Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuhuza mu bya Congo yagiranye ikiganiro na Perezida Kagame anoherereza ubutumwa Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
20/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuhuza mu bya Congo yagiranye ikiganiro na Perezida Kagame anoherereza ubutumwa Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Angola yahawe inshingano z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho Perezida w’iki Gihugu, João Lourenço yagiranye ikiganiro kirekire na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, anoherereza ubutumwa Tshisekedi.

Ni ikiganiro cyo kuri Telefone cyabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 19 Nzeri 2024 nk’uko tubikesha Ikinyamakuru Actualite.cd.

Kuri uyu wa Kane kandi, Perezida wa Angola, João Lourenço yanoherereje ubutumwa mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi mu rwego rwo gukomeza gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Téte António wajyanye ubutumwa muri DRC, yavuze ko ibi byose bigamije gukomeza gushaka umuti w’ibi bibazo byagize ingaruka ku mubano w’u Rwanda na DRC.

Yagize ati “Uru ruzinduko ruje rukurikira inama yahuje Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga ba RDC, uwa Angola n’uw’u Rwanda, yabereye i Luanda.”

Iyi nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri hagati y’ibi Bihugu bitatu, byabaye mu mpera z’iki cyumweru, aho intumwa z’u Rwanda n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zari ziyobowe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe na mugenzi we Thérèse Kayikwamba Wagner.

Téte António yakomeje agira ati “Twatangiye gukora kuri iyi mishyikirano, kandi nyuma y’ibyo biganiro, ni ngombwa ko ibyemezo bigomba kugera ku bo bireba.”

Mu biganiro biheruka byabaye tariki 14 na 15, Angola yaboneyeho kugaragariza impande zombi raporo y’ibyavuye mu biganiro yagiranye n’Ihuriro AFC (Alliance Fleuve Congo) ririmo n’umutwe wa M23.

Ni mu gihe ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kwinangira ko butazaganira n’umutwe wa M23, mu gihe imyanzuro yafashwe ku nzego zose, isaba Guverinoma y’iki Gihugu kwicara ku meza y’ibiganiro n’uyu mutwe.

Kuri uyu wa Kane Tshisekedi yakiriye ubutumwa yohererejwe na mugenzi we wa Angola

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Yago wumvikanaho gucururuka yavuze icyo yiteguye gukora hagati ye n’abarimo umunyamakuru Sabin

Next Post

Musenyeri Kiliziya Gatulika y’u Rwanda yungutse yakiranywe amahoro ya Kristu n’Abakristu be (AMAFOTO)

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musenyeri Kiliziya Gatulika y’u Rwanda yungutse yakiranywe amahoro ya Kristu n’Abakristu be (AMAFOTO)

Musenyeri Kiliziya Gatulika y’u Rwanda yungutse yakiranywe amahoro ya Kristu n’Abakristu be (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.