Sunday, September 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi wamamaye muri Muzika Nyarwanda yakoze ubukwe bwa gatatu mu myaka 9

radiotv10by radiotv10
05/02/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi wamamaye muri Muzika Nyarwanda yakoze ubukwe bwa gatatu mu myaka 9
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Croidja wamamaye muri muzika Nyarwanda ubwo yaririmbaga mu itsinda rya Just Family riri mu yakanyujijeho mu Rwanda, yakoze ubukwe bwa gatatu n’umugore wa gatatu nyuma yo gutandukana n’abandi babiri barimo uwa mbere bari barashyingiranywe muri 2016.

Ni ubukwe bwabereye muri Afurika y’Epfo mu cyumweru gishize tariki 02 Gashyantare 2025, aho bwabereye mu mujyi wa Durban.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru cyitwa Igihe, avuga ko umugore wakoranye ubukwe na Croidja Radjabu, afite inkomoko mu Gihugu cya Ghana aho ababyeyi be bakomoka, ariko we akaba yaravukiye muri Afurika y’Epfo.

Uyu muhanzi uri mu bamamaye mu Rwanda kubera ijwi ryihariye yagiraga ubwo yaririmbaga muri Just Family, yemereye iki kinyamakuru ko ubu bukwe bwe bwabaye koko mu mpera z’icyumweru gishize.

Ni ubukwe akoze ku nshuro ya gatatu n’abagore batandukanye, aho ubwa mbere yari yarabukoze muri 2016, ariko akaza gutandukana n’umugore we muri 2018.

Uyu muhanzi wari waranatashye mu Rwanda muri 2018 ndetse avuga ko agaruwe no kubyutsa itsinda rya Just Family, ariko bigasa nk’ibyanze, yasubiye muri Afurika y’Epfo ndetse muri 2021 akora ubundi bukwe n’umugore wa kabiri.

Croidja Radjabu avuga kandi ko uyu mugore bakoze ubukwe mu mpera z’icyumweru gishize, bari bamaranye awa amezi atatu bakundana, bakaza gufata icyemezo cyo kwibanira nk’umugore n’umugabo.

Croidja n’umugore we baherutse kurushingana
Bakoze ubukwe nyuma y’amezi atatu bakundana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 9 =

Previous Post

Igikekwa ku bisasu bibiri byatahuwe ahantu habiri hatandukanye mu Ntara imwe mu Rwanda

Next Post

Urujijo ku nkongi yibasiye imodoka ya Gitifu igakongokera mu muhanda avuye gukoresha inama abaturage

Related Posts

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

by radiotv10
12/09/2025
0

Umuhanzi Israel Mbonyicyambu wamenyekanye nka Israel Mbonyi, yatangaje ko agiye gushyira hanze Album ya gatanu y’indirimbo ze azamurikira Abaturarwanda mu...

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

by radiotv10
11/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abahanzikazi babiri, Ariel Wayz na Babo Ekeight bafunzwe bakekwaho gukoresha ibiyobyabwenge, nyuma yuko bakorewe ibizamini....

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

by radiotv10
10/09/2025
0

Umukinnyi wa filimi Igihozo Nshuti Mireille yateye utwatsi amakuru akomeje gucicikana avuga ko afite ubukwe mu kwezi gutaha, azakorana n’umunyarwenya...

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

by radiotv10
10/09/2025
0

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju, uzwi mu biganiro bya Siporo, yongeye kumvikana kuri radio, ari na yo agiye gukorera...

Bwa mbere umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bamaze igihe bakundana mu ibanga

Bwa mbere umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bamaze igihe bakundana mu ibanga

by radiotv10
09/09/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bakundana, amugenera amagambo aryohereye amwifuriza isabukuru nziza, amwibutsa ko yavukiye kugira ngo umutima we umukunde...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urujijo ku nkongi yibasiye imodoka ya Gitifu igakongokera mu muhanda avuye gukoresha inama abaturage

Urujijo ku nkongi yibasiye imodoka ya Gitifu igakongokera mu muhanda avuye gukoresha inama abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.