Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda aravugwaho kuzamura intugu byanatangiye kumugiraho ingaruka

radiotv10by radiotv10
01/03/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi ugezweho mu Rwanda aravugwaho kuzamura intugu byanatangiye kumugiraho ingaruka
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Chris Eazy uri mu bagezweho mu Rwanda, we na Kompanyi imufasha, baravugwago gusuzugura itangazamakuru n’abakunzi b’umuziki, ku buryo bishobora gutuma hari abatazongera gucuranga indirimbo ze, ndetse Radio ya mbere ikaba yabifasheho icyemezo.

Uyu muhanzi uzwi mu ndirimbo zimaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda, nka Bana yakoranye na mugenzi we Shaffy ukorera umuziki muri Leta Zunze Ubumwe za America ndeste na Jugumilla aherutse gukorana na Phil Peter na Kevin Kade.

Ni umuhanzi umaze iminsi avugwaho agasusuguro no kudafata neza abaje bamugana, by’umwihariko akaba yarabigaragaje mu kwezi gushize ubwo yari yatumirwaga mu gitaramo yagombaga guhuriramo na Danny nanone mu mujyi wa Huye, ariko ntakitabire ndetse ntihanamenyekane impamvu.

Ni igitaramo cyabaye tariki 17 Gashyantare 2024, aho cyari cyatumiwemo uyu muhanzi muri kaminuza y’u Rwanda, ariko abari baje kumureba bagategereza bagaheba, ndetse ntibamenye n’impamvu ataje kubataramira.

We ndeste n’itsinda rizwi nka Giti Business Group rimufasha, bavugwaho kandi kwanga guha ibiganiro abanyamakuru ku mpamvu zitamenyekana, aho bavuga ko batapfa kuvugana n’itangazamakuru iryo ari ryose.

Mu majwi yafashwe y’uyu muhanzi Chris Eazy yatumye bamwe bamubonamo ko yamaze kwiyumva birenze urugero, yavuze ko ataha ikiganiro abanyamakuru atazi.

Ibi ntibyashimishije bamwe mu banyamakuru, ndetse hakaba hari n’abafashe umwanzuro wo kutazongera gucuranga indirimbo ze ku maradiyo, nka Radio Salus yahagariste gukina indirimbo zose yagaragayemo yaba ize ku giti cye n’izo yafashije abandi.

Blandy Star
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 11 =

Previous Post

U Rwanda rwahamirije Isi ko rwubahiriza amasezerano rwasinye yo kurengera ibidukikije

Next Post

Menya icyajyanye muri Congo Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu byagiye guha umusanzu FARDC

Related Posts

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya icyajyanye muri Congo Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu byagiye guha umusanzu FARDC

Menya icyajyanye muri Congo Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu byagiye guha umusanzu FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.