Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzikazi Nyarwanda ufite ijwi ryihariye ahishuye uko yinjiye mu buhanzi atarabyifuzaga

radiotv10by radiotv10
28/10/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzikazi Nyarwanda ufite ijwi ryihariye ahishuye uko yinjiye mu buhanzi atarabyifuzaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umukanzikazi Peace Hoziana uzwi nka Peace Hozy usanzwe anafasha abandi bahanzi, avuga ko nubwo yinjiye mu buhanzi ndetse akaba yaranize umuziki, ariko mbere atateganyaga kuzaba umuhanzi, ariko ko umuhamagaro wamubujije amahoro, akiyemeza kujya muri Studio.

Peace Hozy wanitabiriye irushanwa rya muzika rizwi nka East African Got  219 Talent, akagarukira muri 1/2 cy’irangiza ryarwo, yanize umuziki mu ishuri ryawo rya Nyundo, aho yasoje amasomo muri 2017.

Akirangiza kwiga umuziki yahise atangira akazi ko gufasha abahanzi b’amazina akomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, nka Israel Mbonyi, James na Daniella Bosco Nshuti, na Prosper Nkomezi.

Nyuma yo gufasha abahanzi, Peace Hozy na we yaje kwinjira mu buhanzi, gusa avuga ko atabiteganyaga mbere.

Ati “Numvaga nshaka kuba umuririmbyi wabigize umwuga nk’uko n’ubundi tubikora kuruta uko naba umuhanzi cyane ko bidutunze.”

Akomera avuga aho igitekerezo cyavuye. Ati “Ni umuhamagaro wanyatsemo numva hari icyo nshaka kubwira Isi kandi icyo ntabwo nari kugikora nkora mfasha abahanzi ndirimba ibyo baririmbye, njyewe ntashobora gusohora ikiri muri njye nyirizina. N uko nasohoye indirimbo yanjye ya mbere.”

Uyu muhanzikazi avuga ko ibihangano bye hari benshi, byafashije, ku buryo hari n’abamuhaye ubuhamya bw’uko indirimbo ze zatumye bahagarika ibyemezo bibi babaga bafashe.

Ati “Hari uwampamamagaye ambwira ko indirimbo yanjye yatumye atuza areka kwiyahura, numva ni ubuhamya bukomye ndetse byanteye imbaraga zo gukomeza gukora.”

Peace Hozy yinjiye mu buhanzi mu mwaka wa 2023, akaba amaze gushyira hanze indirimbo enye; iyitwa ‘Uganze’, ‘Ruhuka’, ‘Itabaza’ n’iyitwa Hoziana yashyize hanze mu cyumweru gishize.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 14 =

Previous Post

Rubavu: Bavuze icyatumye imiterere y’inzu babamo ituma badatora agatotsi

Next Post

Tshisekedi byamukomeranye nyuma yo kugaragaza ko yifuza ko Itegeko Nshinga rya Congo rihinduka

Related Posts

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi byamukomeranye nyuma yo kugaragaza ko yifuza ko Itegeko Nshinga rya Congo rihinduka

Tshisekedi byamukomeranye nyuma yo kugaragaza ko yifuza ko Itegeko Nshinga rya Congo rihinduka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.