Sunday, June 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi uherutse gutangaza ibyo gutandukana n’umugore we aravugwaho urukundo rwateje impaka

radiotv10by radiotv10
13/02/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi uherutse gutangaza ibyo gutandukana n’umugore we aravugwaho urukundo rwateje impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika, Innocent Ujah Idibia, uzwi nka 2Baba cyangwa 2Face Idibia, uherutse kwemeza ko yatandukanye n’umugore we Annie Macaulay, yibasiwe n’abakunzi be, nyuma yuko yemeje ko ari mu rukundo n’umunyapolitiki, bivugwa ko ari we bagiye kubana nk’umugore n’umugabo.

Mu mpera z’ukwezi gushize, ni bwo 2Baba cyangwa 2Face Idibia yatangaje ko we n’umugore we Annie Macaulay basa nk’abatandukanye ndetse ko batangiye urugendo rwo kugana inkiko kugira ngo zibahe gatanya yemewe n’amategeko.

Gusa nyuma yo gutangaza ibi, nyuma y’igihe gito yanemeje ko ari mu rukundo n’umunyapolitiki Natasha Igbinedion, usanzwe ari umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Leta ya Edo muri Nigeria, akaba ari na Visi Perezida w’iyi Nteko.

Nyuma yuko 2Baba agaragaje ko afite icyifuzo cyo kurushingana n’uyu munyapolitiki, Natasha Igbinedion nyuma y’ibyumweru bibiri gusa atangaje ibyo gutandukana n’umugore we Annie Macaulay, abakunzi ba muzika muri Nigeria, byumwihariko abakunzi b’uyu muhanzi, bamwibasiye.

Uwitwa vantage_suite yanditse ati “Urabona ukuntu 2baba ari indyarya itanaca bugufi ngo isabe imbabazi kubera guca inyuma Annie, akabyarana n’abagore batandukanye, none arasaba Honourable Natasha gushyingiranwa, na we akaba yizeye ko bazagirana ibihe byiza mu rugendo bazatangirana.”

Uyu yakomeje yandika ati “2baba ntashobotse kandi Natasha yagakwiye kuba abibona neza. Ariko abagore bafite imyumvire ko bafite ubushobozi bwo guhindura abagabo.”

Undi witwa EdoVibeQueen na we yanditse avuga ko 2Baba ari indashoboka, binagaragazwa no kuba yatangaje ko agiye gushaka undi mugore nyuma y’igihe gito atangaje ko yatandukanye n’umugore we.

Uyu yagize ati “Nyuma y’icyumweru kimwe gusa ahise avuga ibya Natasha…ubanza ahari akeka ko azaba honourable kuko ari mu rukundi na honourable Natasha.”

2Baba na Annie baherutse gutandukana

Umukunzi mushya wa 2Baba asanzwe afite umwanya ukomeye mu nzego za Leta

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − fifteen =

Previous Post

Uko byifashe hagati ya M23 na FARDC

Next Post

Andi makuru y’ibyabaye ubwo abacancuro bamanikiraga amaboko M23 n’ibyabanjirije kunyuzwa mu Rwanda bataha

Related Posts

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

by radiotv10
20/06/2025
0

Umuhanzi Kitoko Bibarwa uri mu bagize abakunzi benshi muri muzika nyarwanda, yatangaje ko nyuma y’imyaka 12 aba hanze y’u Rwanda,...

Chorale de Kigali yizeye kuzongera kubona Madamu Jeannette Kagame mu gitaramo cyayo

Chorale de Kigali yizeye kuzongera kubona Madamu Jeannette Kagame mu gitaramo cyayo

by radiotv10
20/06/2025
0

Chorale de Kigali ifite igitaramo mu mpere z’iki cyumweru yashimiye Madamu Jeannette Kagame waje mu gitaramo cyabo giheruka, ikavuga kandi...

Hamenyekanye amakuru ku wari wibye imodoka y’Umunyamakurukazi Bianca

Hamenyekanye amakuru ku wari wibye imodoka y’Umunyamakurukazi Bianca

by radiotv10
19/06/2025
0

Umunyamakuru Bianca wari uherutse kwibwa imodoka ikaza kuboneka yarakoze impanuka, yavuze ko hari amakuru yagaragaye ko umukozi we wari wayibye...

What made a popular Rwandan artist Fireman joining commission based land brokerage work

What made a popular Rwandan artist Fireman joining commission based land brokerage work

by radiotv10
18/06/2025
0

Rwandan rapper Uwimana Francis, popularly known as Fireman, has recently ventured into commission-based land brokerage, helping people buy and sell...

Igisubizo kigufi umuhanzi King James yatanze abajijwe ikibazo akunze kubazwa

Igisubizo kigufi umuhanzi King James yatanze abajijwe ikibazo akunze kubazwa

by radiotv10
18/06/2025
0

Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi nka King James, yongeye kubazwa igihe azashingira urugo, avuga ko igihe kitaragera, ariko ko nikigera azabikora...

IZIHERUKA

Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono
MU RWANDA

Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono

by radiotv10
21/06/2025
0

Ibindi bivugwa ku mugore witabiye Imana kwa Pasiteri nyuma yo kurarana

Ibindi bivugwa ku mugore witabiye Imana kwa Pasiteri nyuma yo kurarana

21/06/2025
Umubano w’u Rwanda n’u Burundi waganiriweho hagati y’Abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi waganiriweho hagati y’Abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

21/06/2025
Abakoresha n’abakozi bose mu Rwanda bibukijwe umunsi w’ikiruhuko rusange

AMAKURU MASHYA: Mu Rwanda hatanzwe ikiruhuko rusange hafi icyumweru

20/06/2025
The rise and fall of hustle culture

The rise and fall of hustle culture

20/06/2025
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

20/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru y’ibyabaye ubwo abacancuro bamanikiraga amaboko M23 n’ibyabanjirije kunyuzwa mu Rwanda bataha

Andi makuru y’ibyabaye ubwo abacancuro bamanikiraga amaboko M23 n’ibyabanjirije kunyuzwa mu Rwanda bataha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono

Ibindi bivugwa ku mugore witabiye Imana kwa Pasiteri nyuma yo kurarana

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi waganiriweho hagati y’Abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.