Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugore w’umunyapolitiki Kizza Besigye yavuze kuri kimwe mu byaha biregwa umugabo we

radiotv10by radiotv10
22/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umugore w’umunyapolitiki Kizza Besigye yavuze kuri kimwe mu byaha biregwa umugabo we
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Mukuru wa Gahunda zihuriwe z’Umuryango w’Abibumbye zo kurwanya SIDA, Winnie Byanyima usanzwe ari umugore wa Dr Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yahakaniye umugabo we icyaha ashinjwa cyo gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, avuga ko mu myaka 20 ishize, adaheruka no kuyikoraho.

Dr Kizza Besigye wahoze ari umwe mu Ngabo za Uganda afite ipeti rya Colonel, amaze iminsi afungiye muri Gereza ya Gisirikare i Kampala, nyuma yuko bivuzwe ko yashimutiwe muri Kenya.

Muri iki cyumweru yagejejwe imbere y’Urukiko rwa Gisirikare i Kampala, ariko yanga kuburana kuko yari yahawe Abanyamategeko yari yagenewe na Leta.

Umugore we, Winnie Byanyima wabanje kuvuga ko akeneye ibisobanuro by’aho umugabo we aherereye, ubu arahakana kimwe mu byaha biregwa umugabo we.

Yagize ati “Kuva cyera yagiye ashinjwa ibyaha by’ibihimbano, ariko bikaza kugaragara ko ari umwere. N’ubundi Besigye azaba umwere mu rukiko rwa gisivile.”

Mu butumwa yanyujije kuri X, Byanyima yagize ati “Ndahamya ko Dr Kizza Besigye kuva mu myaka 20 ishize, atigeze atunga imbunda. Nk’umusivile Dr Besigye agomba kuburanishwa n’Urukiko rwa gisivile aho kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare.”

Besigye na we wagejewe imbere y’Urukiko rwa Gisirikare ku wa Gatatu w’iki cyumweru, avuga ko akwiye kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisivile, mu gihe Umucamanza Mukuru w’urukiko rwa Gisirikare, Brigadier Freeman Mugabe yavuze ko ibyaha byo gutunga imbunda biburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare.

Besigye wafatiwe hamwe n’inshuti ye Lutale, bafatiwe i Nairobi muri Kenya mu cyumweru gishize tariki 16 Ugushyingo, ubwo bari bitabiriye imurika ry’igitabo cy’umwanditsi Martha Karua.

Uyu munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yagiye afungwa inshuro nyinshi zinyuranye, aho we yakunze kuvuga ko byose bikorwa na Museveni wahoze ari inkoramutima ye, bakaba basigaye bahanganye, bagiye banahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Dr Besigye ku wa Gatatu ubwo yajyanwa mu Rukiko

Umugore we Byanyima avuga ko umugabo we adaheruka gutunga imbunda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Agezweho ku mugabo ukekwaho kwica umugore we agatoroka akaza gufatirwa ku nshoreke ye

Next Post

AMAFOTO: Ihere ijisho abakinnyi b’ibigango b’Ikipe y’Igihugu biteguye guhesha ishema u Rwanda

Related Posts

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Ihere ijisho abakinnyi b’ibigango b’Ikipe y’Igihugu biteguye guhesha ishema u Rwanda

AMAFOTO: Ihere ijisho abakinnyi b'ibigango b’Ikipe y’Igihugu biteguye guhesha ishema u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.