Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umujinya w’umuranduranzuzi Abanye-Congo bafitiye MONUSCO ufitanye isano n’uwo bagaragarije u Rwanda- Umusesenguzi

radiotv10by radiotv10
28/07/2022
in MU RWANDA
0
Umujinya w’umuranduranzuzi Abanye-Congo bafitiye MONUSCO ufitanye isano n’uwo bagaragarije u Rwanda- Umusesenguzi
Share on FacebookShare on Twitter
  • Kuba MONUSCO yava muri DRC bishobora gutanga umurongo wo gukemura ikibazo

Umusesenguzi mu bijyanye na Politiki Mpuzamahanga, avuga ko ibikorwa by’urugomo Abanye-Congo bari gukorera MONUSCO, bifitanye isano n’ibyo baherutse kugaragariza u Rwanda.

Kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru, imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO mu bice bitandukanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafashe indi sura aho abayitabiriye bigabije ibirindiro by’abari muri ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bakabyinjiramo bakanabisahura.

Iyi myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, yaje nyuma yuko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo habaye indi myigaragambyo mu minsi yashize yo kwamagana u Rwanda bashinja gufasha umutwe wa M23.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, Umusesenguzi mu bijyanye na Politiki akaba n’umwarimu wayo muri Kaminuza, Dr. Ismael Buchanan yavuze ko ibi bikorwa by’urugomo biri gukorwa n’Abanye-Congo babikorera MONUSCO bifitanye isano n’ibyabaye mu minsi ishize byo kwamagarana u Rwanda.

Iyi myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, ijya gutangira byari byagarutsweho na Bahati Modeste Lukwebo, Perezida wa Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uherutse kuvuga ko MONUSCO igomba gufata utwangushye ikava muri DRC.

Dr Buchanan uvuga ko iri jambo ry’uyu munyapolitiki risa nk’imbarutso y’iyi myigaragambyo ariko ko izi ngabo ziri mu butumwa bwa UN, ziri kuzizwa kuba zaravuze ko u Rwanda rudafasha umutwe wa M23.

Ati “Ikindi MONUSCO yagaragaje ko ingabo za Congo zidafite imbaraga zo kuba zahashya M23, no kuba MONUSCO yo nta n’icyo ibivugaho ko u Rwanda rufasha M23, wabonaga ko hari aho bihurira nyine.”

Abasesenguzi kandi bemeza umujinya Abanye-Congo baherutse kugirira u Rwanda bakanirara mu mihanda barwamagana, ari wo bahindukije bakawerecyeza kuri MONUSCO.

 

Kuba MONUSCO yava muri DRC byatanga igisubizo?

Abanye-Congo bamagana MONUSCO, bayisaba guhagarika ubutumwa bwayijyanye bwo kubungabunga amahoro n’umutekano mu burasirazuba bwa Congo, kuko kuva yahagera ntacyo yakoze muri ibi byayijyanyeyo.

Dr Buchanan avuga ko kuba MONUSCO yava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwabyo bitatanga umuti w’ikibazo gihari ariko ko hari icyo byamara.

Ati “Kugenda kwayo ntibizabuza ko imitwe iri hariya izakomeza kwica abaturage bari hariya kuko na bo bagize agahenge kuko MONUSCO yari ihari, ibyo ni ibyiza byagiye bigira ariko kuba yagenda na bwo bishobora kugabanya n’ibibazo bimwe byari Bihari by’ubukungu ndetse no kumva ikibazo kigashyira muri benecyo ku buryo cyakemuka mu maguru mashya.”

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yavuze ko ibyo abaturage bari gukorera MONUSCO bishobora gufatwa nk’ibyaha by’intambara, akaba yanasabye Ubutegetsi bwa Congo kugeza imbere y’ubutabera Abanye-Congo bakoze ibi bikorwa by’urugomo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Musanze: Rurageretse hagati y’umuturage n’Akarere ugashinja kumuhombya amamiliyoni menshi

Next Post

Nta mpamvu yo gukomeza kwamagana MONUSCO- Umutegetsi wo muri DRCongo

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara
MU RWANDA

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta mpamvu yo gukomeza kwamagana MONUSCO- Umutegetsi wo muri DRCongo

Nta mpamvu yo gukomeza kwamagana MONUSCO- Umutegetsi wo muri DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.