Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urujijo ku nkongi yibasiye imodoka ya Gitifu igakongokera mu muhanda avuye gukoresha inama abaturage

radiotv10by radiotv10
05/02/2025
in MU RWANDA
0
Urujijo ku nkongi yibasiye imodoka ya Gitifu igakongokera mu muhanda avuye gukoresha inama abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hilux y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Giti mu Karere ka Gicumbi, yafatiwe n’inkongi mu muhanda ubwo yari avuye mu Nteko y’Abaturage, irashya irakongoka, ku mpamvu itaramenyekana.

Iyi modoka yahiye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Gashyantare 2025 ubwo Bangirana Jean Marie Vianney uyobora Umurenge wa Giti yari avuye mu Nteko y’Abaturage bo mu Kagari ka Tanda asubiye ku Biro bye.

Uyu muyobozi yemereye Ikinyamakuru Umuseke dukesha aya makuru iby’iyi nkongi yibasiye imodoka ye, avuga ko yahiye ubwo yari avuye mu nshingano ze gukoresha inama abaturage mu Nteko z’abaturage.

Yagize ati “Navaga Tanda nerecyeza ku Murenge wa Giti, twari mu kazi tuvuye mu Nteko z’abaturage, ariko icyateye iyi mpanuka ntabwo twari twakimenya.”

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Giti, avuga ko na we akiri mu rujijo ku cyateye iyi nkongi yibasiye imodoka ye, kuko ntakindi kibazo yari ifite ndetse ko ntagihe kinini yari ayimaranye ayiguze, icyakora akavuga ko ategereje ko ubwishingizi bwe bwamugoboka.

Ngabitsinze Josue, umwe mu baturage bari ahabereye iyi nkongi yafashe imodoka y’Umunyamaba Nshingwabikorwa, yavuze ko babonye iyi modoka ifatwa n’inkongi ubwo yari mu muhanda ndetse ikaba yari iri kugenda.

Yagize ati “Abari bayirimo bakimara gusohoka, twagerageje kuzimya inkongi twifashishije kizimyamoto iba iri mu modoka, ariko biranga.”

Iyi modoka yo mu bwoko bwa Toyota Hilux [bakunze kwita Vigo] yahiye irakongoka ku buryo nta gikoresho na kimwe cyakongera gukoreshwa cyangwa ngo gisanwe.

Uriro wafashe iyi modoka wari ufite umuriri mwinshi
Yahiye irakongoka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 12 =

Previous Post

Umuhanzi wamamaye muri Muzika Nyarwanda yakoze ubukwe bwa gatatu mu myaka 9

Next Post

U Rwanda n’u Burusiya baganiriye ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Congo

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda n’u Burusiya baganiriye ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Congo

U Rwanda n’u Burusiya baganiriye ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.