Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuhuza mu bya Congo yagiranye ikiganiro na Perezida Kagame anoherereza ubutumwa Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
20/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuhuza mu bya Congo yagiranye ikiganiro na Perezida Kagame anoherereza ubutumwa Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Angola yahawe inshingano z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho Perezida w’iki Gihugu, João Lourenço yagiranye ikiganiro kirekire na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, anoherereza ubutumwa Tshisekedi.

Ni ikiganiro cyo kuri Telefone cyabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 19 Nzeri 2024 nk’uko tubikesha Ikinyamakuru Actualite.cd.

Kuri uyu wa Kane kandi, Perezida wa Angola, João Lourenço yanoherereje ubutumwa mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi mu rwego rwo gukomeza gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Téte António wajyanye ubutumwa muri DRC, yavuze ko ibi byose bigamije gukomeza gushaka umuti w’ibi bibazo byagize ingaruka ku mubano w’u Rwanda na DRC.

Yagize ati “Uru ruzinduko ruje rukurikira inama yahuje Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga ba RDC, uwa Angola n’uw’u Rwanda, yabereye i Luanda.”

Iyi nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri hagati y’ibi Bihugu bitatu, byabaye mu mpera z’iki cyumweru, aho intumwa z’u Rwanda n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zari ziyobowe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe na mugenzi we Thérèse Kayikwamba Wagner.

Téte António yakomeje agira ati “Twatangiye gukora kuri iyi mishyikirano, kandi nyuma y’ibyo biganiro, ni ngombwa ko ibyemezo bigomba kugera ku bo bireba.”

Mu biganiro biheruka byabaye tariki 14 na 15, Angola yaboneyeho kugaragariza impande zombi raporo y’ibyavuye mu biganiro yagiranye n’Ihuriro AFC (Alliance Fleuve Congo) ririmo n’umutwe wa M23.

Ni mu gihe ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kwinangira ko butazaganira n’umutwe wa M23, mu gihe imyanzuro yafashwe ku nzego zose, isaba Guverinoma y’iki Gihugu kwicara ku meza y’ibiganiro n’uyu mutwe.

Kuri uyu wa Kane Tshisekedi yakiriye ubutumwa yohererejwe na mugenzi we wa Angola

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 9 =

Previous Post

Yago wumvikanaho gucururuka yavuze icyo yiteguye gukora hagati ye n’abarimo umunyamakuru Sabin

Next Post

Musenyeri Kiliziya Gatulika y’u Rwanda yungutse yakiranywe amahoro ya Kristu n’Abakristu be (AMAFOTO)

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musenyeri Kiliziya Gatulika y’u Rwanda yungutse yakiranywe amahoro ya Kristu n’Abakristu be (AMAFOTO)

Musenyeri Kiliziya Gatulika y’u Rwanda yungutse yakiranywe amahoro ya Kristu n’Abakristu be (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.