Monday, April 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe

radiotv10by radiotv10
27/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Mali yemeje ko Minisitiri w’Ingabo wa Mali, General Sadio Camara yishwe mu bitero by’imitwe yitwaje intwaro byibasiye iki Gihugu, byagabwe mu bice binyuranye.

Urupfu rwa General Sadio Camara rwemejwe n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Marli, Issa Ousmane Coulibaly, mu itangazo yashyize hanze kuri iki Cyumweru.

Urugo rwa Camara mu mujyi wa Kati rwagabweho igitero ku wa Gatandatu mu bitero byagabwe icyarimwe n’inyeshyamba za al-Qaeda n’iza Tuareg.

Camara yari umuntu ukomeye muri Guverinoma ya gisirikare yafashe ubutegetsi nyuma y’imyigaragambyo y’inyeshyamba mu 2020 na 2021.

Umunyamakuru wa Al Jazeera, Nicolas Haque yagize ati “Yari umwe mu bantu bakomeye mu buyobozi bw’ingabo kandi bamwe bamubonaga nk’umuyobozi w’ejo hazaza wa Mali. Urupfu rwe ni igihombo gikomeye ku ngabo z’igihugu.”

Haque yavuze ko abagabye igitero cyari icy’umwiyahuzi mu modoka ku rugo rwa Camara ruri i Kati, umujyi wa gisirikare urinzwe cyane uri mu bilometero 9 mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’umurwa mukuru, Bamako, aho Perezida w’agateganyo Assimi Goita atuye.

Umugore wa kabiri wa Camara n’abuzukuru be babiri, na bo bishwe mu gitero cyagabwe ku rugo rwe, nk’uko ibiro ntaramakuru bya AFP bibitangaza.

Haque yakomeje agira ati “Kati ifatwa nk’ahantu hari umutekano uhambaye mu Gihugu, nyamara abarwanyi ba Jama’at Nusrat al-Islam wal-Muslimin (JNIM) ifitanye isano na al-Qaeda, hamwe n’abarwanyi ba Tuareg bo mu mutwe wa Azawad Liberation Front (FLA), bashoboye kuhagaba igitero.”

Akomeza avuga ko uyu Minisitiri w’Ingabo “yari muzima kandi ameze neza ahantu hari umutekano.” Ati “Ubwo igitero cyabaga, yimuriwe ahantu hari umutekano, bityo agakomeza kuyobora igisirikare.”

Abantu bitwaje intwaro bateye utundi duce twinshi hirya no hino muri Mali, harimo Bamako, ndetse na Gao na Kidal mu majyaruguru n’umujyi rwagati wa Sevare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

Related Posts

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

by radiotv10
26/04/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yahungishijwe igitaraganya ubwo haraswaga amasasu muri hoteli yaberagamo umusangiro wari wahuje...

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
25/04/2026
0

Umugaba Mukuru wa AFC/M23, Général Major Sultani Makenga yabwiye abayobozi bo mu bice bigenzura n’iri huriro ko ari bo cyerekezo...

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

by radiotv10
24/04/2026
0

Impunzi z’Abanyekongo zari zahungiye mu Burundi ubwo habaga imirwano yasize Ihuriro AFC/M23 rifashe umujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu...

Hemejwe mu buryo budasubirwaho uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin

Hemejwe mu buryo budasubirwaho uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin

by radiotv10
24/04/2026
0

Romuald Wadagni yemejwe ku mugaragaro nk’uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin, nk’uko Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga rwabitangaje. Urwo rukiko...

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

by radiotv10
24/04/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye wa Repubulika y’u Burundi akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare byumwihariko...

IZIHERUKA

Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe
AMAHANGA

Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe

by radiotv10
27/04/2026
0

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

26/04/2026
BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

26/04/2026
U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

25/04/2026
Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

25/04/2026
Skills You Need to Start and Grow a Business

Skills You Need to Start and Grow a Business

25/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.