Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umuherwe uri mu bakomeye ku Isi yahawe inshingano mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuherwe uri mu bakomeye ku Isi yahawe inshingano mu Rwanda

Jack Ma asanzwe akunda gutanga amasomo ku rubyiruko

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyemari ukomeye ku Isi, Jack Ma washinze kompanyi ya Alibaba Group, yahawe inshingano zo kuba umwarimu udahoraho wa Kaminuza Nyafurika yigisha ibijyanye n’imiyoborere ya ALU (African Leadership University) y’i Kigali mu Rwanda. Ni inshingano yahawe n’iri shuri.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’iyi kaminuza mu cyumweru gishize, bwavuze ko “bwishimiye kumenyesha abantu bose ko Prof Jack Ma, washinze Alibaba Group na Jack Ma Foundation, yagizwe Umwarimu udahoraho muri kaminuza Nyafurika y’Imiyoborere.”

Ubuyobozi bw’iyi kaminuza, buvuga ko kuba Jack Ma agiye kujya yigisha muri iri shuri, bizatera akanyabugabo ba rwiyemezamirimo bato b’Abanyafurika, kurushaho gushaka ubumenyi bwatuma barushaho kwagura ibikorwa byabo.

Dr. Fred Swaniker, washinze iyi kaminuza ya ALU, avuga ko iri shuri ryitezweho gutanga impinduka nziza ku Mugabane wa Afurika, bityo ko kuba ryakwigishwamo na Jack Ma ari indi ntambwe igana ku ntego zaryo.

Yagize ati “Ubunarabibonye bwa Ma byumwihariko mu ikoranabuhanga ndetse no mu guhanga udushya, bizaba imbarutso ku banyeshuri bacu no kubatera akanyabugabo mu gutekereza ibyagutse, bakareba kure, kandi bakarushaho gushyira mu bikorwa indoto zabo bafite umuhate n’intumbero.”

Jack Ma wahawe inshingano zo kwigisha muri iyi Kaminuza yo mu Rwanda, asanzwe ari indorerwamo ya benshi ndetse byanatumye agenda ahabwa imyanya inyuranye nko kuba umujyanama wihariye w’intego z’iterambere rirambye. Inshingano yahawe n’Umuryango w’Abibumbye muri 2016.

Muri 2018 yatangiye umushinga yise ‘Africa’s Business Heroes’ ugamije gushimira ba rwiyemezamirimo 100 b’Abanyafurika bitwaye neza, bagahabwa ubufasha burimo amikoro n’amahugurwa.

Kaminuza ya ALU yahaye Jack Ma inshingano zo kuyigishamo, mu gihe hari hashize igihe gito na Kaminuza y’iwabo mu Bushinwa ya Hong Kong University na yo iherutse kumvikana na we ko mu gihe cy’imyaka itatu agiye kujya yigishamo ibijyanye no guhanga imirimo.

Umwaka ushize kandi, Jack Ma nabwo yagizwe umwarimu udahoraho muri Kaminuza yo mu Buyapani yitwa University of Tokyo ndetse na Kaminuza ya Tel Aviv University yo muri Israel.

Jack Ma uwo yari mu Rwanda mu myaka ine ishize

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 8 =

Previous Post

Ibyivugira: Mbere==>Ubu

Next Post

Aba mbere biganjemo Abanyarwanda baturutse mu Gihugu kirimo intambara bageze mu Rwanda

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Aba mbere biganjemo Abanyarwanda baturutse mu Gihugu kirimo intambara bageze mu Rwanda

Aba mbere biganjemo Abanyarwanda baturutse mu Gihugu kirimo intambara bageze mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.