Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umugore wo mu rugo rwugarijwe n’inzara aravugwaho icyemezo kigayitse cyababaje umugabo we

radiotv10by radiotv10
24/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
2
Umugore wo mu rugo rwugarijwe n’inzara aravugwaho icyemezo kigayitse cyababaje umugabo we
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo, aravuga ko ari mu gahinda kenshi ko kuba amaze iminsi arara yipfumbatse nyuma yuko umugore we yanze kwihanganira imibereho mibi y’inzara, agahitamo kumuta akamusigira umwana.

Uyu mugabo witwa Kayigema Ntamaka atuye mu Muduguru wa Mbogo mu Kagari ka Nyabikenke mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo, asanzwe afite umugore n’abana barindwi babyaranye

Kayigema avuga ko urugo rwe rwari rusanzwe rutunzwe n’ubushobozi yakuraga mu mirimo ya VUP, ariko ko yaje guhagarikwa muri iyi mirimo mu buryo budasobanutse kuko na we atazi impamvu yahagaritswe, none ubuzima bwaramushaririye kuko yabuze icyo atungisha umuryango we.

Avuga ko we n’umuryango we batangiye kujya baburara kandi batarabyigeze, bikaza no kumugiraho ingaruka yo kuba ubu asigaye yirarana mu buriri, nyamara yararanaga n’umugore we.

Kayigema avuga ko nyuma yo guhagarikwa muri VUP yatangiye kujya akora ubukorikori bwo kubumba imbabura ariko ko na zo kugira ngo abone abakiliya aba ari ihurizo rikomeye.

Ati “Nari nakajyanye [imbabura] mbura n’uwo nari ngiye kugashyira, ngarutse mbona turaburaye pe, tubivuzeho n’umugore mbona umugore ararakaye, buba buracyeye ngiye ku bwiherero, noneho umugore arancika aragenda, nta n’ubwo yansezeye.”

Uyu mugabo avuga ko uyu mugore we iyo aza gushyira mu gaciro nibura yari kujyanwa no gushaka ibiryo, ariko ko ikibabaje ari uko yahukanye, ati “Ubuse njye ndi kuzira iki?”

Kayigema na we yemera ko abayeho nabi kuko inzara imurembeje ku buryo atumva n’ukuntu akiriho kuko atagipfa kubona icyo ashyira mu nda.

Ati “N’ubu mu nda ntakintu kirimo, no kuba mpagaze gutya simbizi niba ari umwuka w’Imana ukindimo. Inzara ni yo itumye n’umugore wanjye agenda. N’ubu mfite ubwoba ndi kuvuga nti ‘ko ntakintu na kimwe gihari, buraza gucya’.”

Icyakora iki kibazo cya Kayigema si icya wenyine kuko muri uyu Murenge wa Bumbogo, hari abaturage benshi bavuga ko bugarijwe n’inzara.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bumbogo, Innocent Nyamutera ahakana ko muri uyu Murenge haba hari umuturage ufite ikibazo cy’inzara.

Atanga urugero rwo kuba hari abari bamaze iminsi bafite iki kibazo ariko ko bafashijwe bagahabwa inkunga na Leta, bityo ko haramutse hari ufite iki kibazo yakwegera inzego.

Ati “Ufite ikibazo yaza ariko nzi ko mu minsi yashize mu gihe kitarenze ukwezi kumwe hari abo twahaye umucer,i kawunga, ibishyimbo, amavuta. Abo bashonje ntekereza ko gusonza kwa mbere ari mu mutwe, hari ufite ikibazo yatwegera tukamufasha.”

Ikibazo cy’inzara si umwihariko wo muri uyu Murenge wa Bumbogo gusa, kuko mu minsi ishize, hari abaturage bagiye babwira RADIOTV10 ko bashonje biganjemo abo mu Ntara y’Amajyepfo.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Ezira says:
    3 years ago

    Njyewe turaturanye nakayigema inzara nikibazo hano gikomeye

    Reply
  2. Pascal says:
    3 years ago

    Oooh my friend@kayigema disi,iyo ushyiraho fn ye nibura uwagira 500f akamwihera,

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Amakuru yihariye y’ingenzi ku cyorezo gifite ubukana cyabonetse mu baturanyi b’u Rwanda

Next Post

Miss Uganda w’uburanga buhebuje bwatumye bamwita Umunyarwandakazi yakuyeho urujijo

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Miss Uganda w’uburanga buhebuje bwatumye bamwita Umunyarwandakazi yakuyeho urujijo

Miss Uganda w’uburanga buhebuje bwatumye bamwita Umunyarwandakazi yakuyeho urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.