Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuhungu wa Museveni yavuze ko Perezida Kagame ari Nyirarume ashwishuriza abashaka kumurwanya

radiotv10by radiotv10
17/01/2022
in MU RWANDA
0
Umuhungu wa Museveni yavuze ko Perezida Kagame ari Nyirarume ashwishuriza abashaka kumurwanya
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yashimye Perezida Paul Kagame, avuga ko amufata nk’uwo mu muryango we ndetse aboneraho gushwishuriza abashaka kumurwanya.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yongeye gushima Perezida Paul Kagame ndetse avuga ko amwubaha cyane.

Muri ubu butumwa buherekejwe n’amafoto ya Perezida Paul Kagame arimo ayo hambere, Lt Gen Muhoozi yagize ati “Uyu ni Marume wanjye/Data wacu Afande Paul Kagame. Abantu bose bashaka kumurwanya bari no kurwanya umuryango wanjye. Bagomba kubyitondera.”

This is my uncle, Afande Paul Kagame. Those who fight him are fighting my family. They should all be careful. pic.twitter.com/YwBM5DwX0S

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) January 16, 2022

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba akunze kugaragaza Perezida Kagame ari umuntu w’Ingenzi haba mu karere ndetse no ku Gihugu cye aho yagiye avuga ko ari umwe mu Bajenerali bakomeye yubaha babayeho mu mateka.

Ubu butumwa yashyize kuri Twitter bwatumye bamwe bongera kugaruka ku bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Uganda, barimo n’Abanyarwanda bahise bagaragaza ko ibi bibazo bikwiye gushakirwa umuti.

Munyakazi Sadate na we wahise asubiza ubu butumwa bwa Lt Gen Muhoozi, yagize ati “Nyokorome Kagame ni nk’umubeyi w’Abanyarwanda benshi nk’uko nabikwandikiye mu butumwa bwabanje, dukeneye ubumwe n’amahoro kuko turi abavandimwe.”

Sadate umaze iminsi atanga ibitekerezo ku mbuga nkoranyambaga, yakomeje agira ati “Kampala ni mu rugo hanjye ha kabiri ariko hashize imyaka ine ntahagera, koresha imbaraga kugira ibyo bihe bibi birangire.”

Abandi biganjemo Abanyarwanda na bo batanze ibitekerezo ku butumwa bwa Lt Gen Muhoozi, bagaragaje ko uko yashimye Perezida Kagame ari na ko ashimwa n’Abanyarwanda benshi kuko abagejeje ku majyambere adasanzwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − nine =

Previous Post

Rayon yemeje ko Youssef na Ayoub batakiri abakinnyi bayo

Next Post

Rusesabagina aracyahagaze ku k’ejo: Na none ntiyitabye Urukiko mu Bujurire

Related Posts

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

by radiotv10
22/12/2025
0

In today’s Rwanda, a new generation is quietly redefining success. Young people are dreaming bigger than ever, building careers in...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo
AMAHANGA

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusesabagina aracyahagaze ku k’ejo: Na none ntiyitabye Urukiko mu Bujurire

Rusesabagina aracyahagaze ku k’ejo: Na none ntiyitabye Urukiko mu Bujurire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.