Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuhuza mu bya Congo n’u Rwanda yagaragarije Isi aho abona umubano w’Ibihugu byombi ugana

radiotv10by radiotv10
25/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuhuza mu bya Congo n’u Rwanda yagaragarije Isi aho abona umubano w’Ibihugu byombi ugana
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Angola, João Lourenço yavuze ko hari umushinga yatanze uzageza ku masezerano y’amahoro n’ubwumvikane hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, kandi ko awufitiye icyizere ko umubano w’Ibihugu byombi uzongera kuba mwiza.

João Lourenço yabitangarije mu Nteko Rusange ya 79 y’Umuryango w’Abibumbye iri kubera i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Uyu Mukuru w’Igihugu cya Angola wahawe inshingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yavuze ko hari intambwe iri guterwa mu mushinga yagejeje ku mpande zombi (u Rwanda na DRC).

João Lourenço yavuze ko afite icyizere ko iki gitekerezo yagejeje kuri ibi Bihugu bimaze igihe birebana ikijisho, kizatanga umusaruro kandi “kikaganisha ku isinywa ry’amasezerano y’ubwumvikane bw’amahoro ahamye, ndetse umubano wa Kishasa na Kigali ukongera kuzahuka.”

Yagize ati “Ku bw’imyanzuro y’i Luanda, byarashobotse ko hagerwa ku gahenge mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uku guhagarika imirwano byatangiye tariki 04 Kanama uyu mwaka. Kugira ngo hagerwe ku nzira yifuzwa, Repubulika ya Angola yatanze igitekerezo cy’amasezerano y’amahoro ifatanyije na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Repubulika y’u Rwanda.”

Yavuze ko ibikubiye muri iki gitekerezo byanasuzumwe n’impande z’Ibi Bihugu mu nama zo ku rwego rw’Abaminisitiri hagamijwe kugera kuri aya masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na DRC.

João Lourenço yatangaje ibi nyuma y’iminsi micye anakomeje izi nshingano z’ubuhuza yahawe, aho ku wa Kane w’icyumweru gishize, yagiranye ikiganiro kirambuye kuri Telefone na Perezida Paul Kagame, ndetse akanoherereza intumwa Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi, aho yohereje Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Téte António amujyaniye ubutumwa.

Hashize icyumweru n’igice hongeye kuba ibiganiro byahuje Guverinoma z’Ibihugu byombi, aho Intumwa z’ibi Bihugu zari ziyobowe n’Abaminisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe na mugenzi we Thérèse Kayikwamba Wagner.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 10 =

Previous Post

Andi makuru ku birori byo ‘KwitaIzina’ bizana mu Rwanda ab’amazina azwi ku Isi

Next Post

Ibindi byatahuwe ku washatse kwivugana Donald Trump

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibindi byatahuwe ku washatse kwivugana Donald Trump

Ibindi byatahuwe ku washatse kwivugana Donald Trump

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.