Guverinoma ya Mali yemeje ko Minisitiri w’Ingabo wa Mali, General Sadio Camara yishwe mu bitero by’imitwe yitwaje intwaro byibasiye iki Gihugu, byagabwe mu bice binyuranye.
Urupfu rwa General Sadio Camara rwemejwe n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Marli, Issa Ousmane Coulibaly, mu itangazo yashyize hanze kuri iki Cyumweru.
Urugo rwa Camara mu mujyi wa Kati rwagabweho igitero ku wa Gatandatu mu bitero byagabwe icyarimwe n’inyeshyamba za al-Qaeda n’iza Tuareg.
Camara yari umuntu ukomeye muri Guverinoma ya gisirikare yafashe ubutegetsi nyuma y’imyigaragambyo y’inyeshyamba mu 2020 na 2021.
Umunyamakuru wa Al Jazeera, Nicolas Haque yagize ati “Yari umwe mu bantu bakomeye mu buyobozi bw’ingabo kandi bamwe bamubonaga nk’umuyobozi w’ejo hazaza wa Mali. Urupfu rwe ni igihombo gikomeye ku ngabo z’igihugu.”
Haque yavuze ko abagabye igitero cyari icy’umwiyahuzi mu modoka ku rugo rwa Camara ruri i Kati, umujyi wa gisirikare urinzwe cyane uri mu bilometero 9 mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’umurwa mukuru, Bamako, aho Perezida w’agateganyo Assimi Goita atuye.
Umugore wa kabiri wa Camara n’abuzukuru be babiri, na bo bishwe mu gitero cyagabwe ku rugo rwe, nk’uko ibiro ntaramakuru bya AFP bibitangaza.
Haque yakomeje agira ati “Kati ifatwa nk’ahantu hari umutekano uhambaye mu Gihugu, nyamara abarwanyi ba Jama’at Nusrat al-Islam wal-Muslimin (JNIM) ifitanye isano na al-Qaeda, hamwe n’abarwanyi ba Tuareg bo mu mutwe wa Azawad Liberation Front (FLA), bashoboye kuhagaba igitero.”
Akomeza avuga ko uyu Minisitiri w’Ingabo “yari muzima kandi ameze neza ahantu hari umutekano.” Ati “Ubwo igitero cyabaga, yimuriwe ahantu hari umutekano, bityo agakomeza kuyobora igisirikare.”
Abantu bitwaje intwaro bateye utundi duce twinshi hirya no hino muri Mali, harimo Bamako, ndetse na Gao na Kidal mu majyaruguru n’umujyi rwagati wa Sevare.
RADIOTV10









