Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugore w’umunyapolitiki Kizza Besigye yavuze kuri kimwe mu byaha biregwa umugabo we

radiotv10by radiotv10
22/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umugore w’umunyapolitiki Kizza Besigye yavuze kuri kimwe mu byaha biregwa umugabo we
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Mukuru wa Gahunda zihuriwe z’Umuryango w’Abibumbye zo kurwanya SIDA, Winnie Byanyima usanzwe ari umugore wa Dr Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yahakaniye umugabo we icyaha ashinjwa cyo gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, avuga ko mu myaka 20 ishize, adaheruka no kuyikoraho.

Dr Kizza Besigye wahoze ari umwe mu Ngabo za Uganda afite ipeti rya Colonel, amaze iminsi afungiye muri Gereza ya Gisirikare i Kampala, nyuma yuko bivuzwe ko yashimutiwe muri Kenya.

Muri iki cyumweru yagejejwe imbere y’Urukiko rwa Gisirikare i Kampala, ariko yanga kuburana kuko yari yahawe Abanyamategeko yari yagenewe na Leta.

Umugore we, Winnie Byanyima wabanje kuvuga ko akeneye ibisobanuro by’aho umugabo we aherereye, ubu arahakana kimwe mu byaha biregwa umugabo we.

Yagize ati “Kuva cyera yagiye ashinjwa ibyaha by’ibihimbano, ariko bikaza kugaragara ko ari umwere. N’ubundi Besigye azaba umwere mu rukiko rwa gisivile.”

Mu butumwa yanyujije kuri X, Byanyima yagize ati “Ndahamya ko Dr Kizza Besigye kuva mu myaka 20 ishize, atigeze atunga imbunda. Nk’umusivile Dr Besigye agomba kuburanishwa n’Urukiko rwa gisivile aho kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare.”

Besigye na we wagejewe imbere y’Urukiko rwa Gisirikare ku wa Gatatu w’iki cyumweru, avuga ko akwiye kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisivile, mu gihe Umucamanza Mukuru w’urukiko rwa Gisirikare, Brigadier Freeman Mugabe yavuze ko ibyaha byo gutunga imbunda biburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare.

Besigye wafatiwe hamwe n’inshuti ye Lutale, bafatiwe i Nairobi muri Kenya mu cyumweru gishize tariki 16 Ugushyingo, ubwo bari bitabiriye imurika ry’igitabo cy’umwanditsi Martha Karua.

Uyu munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yagiye afungwa inshuro nyinshi zinyuranye, aho we yakunze kuvuga ko byose bikorwa na Museveni wahoze ari inkoramutima ye, bakaba basigaye bahanganye, bagiye banahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Dr Besigye ku wa Gatatu ubwo yajyanwa mu Rukiko

Umugore we Byanyima avuga ko umugabo we adaheruka gutunga imbunda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Agezweho ku mugabo ukekwaho kwica umugore we agatoroka akaza gufatirwa ku nshoreke ye

Next Post

AMAFOTO: Ihere ijisho abakinnyi b’ibigango b’Ikipe y’Igihugu biteguye guhesha ishema u Rwanda

Related Posts

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rikomeje kwakira ubuhamya bw’Abanyekongo benshi bari mu nkambi y’impunzi ya Gatumba mu Burundi, bavuga ko bakomeje...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Ihere ijisho abakinnyi b’ibigango b’Ikipe y’Igihugu biteguye guhesha ishema u Rwanda

AMAFOTO: Ihere ijisho abakinnyi b'ibigango b’Ikipe y’Igihugu biteguye guhesha ishema u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.