Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzikazi w’ikirangirire yababajwe n’ibyo umugabo we yakoze batabyumvikanyeho

radiotv10by radiotv10
08/11/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umuhanzikazi w’ikirangirire yababajwe n’ibyo umugabo we yakoze batabyumvikanyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi w’Umunyamerika, akaba n’umukinnyi wa Filimi, Halle bailey; yagaragaje ko atishimiye kubona umwana we mu kiganiro cyatambutse imbonankubone kuri Televiziyo, ubwo yari kumwe n’umugabo we DDG utari wabimumenyesheje.

Halle bailey avuga ko umugabo we DDG atigeze amumenyesha aho yari ajyanye umwana wabo Halo, ariko ko yatunguwe no kubona amashusho ari gukwirakwira aribari kumwe mu kiganiro cyatambutse kuri Twitch cyakorwaga n’umunyamakuru Kai Cenat.

Ni ikiganiro cyari gikurikiwe imbonankubone n’abantu uruvunganzoka, kuko cyarebwe n’abarenga ibihumbi 219, aho amashusho amwe agaragaza DDG yinjiye mu cyumba cyarimo uyu munyamakuru Kai afite umwana we.

Umunyamakuru Kai Cenat na we yagaragaye atunguwe no kubona umwana wa DDG na Halle bailey ari we Halo, aramuramutsa buhoro, yihutira gushaka aho bicara.

Muri icyo gihe, Se wa Halo (Daddy D) yamuku mu gikapu yarimo amufata mu ntoki ndetse amwicaza mu gituza.

Gusa nyina w’uyu mwana ari we Halle Bailey, ntiyishimiye uburyo umugabo we yafashe icyemezo cyo kujyana umwana wabo muri iki kiganiro cyatambukaga imbonankubone, batabiganiriyeho ngo babyemeranyeho.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Halle bailey yagize ati “Sinabimenyeshejwe cyangwa ngo mbibwirwe, kandi birambabaje cyane kubona umwana wanjye imbere y’abarenga miliyoni. Ndi umubyeyi we kandi ndi umurinzi we, birambabaje ko ntigeze mbimenyeshwa, cyane cyane ko ndi hanze y’umujyi.”

Mu isaha ebyiri amaze gushyira ubu butumwa, tweet ya Halle Bailey yari imaze gusangirwa inshuro zirenga ibihumbi 11 ifite ibitekerezo birenga 4 600.

Blandy Star
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 4 =

Previous Post

Putin yageneye ubutumwa Trump anagaragaza ko ibintu bishobora kuzahinduka hagati y’u Burusiya na America

Next Post

Rwanda: Abanyeshuri bujuje ukwezi bisanze mu myigire y’ihurizo rikomeye

Related Posts

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

IZIHERUKA

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri
AMAHANGA

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda: Abanyeshuri bujuje ukwezi bisanze mu myigire y’ihurizo rikomeye

Rwanda: Abanyeshuri bujuje ukwezi bisanze mu myigire y’ihurizo rikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.