Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umujinya w’umuranduranzuzi Abanye-Congo bafitiye MONUSCO ufitanye isano n’uwo bagaragarije u Rwanda- Umusesenguzi

radiotv10by radiotv10
28/07/2022
in MU RWANDA
0
Umujinya w’umuranduranzuzi Abanye-Congo bafitiye MONUSCO ufitanye isano n’uwo bagaragarije u Rwanda- Umusesenguzi
Share on FacebookShare on Twitter
  • Kuba MONUSCO yava muri DRC bishobora gutanga umurongo wo gukemura ikibazo

Umusesenguzi mu bijyanye na Politiki Mpuzamahanga, avuga ko ibikorwa by’urugomo Abanye-Congo bari gukorera MONUSCO, bifitanye isano n’ibyo baherutse kugaragariza u Rwanda.

Kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru, imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO mu bice bitandukanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafashe indi sura aho abayitabiriye bigabije ibirindiro by’abari muri ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bakabyinjiramo bakanabisahura.

Iyi myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, yaje nyuma yuko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo habaye indi myigaragambyo mu minsi yashize yo kwamagana u Rwanda bashinja gufasha umutwe wa M23.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, Umusesenguzi mu bijyanye na Politiki akaba n’umwarimu wayo muri Kaminuza, Dr. Ismael Buchanan yavuze ko ibi bikorwa by’urugomo biri gukorwa n’Abanye-Congo babikorera MONUSCO bifitanye isano n’ibyabaye mu minsi ishize byo kwamagarana u Rwanda.

Iyi myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, ijya gutangira byari byagarutsweho na Bahati Modeste Lukwebo, Perezida wa Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uherutse kuvuga ko MONUSCO igomba gufata utwangushye ikava muri DRC.

Dr Buchanan uvuga ko iri jambo ry’uyu munyapolitiki risa nk’imbarutso y’iyi myigaragambyo ariko ko izi ngabo ziri mu butumwa bwa UN, ziri kuzizwa kuba zaravuze ko u Rwanda rudafasha umutwe wa M23.

Ati “Ikindi MONUSCO yagaragaje ko ingabo za Congo zidafite imbaraga zo kuba zahashya M23, no kuba MONUSCO yo nta n’icyo ibivugaho ko u Rwanda rufasha M23, wabonaga ko hari aho bihurira nyine.”

Abasesenguzi kandi bemeza umujinya Abanye-Congo baherutse kugirira u Rwanda bakanirara mu mihanda barwamagana, ari wo bahindukije bakawerecyeza kuri MONUSCO.

 

Kuba MONUSCO yava muri DRC byatanga igisubizo?

Abanye-Congo bamagana MONUSCO, bayisaba guhagarika ubutumwa bwayijyanye bwo kubungabunga amahoro n’umutekano mu burasirazuba bwa Congo, kuko kuva yahagera ntacyo yakoze muri ibi byayijyanyeyo.

Dr Buchanan avuga ko kuba MONUSCO yava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwabyo bitatanga umuti w’ikibazo gihari ariko ko hari icyo byamara.

Ati “Kugenda kwayo ntibizabuza ko imitwe iri hariya izakomeza kwica abaturage bari hariya kuko na bo bagize agahenge kuko MONUSCO yari ihari, ibyo ni ibyiza byagiye bigira ariko kuba yagenda na bwo bishobora kugabanya n’ibibazo bimwe byari Bihari by’ubukungu ndetse no kumva ikibazo kigashyira muri benecyo ku buryo cyakemuka mu maguru mashya.”

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yavuze ko ibyo abaturage bari gukorera MONUSCO bishobora gufatwa nk’ibyaha by’intambara, akaba yanasabye Ubutegetsi bwa Congo kugeza imbere y’ubutabera Abanye-Congo bakoze ibi bikorwa by’urugomo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Musanze: Rurageretse hagati y’umuturage n’Akarere ugashinja kumuhombya amamiliyoni menshi

Next Post

Nta mpamvu yo gukomeza kwamagana MONUSCO- Umutegetsi wo muri DRCongo

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

by radiotv10
21/01/2026
0

Many people focus on how many hours they sleep, but they forget something very important: when they sleep. Sleep timing...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

IZIHERUKA

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika
FOOTBALL

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

21/01/2026
How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta mpamvu yo gukomeza kwamagana MONUSCO- Umutegetsi wo muri DRCongo

Nta mpamvu yo gukomeza kwamagana MONUSCO- Umutegetsi wo muri DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.