Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umuherwe uri mu bakomeye ku Isi yahawe inshingano mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuherwe uri mu bakomeye ku Isi yahawe inshingano mu Rwanda

Jack Ma asanzwe akunda gutanga amasomo ku rubyiruko

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyemari ukomeye ku Isi, Jack Ma washinze kompanyi ya Alibaba Group, yahawe inshingano zo kuba umwarimu udahoraho wa Kaminuza Nyafurika yigisha ibijyanye n’imiyoborere ya ALU (African Leadership University) y’i Kigali mu Rwanda. Ni inshingano yahawe n’iri shuri.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’iyi kaminuza mu cyumweru gishize, bwavuze ko “bwishimiye kumenyesha abantu bose ko Prof Jack Ma, washinze Alibaba Group na Jack Ma Foundation, yagizwe Umwarimu udahoraho muri kaminuza Nyafurika y’Imiyoborere.”

Ubuyobozi bw’iyi kaminuza, buvuga ko kuba Jack Ma agiye kujya yigisha muri iri shuri, bizatera akanyabugabo ba rwiyemezamirimo bato b’Abanyafurika, kurushaho gushaka ubumenyi bwatuma barushaho kwagura ibikorwa byabo.

Dr. Fred Swaniker, washinze iyi kaminuza ya ALU, avuga ko iri shuri ryitezweho gutanga impinduka nziza ku Mugabane wa Afurika, bityo ko kuba ryakwigishwamo na Jack Ma ari indi ntambwe igana ku ntego zaryo.

Yagize ati “Ubunarabibonye bwa Ma byumwihariko mu ikoranabuhanga ndetse no mu guhanga udushya, bizaba imbarutso ku banyeshuri bacu no kubatera akanyabugabo mu gutekereza ibyagutse, bakareba kure, kandi bakarushaho gushyira mu bikorwa indoto zabo bafite umuhate n’intumbero.”

Jack Ma wahawe inshingano zo kwigisha muri iyi Kaminuza yo mu Rwanda, asanzwe ari indorerwamo ya benshi ndetse byanatumye agenda ahabwa imyanya inyuranye nko kuba umujyanama wihariye w’intego z’iterambere rirambye. Inshingano yahawe n’Umuryango w’Abibumbye muri 2016.

Muri 2018 yatangiye umushinga yise ‘Africa’s Business Heroes’ ugamije gushimira ba rwiyemezamirimo 100 b’Abanyafurika bitwaye neza, bagahabwa ubufasha burimo amikoro n’amahugurwa.

Kaminuza ya ALU yahaye Jack Ma inshingano zo kuyigishamo, mu gihe hari hashize igihe gito na Kaminuza y’iwabo mu Bushinwa ya Hong Kong University na yo iherutse kumvikana na we ko mu gihe cy’imyaka itatu agiye kujya yigishamo ibijyanye no guhanga imirimo.

Umwaka ushize kandi, Jack Ma nabwo yagizwe umwarimu udahoraho muri Kaminuza yo mu Buyapani yitwa University of Tokyo ndetse na Kaminuza ya Tel Aviv University yo muri Israel.

Jack Ma uwo yari mu Rwanda mu myaka ine ishize

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Ibyivugira: Mbere==>Ubu

Next Post

Aba mbere biganjemo Abanyarwanda baturutse mu Gihugu kirimo intambara bageze mu Rwanda

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Aba mbere biganjemo Abanyarwanda baturutse mu Gihugu kirimo intambara bageze mu Rwanda

Aba mbere biganjemo Abanyarwanda baturutse mu Gihugu kirimo intambara bageze mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.