Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umugore wo mu rugo rwugarijwe n’inzara aravugwaho icyemezo kigayitse cyababaje umugabo we

radiotv10by radiotv10
24/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
2
Umugore wo mu rugo rwugarijwe n’inzara aravugwaho icyemezo kigayitse cyababaje umugabo we
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo, aravuga ko ari mu gahinda kenshi ko kuba amaze iminsi arara yipfumbatse nyuma yuko umugore we yanze kwihanganira imibereho mibi y’inzara, agahitamo kumuta akamusigira umwana.

Uyu mugabo witwa Kayigema Ntamaka atuye mu Muduguru wa Mbogo mu Kagari ka Nyabikenke mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo, asanzwe afite umugore n’abana barindwi babyaranye

Kayigema avuga ko urugo rwe rwari rusanzwe rutunzwe n’ubushobozi yakuraga mu mirimo ya VUP, ariko ko yaje guhagarikwa muri iyi mirimo mu buryo budasobanutse kuko na we atazi impamvu yahagaritswe, none ubuzima bwaramushaririye kuko yabuze icyo atungisha umuryango we.

Avuga ko we n’umuryango we batangiye kujya baburara kandi batarabyigeze, bikaza no kumugiraho ingaruka yo kuba ubu asigaye yirarana mu buriri, nyamara yararanaga n’umugore we.

Kayigema avuga ko nyuma yo guhagarikwa muri VUP yatangiye kujya akora ubukorikori bwo kubumba imbabura ariko ko na zo kugira ngo abone abakiliya aba ari ihurizo rikomeye.

Ati “Nari nakajyanye [imbabura] mbura n’uwo nari ngiye kugashyira, ngarutse mbona turaburaye pe, tubivuzeho n’umugore mbona umugore ararakaye, buba buracyeye ngiye ku bwiherero, noneho umugore arancika aragenda, nta n’ubwo yansezeye.”

Uyu mugabo avuga ko uyu mugore we iyo aza gushyira mu gaciro nibura yari kujyanwa no gushaka ibiryo, ariko ko ikibabaje ari uko yahukanye, ati “Ubuse njye ndi kuzira iki?”

Kayigema na we yemera ko abayeho nabi kuko inzara imurembeje ku buryo atumva n’ukuntu akiriho kuko atagipfa kubona icyo ashyira mu nda.

Ati “N’ubu mu nda ntakintu kirimo, no kuba mpagaze gutya simbizi niba ari umwuka w’Imana ukindimo. Inzara ni yo itumye n’umugore wanjye agenda. N’ubu mfite ubwoba ndi kuvuga nti ‘ko ntakintu na kimwe gihari, buraza gucya’.”

Icyakora iki kibazo cya Kayigema si icya wenyine kuko muri uyu Murenge wa Bumbogo, hari abaturage benshi bavuga ko bugarijwe n’inzara.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bumbogo, Innocent Nyamutera ahakana ko muri uyu Murenge haba hari umuturage ufite ikibazo cy’inzara.

Atanga urugero rwo kuba hari abari bamaze iminsi bafite iki kibazo ariko ko bafashijwe bagahabwa inkunga na Leta, bityo ko haramutse hari ufite iki kibazo yakwegera inzego.

Ati “Ufite ikibazo yaza ariko nzi ko mu minsi yashize mu gihe kitarenze ukwezi kumwe hari abo twahaye umucer,i kawunga, ibishyimbo, amavuta. Abo bashonje ntekereza ko gusonza kwa mbere ari mu mutwe, hari ufite ikibazo yatwegera tukamufasha.”

Ikibazo cy’inzara si umwihariko wo muri uyu Murenge wa Bumbogo gusa, kuko mu minsi ishize, hari abaturage bagiye babwira RADIOTV10 ko bashonje biganjemo abo mu Ntara y’Amajyepfo.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Ezira says:
    3 years ago

    Njyewe turaturanye nakayigema inzara nikibazo hano gikomeye

    Reply
  2. Pascal says:
    3 years ago

    Oooh my friend@kayigema disi,iyo ushyiraho fn ye nibura uwagira 500f akamwihera,

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 4 =

Previous Post

Amakuru yihariye y’ingenzi ku cyorezo gifite ubukana cyabonetse mu baturanyi b’u Rwanda

Next Post

Miss Uganda w’uburanga buhebuje bwatumye bamwita Umunyarwandakazi yakuyeho urujijo

Related Posts

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

What every girl should know before 25

What every girl should know before 25

by radiotv10
01/12/2025
0

Turning 25 is a special milestone. It is an age where life starts to take shape, choices begin to matter...

IZIHERUKA

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
What every girl should know before 25

What every girl should know before 25

01/12/2025
Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

30/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Uganda w’uburanga buhebuje bwatumye bamwita Umunyarwandakazi yakuyeho urujijo

Miss Uganda w’uburanga buhebuje bwatumye bamwita Umunyarwandakazi yakuyeho urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.