• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda aravugwaho kuzamura intugu byanatangiye kumugiraho ingaruka

radiotv10by radiotv10
01/03/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi ugezweho mu Rwanda aravugwaho kuzamura intugu byanatangiye kumugiraho ingaruka
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Chris Eazy uri mu bagezweho mu Rwanda, we na Kompanyi imufasha, baravugwago gusuzugura itangazamakuru n’abakunzi b’umuziki, ku buryo bishobora gutuma hari abatazongera gucuranga indirimbo ze, ndetse Radio ya mbere ikaba yabifasheho icyemezo.

Uyu muhanzi uzwi mu ndirimbo zimaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda, nka Bana yakoranye na mugenzi we Shaffy ukorera umuziki muri Leta Zunze Ubumwe za America ndeste na Jugumilla aherutse gukorana na Phil Peter na Kevin Kade.

Ni umuhanzi umaze iminsi avugwaho agasusuguro no kudafata neza abaje bamugana, by’umwihariko akaba yarabigaragaje mu kwezi gushize ubwo yari yatumirwaga mu gitaramo yagombaga guhuriramo na Danny nanone mu mujyi wa Huye, ariko ntakitabire ndetse ntihanamenyekane impamvu.

Ni igitaramo cyabaye tariki 17 Gashyantare 2024, aho cyari cyatumiwemo uyu muhanzi muri kaminuza y’u Rwanda, ariko abari baje kumureba bagategereza bagaheba, ndetse ntibamenye n’impamvu ataje kubataramira.

We ndeste n’itsinda rizwi nka Giti Business Group rimufasha, bavugwaho kandi kwanga guha ibiganiro abanyamakuru ku mpamvu zitamenyekana, aho bavuga ko batapfa kuvugana n’itangazamakuru iryo ari ryose.

Mu majwi yafashwe y’uyu muhanzi Chris Eazy yatumye bamwe bamubonamo ko yamaze kwiyumva birenze urugero, yavuze ko ataha ikiganiro abanyamakuru atazi.

Ibi ntibyashimishije bamwe mu banyamakuru, ndetse hakaba hari n’abafashe umwanzuro wo kutazongera gucuranga indirimbo ze ku maradiyo, nka Radio Salus yahagariste gukina indirimbo zose yagaragayemo yaba ize ku giti cye n’izo yafashije abandi.

Blandy Star
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

U Rwanda rwahamirije Isi ko rwubahiriza amasezerano rwasinye yo kurengera ibidukikije

Next Post

Menya icyajyanye muri Congo Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu byagiye guha umusanzu FARDC

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Menya icyajyanye muri Congo Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu byagiye guha umusanzu FARDC

Menya icyajyanye muri Congo Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu byagiye guha umusanzu FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.