• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

radiotv10by radiotv10
09/11/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Kitoko Bibarwa wagarutse gutura mu Rwanda nyuma y’imyaka 12 atarutuyemo, yasezeranyije abakunze ibihangano bye, ko azakomeza umuziki kuko adateze kuwureka, kuko ubu ari bwo abonye uburyo bwo kuwukora neza.

Yabitangarije ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, i Kanombe ubwo yari ahasesekaye agarutse gutura mu Rwanda, nyuma y’igihe kinini aba ku Mugabane w’u Burayi aho yari yaragiye kuvoma ubumenyi.

Mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru bari bagiye kumwakira ari benshi ku Kibuga cy’Indege, Kitoko yabajijwe niba nyuma yo kugaruka mu Rwanda azakomeza umuziki, avuga ko ari yo ntego.

Ati “Njye umuziki ntabwo nawureka ngo bishoboke, na hariya nadi ndi byari bogoye kuwukora, ariko n’ubundi narwanaga kugira ngo abantu banyumve. Umuziki nzakomeza nywukore nibaza ko hano ari ho byoroshye ariko mu binzanye ni ukureba niba hari n’ibindi nakora, ibishoboka kandi njye ntaho nzi heza, ahari inyungu niho nakwerekeza.”

Kitoko wagaragaje amarangamutima yo kuba atashye gutura mu Rwanda burundu, yavuze ko gufata icyemezo cyo kuza nyuma y’imyaka 12, byamworoheye kuko aje iwabo.

Ati “Ntabwo bigoye buriya icyemezo kigoye ni icyo kuva aho wakuriye, naho icyo gutaha cyo ni ikintu cyoroshye, icyari kigoye ni ukuva inaha kandi ndabona mwese mukinyibuka.”

Kitoko, wamamaye mu ndirimbo zakunzwe na benshi nka “Akabuto,” “Ikiragi,” na “Agatege”, azanahita anaririmbira abantu mu gitaramo gikomeye kizaririmbamo umuhanzi w’ikirangirire Davido kizaba mu ntangiro z’ukwezi gutaha.

Yishimira kuba yarabonye aka kazi ko kuzaririmba muri iki gitaramo kandi ko kizamubera amahirwe yo kongera kwigaragariza abakunze ibihangano bye byo hambere.

Yagize ati “Nagize amahirwe ngira ayo masezerano, nditeguye. Nzi ko abantu bankumbuye nk’uko nanjye mbakumbuye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Next Post

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.