Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzikazi w’ikirangirire yavuze ibanga ryumvikanamo ikiniga amaranye imyaka 20

radiotv10by radiotv10
19/10/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzikazi w’ikirangirire yavuze ibanga ryumvikanamo ikiniga amaranye imyaka 20
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi, Britney Spears, nyuma y’imyaka irenga 20 akuyemo inda yari yatewe n’umuhanzi Justin Timberlake bakundanaga, yatangaje icyabiteye, cyakomeje kumubera umutwaro uremereye.

Britney Spears na Justin Timberlake bakundanye bakiri bato hagati y’umwaka 1999 na 2002, aho uyu muhanzikazi yanaje gutwita inda y’uyu wari umukunzi we.

Mu gitabo cya Britney Spears agiye gushyira hanze yise ‘The Woman in Me’ (Umugore muri njye), kigaragaza bimwe mu byaranze ubuzima bwe birimo n’iby’urukundo rwe na Justin Timberlake n’uburyo yasamye inda ye akayikuramo.

Yagize ati “Byarantunguye ariko kuri njye ntabwo byari amahano. Nakundaga Justin cyane. Nahoraga ntekereza ko umunsi umwe tuzagira umuryango biciye muri uwo mwana nari ntwite.”

Akomeza agira ati “Ariko Justin rwose ntabwo yishimiye gutwita. Yavuze ko tutari twiteguye kubyara kuko twari tukiri bato cyane.”

Britney Spears avuga ko ibi ari na byo byatumye akuramo iyi nda yari yatewe n’umukunzi we yabonagamo umugabo we w’ahazaza.

Abafana b’uyu muhanzikazi byatumye bibaza kuri amwe mu magambo yagiye akoresha mu ndirimbo kandi bemeza ko bashobora kuba baravugaga kuri iyi nda yakuwemo n’uyu muhanzi, nk’aho asaba imbabazi umwana utaravutse kikaba ari nacyo cyanarangije umubano we na Timberlake. Banavuga ko indirimbo ye ‘Everytime’ na yo ikubiyemo ibyerekeye gukuramo iriya nda.

Britney Spears yanavuze ko atashakaga gukuramo iri nda ahubwo yabitewe n’ubwoba bwa Timberlake

Ati “Timberlake yambwiye ko nindamuka nyikuyemo azansiga. Nubwo njye ntashakaga kuyikuramo ariko narabikoze, kuri uyu munsi ni cyo kintu gikomeje kunsenya ibitekerezo ni nacyo kintu cyaba cyarambabaje mu buzima bwanjye bwose.”

Uyu muhanzikazi nubwo yakuyemo inda ya Justin Timberlake nyuma yaje kubyara abana babiri b’abahungu, uwitwa Sean Preston na Jayden James, gusa urushako ntirwamuhiriye kuko amaze gushaka abagabo gatatu bikarangira batandukanye.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + sixteen =

Previous Post

M23 yabaye nk’icira umugani Tshisekedi imwibutsa ingingo yibeshyeho

Next Post

Umwana wazamuriye benshi amarangamutima bivugwa ko yarenganyijwe yatangiye gusekerwa n’andi mahirwe

Related Posts

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mu rugo rw’umuhanzi w’umuraperi Ngenzi Serge wamenyekanye nka Neg G The General, utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwana wazamuriye benshi amarangamutima bivugwa ko yarenganyijwe yatangiye gusekerwa n’andi mahirwe

Umwana wazamuriye benshi amarangamutima bivugwa ko yarenganyijwe yatangiye gusekerwa n’andi mahirwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.