Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuhungu wa Museveni yavuze ko Perezida Kagame ari Nyirarume ashwishuriza abashaka kumurwanya

radiotv10by radiotv10
17/01/2022
in MU RWANDA
0
Umuhungu wa Museveni yavuze ko Perezida Kagame ari Nyirarume ashwishuriza abashaka kumurwanya
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yashimye Perezida Paul Kagame, avuga ko amufata nk’uwo mu muryango we ndetse aboneraho gushwishuriza abashaka kumurwanya.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yongeye gushima Perezida Paul Kagame ndetse avuga ko amwubaha cyane.

Muri ubu butumwa buherekejwe n’amafoto ya Perezida Paul Kagame arimo ayo hambere, Lt Gen Muhoozi yagize ati “Uyu ni Marume wanjye/Data wacu Afande Paul Kagame. Abantu bose bashaka kumurwanya bari no kurwanya umuryango wanjye. Bagomba kubyitondera.”

This is my uncle, Afande Paul Kagame. Those who fight him are fighting my family. They should all be careful. pic.twitter.com/YwBM5DwX0S

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) January 16, 2022

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba akunze kugaragaza Perezida Kagame ari umuntu w’Ingenzi haba mu karere ndetse no ku Gihugu cye aho yagiye avuga ko ari umwe mu Bajenerali bakomeye yubaha babayeho mu mateka.

Ubu butumwa yashyize kuri Twitter bwatumye bamwe bongera kugaruka ku bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Uganda, barimo n’Abanyarwanda bahise bagaragaza ko ibi bibazo bikwiye gushakirwa umuti.

Munyakazi Sadate na we wahise asubiza ubu butumwa bwa Lt Gen Muhoozi, yagize ati “Nyokorome Kagame ni nk’umubeyi w’Abanyarwanda benshi nk’uko nabikwandikiye mu butumwa bwabanje, dukeneye ubumwe n’amahoro kuko turi abavandimwe.”

Sadate umaze iminsi atanga ibitekerezo ku mbuga nkoranyambaga, yakomeje agira ati “Kampala ni mu rugo hanjye ha kabiri ariko hashize imyaka ine ntahagera, koresha imbaraga kugira ibyo bihe bibi birangire.”

Abandi biganjemo Abanyarwanda na bo batanze ibitekerezo ku butumwa bwa Lt Gen Muhoozi, bagaragaje ko uko yashimye Perezida Kagame ari na ko ashimwa n’Abanyarwanda benshi kuko abagejeje ku majyambere adasanzwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Rayon yemeje ko Youssef na Ayoub batakiri abakinnyi bayo

Next Post

Rusesabagina aracyahagaze ku k’ejo: Na none ntiyitabye Urukiko mu Bujurire

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusesabagina aracyahagaze ku k’ejo: Na none ntiyitabye Urukiko mu Bujurire

Rusesabagina aracyahagaze ku k’ejo: Na none ntiyitabye Urukiko mu Bujurire

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.