Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugore wa Bunyoni yari yatangarije mu rusengero ko Imana igiye kubazamura ku rundi rwego

radiotv10by radiotv10
09/09/2022
in MU RWANDA
2
Umugore wa Bunyoni yari yatangarije mu rusengero ko Imana igiye kubazamura ku rundi rwego
Share on FacebookShare on Twitter

Alain Guillaume Bunyoni wakuwe ku mwanya wa Mnisitiri w’Intebe mu Burundi nyuma yo gutahurwaho umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi, umugore we yari aherutse kujya mu rusengero yigamba ko yaba agiye kuzamuka mu ntera akitwa umugore wa Perezida.

Alain Guillaume Bunyoni wasimbuwe na Gervais Ndirakobuca kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Nzeri 2022, yari amaze iminsi avugwaho gushaka guhirika Perezida Evariste Ndayishimiye akamusimbura ku ntebe y’Umukuru w’Igihugu.

Amarenga y’ibibazo bitutumba hagati y’aba bayobozi, byagiye bigaragarira mu magambo bavugiraga mu ruhame, bumvikana basa nk’abahanganye.

Abasesenguzi bakurikiranira hafi politiki y’u Burundi, bemeza ko Alain Guillaume Bunyoni yari amaze iminsi ari mu migambi yo gukorera Coup d’etat Evariste Ndayishimiye.

Umugore wa Bunyoni na we yari aherutse gusa nk’aho abicamo amarenga ubwo we n’umugabo we bari mu rusengero.

Ubwo bari bageze mu mwanya wo gushima Imana no gutanga amaturo y’Imana, Madamu wa Bunyoni yagiye imbere y’imbaga y’Abakristu, avuga ko afite byinshi byo gushimira Imana kuko umuryango we wagiye ugirirwa ubuntu ukazamuka.

Yavuze ko muri 2009 ubwo umugabo we yari Minisitiri usanzwe, Imana yamusezeranyije ko we n’umugabo we Imana igiye kubazamura ku rundi rwego bikaza no kuba kuko umugabo we ubu yari Minisitiri w’Intebe.

Ati “Imana yavuganye nanjye ko igiye kunzamura gusumbya, ivugana nanjye ibintu byinshi narabibonye n’ibindi ndabirindiriye [ashaka kuvuga ko agiye kuba umugore wa Perezida].”

Nyuma yo kuvuga iryo jambo yahise avuga ko ku bw’izo mpamvu yazanye ituro rikomeye. Ati “Ubwo rero sinaje mu nzu y’Imana amaramasa kuko aha nahakuye umugisha, ndatanga Miliyoni.”

Amakuru aturuka i Burundi, avuga ko Alain Guillaume Bunyoni wakuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe, yaba ari gucungishwa ijisho ndetse ko ashobora gukurikiranwa mu butabera.

Bunyoni n’umugore we basanzwe ari abakristu bakomeye

RADIOTV10

Comments 2

  1. Nteziyaremye says:
    3 years ago

    Bagiye banyurwa nimyamya barimo bakareka gukomeza kwifuza! Ministry wintebe nawe ko aba afite umwanya mwiza. Bajye batuza.

    Reply
  2. Bbb says:
    3 years ago

    Umugore wahaze
    ngwagiye kuba première dame
    Imana yararushye
    uraryama warota ngwimana

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + thirteen =

Previous Post

Inkuru ibabaje iturutse mu Bwongereza: Queen Elizabeth amaze gutanga (Kwitaba Imana)

Next Post

Umuhanga yagaragaje ibimenyetso bitamaza umukobwa wa Rusesabagina ko yabeshyeye u Rwanda kumuneka

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanga yagaragaje ibimenyetso bitamaza umukobwa wa Rusesabagina ko yabeshyeye u Rwanda kumuneka

Umuhanga yagaragaje ibimenyetso bitamaza umukobwa wa Rusesabagina ko yabeshyeye u Rwanda kumuneka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.