavuganye nanjye ko igiye kunzamura gusumbya, ivugana nanjye ibintu byinshi narabibonye n’ibindi ndabirindiriye [ashaka kuvuga ko agiye kuba umugore wa Perezida].”

Nyuma yo kuvuga iryo jambo yahise avuga ko ku bw’izo mpamvu yazanye ituro rikomeye. Ati “Ubwo rero sinaje mu nzu y’Imana amaramasa kuko aha nahakuye umugisha, ndatanga Miliyoni.”

Amakuru aturuka i Burundi, avuga ko Alain Guillaume Bunyoni wakuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe, yaba ari gucungishwa ijisho ndetse ko ashobora gukurikiranwa mu butabera.

Bunyoni n’umugore we basanzwe ari abakristu bakomeye

RADIOTV10

Comments 2

  1. Nteziyaremye says:
    3 years ago

    Bagiye banyurwa nimyamya barimo bakareka gukomeza kwifuza! Ministry wintebe nawe ko aba afite umwanya mwiza. Bajye batuza.

    Reply
  2. Bbb says:
    3 years ago

    Umugore wahaze
    ngwagiye kuba première dame
    Imana yararushye
    uraryama warota ngwimana

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Inkuru ibabaje iturutse mu Bwongereza: Queen Elizabeth amaze gutanga (Kwitaba Imana)

Next Post

Umuhanga yagaragaje ibimenyetso bitamaza umukobwa wa Rusesabagina ko yabeshyeye u Rwanda kumuneka

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

by radiotv10
24/11/2025
0

In many homes, disagreements between parents often come from one simple but powerful source: the desire to raise children the...

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanga yagaragaje ibimenyetso bitamaza umukobwa wa Rusesabagina ko yabeshyeye u Rwanda kumuneka

Umuhanga yagaragaje ibimenyetso bitamaza umukobwa wa Rusesabagina ko yabeshyeye u Rwanda kumuneka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.