Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzikazi Nyarwanda yitandukanyije n’uwamwiyitiriye akagira icyo avuga ku bahanzi bakiriwe na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
17/07/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Kagame yasohoje isezerano rishingiye ku cyifuzo yagejejweho n’umwe mu bahanzi Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Bwiza Emerance yitandukanyije n’uwamwiyiritiye ku rubuga nkoranyambaga rwa X akanatangaho igitekerezo avuga ku bahanzi baherutse kwakirwa na Perezida Paul Kagame, akavuga ko “yibaza impamvu we atatumiwe.”

Mu mpera z’icyumweru gishize tariki 14 Nyakanga 2024, Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame; bakiriye mu rugo mu Karere ka Bugesera, bamwe mu bahanzi batuye muri aka Karere nyuma y’uko byari byasabwe na Butera Knowless na we utuye muri aka Karere.

Muri uku kwakirwa na Perezida Kagame, aba bahanzi banatemberejwe mu rwuri rwe, ndetse anagabira Inka buri muhanzi, ubundi baranatarama.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Nyakanga 2024, uwiyita @bwizaofficial_ ku rubuga nkoranyambaga rwa X [Twitter], yavuze ko atumva impamvu we atatumiwe n’umuryango wa Perezida Paul Kagame kandi na we ari umuturanyi.

Uyu wiyitiranyije n’umuhanzikazi Bwiza, yagize ati “Ntimubifate nko kwigereranya, Mama Butera [Knowless] ni umu legend [umunyabigwi] nubaha, gusa nanjye ndi umu artist nk’abandi ba artist duturanye hano. None ndibaza ngo kuki yaba ari njye wabuzemo ubwo ntakibazo mwumvamo.”

Ubutumwa bw’uwiyitiriye Bwiza

Umuhanzikazi Bwiza Emerance akoresheje konti ye, yamaganye ubutumwa bw’uyu wamwiyitiriye, anavuga ko yifuza kumenyesha abakunzi be ko afite konti imwe yo kuri X, ndetse ko ari na yo anyuzaho ibikorwa bye byose bya muzika n’ibindi bya buri munsi.

Bwiza wanifashishije ifoto [Screeshot] y’ubu butumwa bwanditswe n’uwamwiyitiriye, yagize ati “Izindi konti zaba ziri mu mazina ya Bwiza, si iz’ukuri. Ndabasabye ntumuhuze Bwiza n’izo konti.”

Uyu muhanzikazi kandi yahise anamenyesha Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry, bigaragaza ko yifuza ko uru rwego rubyinjiramo rugakemura ikibazo cy’uyu muntu wamwiyitiriye kuri X.

Ubutumwa bwa Bwiza wa nyawe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + seventeen =

Previous Post

Nyuma y’uko muri Kenya hubuye imyigaragambyo isaba Perezida kwegura ubu hagezweho iki?

Next Post

UPDATE: Menya Abaperezida bamaze kugaragaza ko bishimiye intsinzi ya Kagame n’ibyo bamuvugaho

Related Posts

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Looking stylish doesn’t have to mean spending a lot of money. In Kigali, fashion is becoming more creative and affordable...

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Alice Masinzo wahoze ari umunyamakuru kuri imwe muri radio zo mu Rwanda, yasangije abantu ibyishimo afite nyuma yo gusezerana n’umukunzi...

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Ishimwe Naomie wabaye Miss w’u Rwanda wa 2020, yavuze ko mu rugendo rwo kwandika igitabo cye cya mbere yise ‘More...

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Richard Nick Ngendahayo wari utegerejwe mu Rwanda yaherukagamo mu myaka 17, yahasesekaye. Uyu...

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuhanzi w’umuraperi Kivumbi King uri mu bagezweho mu Rwanda, amakuru aremeza ko yamaze kwinjira mu nzu ifasha abahanzi ya 1:55...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Menya Abaperezida bamaze kugaragaza ko bishimiye intsinzi ya Kagame n’ibyo bamuvugaho

UPDATE: Menya Abaperezida bamaze kugaragaza ko bishimiye intsinzi ya Kagame n’ibyo bamuvugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.