Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye igihe azibarukiraho imfura ye muri Muzika

radiotv10by radiotv10
01/04/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye igihe azibarukiraho imfura ye muri Muzika
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Bwiza uri mu bagezweho muri iyi minsi, yatangaje itariki azamurikiraho album ye ya mbere afata nk’imfura ye muri muzika.

Bwiza Emerance ari mu bahanzikazi bakunzwe mu Rwanda, bigaragarira mu bihangano ashyira hanze bigasamirwa hejuru na benshi ndetse n’ibitaramo atumirwamo akagaragarizwa urukundo.

Mu gihe kingana n’imyaka ibiri amaze muri Label ya KIKAC Music, Bwiza Emerance aritegura kumurika album ye ya mbere muri uyu mwaka agereranya n’imfura ye muri muzika.

Aganira na RADIOTV10, Bwiza yahamije ko tariki 10 Ukwakira 2023, azashyira hanze album ye izaba iriho indirimbo zirimo izikunzwe cyane muri iki gihe.

Yagize ati “Ni album ngereranya nk’imfura yanjye ku buryo mbifata nko kuzaba nibarutse umwana wanjye wa mbere muri muzika.”

Iyi album azayimurikira mu gitaramo kizabera mu Mujyi wa Kigali ndetse akanakora ikindi gitaramo kizabera hanze y’uyu murwa mukuru w’u Rwanda kugira ngo n’abakunzi be bo hanze ya Kigali abagezeho iyi nkuru nziza.

Ni album izaba iriho indirimbo zinyuranye zirimo izo akomeje gushyira hanze muri iki gihe, akora ku giti cye ndetse n’izo akorana n’abandi bahanzi bagezweho mu Rwanda.

Bwiza atangaje ibi akubutse ku Mugabane w’u Burayi, aho yari aherutse kujya mu Bufaransa, anahakorera igitaramo yigaragarijemo, na we akerekwa urukundo rudasanzwe.

Bwiza arakunzwe muri iyi minsi

Kate Gustave NKURUNZIZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Ibyababayeho ntibabikekaga: Ngo bemerewe inkunga ariko ihabwa abayobozi bari baje kubabarura ngo bazayihabwe

Next Post

Ni ibitangaza: RPF imaze imyaka 35 ibayeho buri wese arayivuga imyato kubera ibyo yakoze

Related Posts

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Rev. Ndayizeye Isaïe uyobora Itorero rya ADEPR, yahakanye amakuru yatangajwe ko yanze gusezeranya umuririmbyi Ishimwe Vestine n’umugabo we Idriss Jean...

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, umaze iminsi agarukwaho mu makuru y’imyidagaruro kubera amashusho ye yasakaye, ari kubarizwa ku Mugabane...

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad usanzwe akora ibiganiro bitambuka kuri YouTube, akurikiranyweho ibindi byaha byiyongera...

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

by radiotv10
29/11/2025
0

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaramo umuhanzi B-Face w’i Burundi yumvikanamo avugamo amagambo y’ibitutsi ku Banyarwanda, byamenyekanye ko yabarwaniye ishyaka,...

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuhanzi Ishimwe Prince uzwi nka Darest, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, ku munsi umwe na Micky na AG Promoter na...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni ibitangaza: RPF imaze imyaka 35 ibayeho buri wese arayivuga imyato kubera ibyo yakoze

Ni ibitangaza: RPF imaze imyaka 35 ibayeho buri wese arayivuga imyato kubera ibyo yakoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.