Sunday, July 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi Safi ugarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka ikabakaba itanu yahishuye kimwe mu bimuzanye

radiotv10by radiotv10
04/12/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi Safi ugarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka ikabakaba itanu yahishuye kimwe mu bimuzanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Safi Madiba umaze imyaka ine n’amezi umunani avuye mu Rwanda akerecyeza muri Canada, yagarutse mu Rwanda; avuga ko kimwe mu bimuzanye harimo no gushaka umukunzi mushya kuko yumva akumbuye gucudika n’umukobwa.

Safi yerecyeje muri Canada muri Gashyantare 2020 asanzeyo uwari umugore we Niyonizera Judith baje gutandukana mu buryo bwemewe n’amategeko umwaka ushize.

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Ukuboza 2024, yageze mu Rwanda yakiranwa ubwuzu ku kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku Kibuga cy’Indege, uyu muhanzi uzwiho kugira urwenya rwinshi mu biganiro bye, yavuze ko yari akumbuye inshuti n’abavandimwe ariko n’amafunguro y’i Kigali “nk’ipilawu na capati.”

Uyu muhanzi umaze umwaka atandukanye byemewe n’amategeko n’uwari umugore we Niyonizera Judith, yabajijwe niba nta mukunzi mushya afite, avuga ko ataramubona ariko ko yifuza kuva mu Rwanda amufite ndetse ko aje kumushaka. Ati “biri mu bizanyanye.”

Mu byishimo byo kuba yongeye gukandagira ku butaka b’u Rwanda nk’Igihugu cyamwibarutse, Safi Madiba yagize ati “Ndatashye. Aha ni mu rugo. Ndatashye rero mu rugo ha kabiri.”

Safi Madiba aje mu Rwanda nyuma y’amezi macye abonye ubwenegihugu bwa Canada, avuga ko ubu azajya aza mu Rwanda uko abishaka.

Biteganyijwe kandi ko mu mpera z’iki cyumweru tariki 07 Ukuboza 2024 uyu muhanzi azakora igitaramo cye cya mbere mu kabari kamwe ko mu Mujyi wa Kigali, aho azaba ari no kwakirwa n’inshuti ze.

Avuga kuri iki gikorwa, Safi Madiba yagize ati “Ni uguhura n’abafana tugahoberana.”

Yanavuze kandi ku itsinda rya Urban Boys yahozemo, akaza kurivamo rigasigara rigizwe n’abahanzi babiri ariko na bo batagikunze kugaragara, avuga ko bakomeje kuvugana, ndetse ko hari imishinga bafitanye.

Safi ubwo yari ageze ku kibuga cy’indege yakiriwe neza
Zimwe mu nshuti ze zagiye kumwakira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Menya ibihano byasabiwe Umusirikare ukurikiranyweho kwicira abaturage batanu mu kabari

Next Post

Biden visits Angola. Is it too late and too little for Africa?

Related Posts

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

by radiotv10
11/07/2025
0

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yagaragaje amafoto ye ya mbere ateruye umwana wa kabiri aherutse kwibaruka we n’umugabo we Ifashabayo Dejoie. Aya...

Umunyamakuru wubatse izina mu Rwanda ariyibutsa abantu mu gitaramo kigezweho i Kigali

Umunyamakuru wubatse izina mu Rwanda ariyibutsa abantu mu gitaramo kigezweho i Kigali

by radiotv10
10/07/2025
0

Murenzi Kamatari wamenyekanye nka MC Murenzi uri mu banyamakuru bamamaye mu Rwanda byumwihariko mu biganiro by’imyidagaduro, ategerejwe mu gitaramo cy’urwenya...

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

by radiotv10
09/07/2025
0

Umuhanzi Clarisse Karasira n'umugabo we Ifashabayo Dejoie, bibarutse umwana wabo wa kabiri, bahise bita amazina arimo iry’Ikinyarwanda rya ‘Kwema’. Byatangajwe...

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

by radiotv10
08/07/2025
0

Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa filimi, Kazungu Emmanuel uzwi nka Mitsutsu, yambitse impeta umukunzi we, amwizeza ko atazigera yicuza igihe cyose...

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

by radiotv10
08/07/2025
0

Let’s be honest, first impressions matter, and your style is your loudest introduction before you even speak. You don’t need...

IZIHERUKA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period
MU RWANDA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Biden visits Angola. Is it too late and too little for Africa?

Biden visits Angola. Is it too late and too little for Africa?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.