• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

radiotv10by radiotv10
12/05/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Itorero ‘Grace Room Minisitries’ riyoborwa n’Umuvugavutumwa Pastor Julienne Kabanda, ryambuwe uburenganzira bwo gukora, umuhanzikazi Aline Gahongayire yagaragaje agahinda byamuteye anahumuriza Abakristu barisengeragamo.

Ku wa Gatandatu tariki 10 Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB rwasohoye itangazo rivuga ko rwambuye ubuzima gatozi Grace Room Ministries kubera kutubahiriza ibikubiye mu itegeko rigena imitunganyirize n’imikorere by’imiryango ishingiye ku myemerere.

Umuhanzikazi Aline Gahongayire, abicishije ku mbuga nkoranyambaga yageneye ubutumwa Pastor Julienne n’abakristu basengera muri Grace Room.

Yagize ati “Ubwiza bwa Kabiri buraba buruta ubwa mbere ibyo wakuye muri Arena muri victory, bikomerezeho, bigire umumaro mu muryango wawe, bigire umumaro ahantu hose.”

Yakomeje agira ati “Iki si igihe cyo gucika intege ahubwo n’igihe cyo gukomera, cyo kuba Positif wibuka gusengera Igihugu cyawe kuko Igihugu njyewe ngifata nk’umubyeyi. Reka mbabwire Grace room muratangaje, umubyeyi arashaka ko muba aba mbere ni yo mpamvu ijisho ry’umubyeyi riba rishaka kubona umwana ari uwa mbere, erega buriya abanyuma nta nubwo babitaho ariko umwana wa kabiri cyangwa uwa gatatu umubyeyi aba yifuza ko aba uwa mbere.”

Uru rugero yarutanze asa n’ushaka kumvikanisha ko ibyo RGB yakoze bigamije kugirango iri torero rijye ku murongo kurushaho, anibutsa ko iri Torero rizakomeza kubaho.

Aline Gahongayire yakomeje avuga ko atigeze agira amahirwe yo kujya mu biterane biherutse kuba byari byateguwe na ‘Grace Room Ministries’ byabereye muri BK Arena, ariko ko azo ko byari byiza.

Ati “Sinigeze ngira amahirwe yo kuza muri BK Arena nagiye muri Grace room rimwe ariko iryo joro nagiyeyo nahabonye Imana wa muntu we, nahabonye gusenga ni byo binteye kuvuga ibi.”

Amakuru avuga ko ihagarikwa rya Grace Room Ministries rishingiye ku kuba iri Torero ryarakoraga ibikorwa bitandukanye n’ibyo ryaherewe uburenganzira. Ubusanzwe mu mategeko y’imiryango itegamiye kuri Leta, harimo ko Ministeri iba ikora ibikorwa by’itembere bidafite aho bihuriye n’iby’insengero.

Grace Room yabaye ihagaritswe
Aline Gahongayire yagaragaje agahinda k’ifungwa ryayo

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Next Post

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.