• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umujinya w’umuranduranzuzi watumye Abanyekongo bakorera ibidakorwa Sitade yabo

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umujinya w’umuranduranzuzi watumye Abanyekongo bakorera ibidakorwa Sitade yabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bari bagiye kureba umukino wayihuje n’iya Senegal warangiye ikipe yabo itsinzwe ibitego 3-2 nyuma yo kugomborwa ibyo yari yabanje, bagaragaje umujinya w’umuranduranzuzi bakura zimwe mu ntebe zo muri Sitade, barazimenagura.

Ibi byabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Nzeri 2025 ubwo ikipe ya DRC ‘Léopards’ yatsindwaga n’iya Senegal ‘Les Lions de la Teranga’ ibitego 3-2 mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cy’umwaka utaha.

Ni mu gihe Ikipe y’Igihugu ya DRC yari yabanje kwinjiza mu izamu ry’iya Senegal ibitego bibiri (2), byatsinzwe na Cédric Bakambu wayitsindiye icya mbere cyabonetse ku munota wa 25’ ndetse na Yoane Wissa watsinze icya kabiri cyabonetse ku munota wa 32.

Ni mu gihe igitego cya mbere cya Senegal cyabonetse igice cya mbere kigana ku musozo, cyatsinzwe na Pape Gueye wakibonye ku munota wa 39’.

Mu minota itanu ya mbere y’igice cya kabiri cy’umukino, ikipe ya Senegal yasatiriye icyaje iya DRC, ishaka kwishyura igitego, ndetse biza kuyikundira ku munota wa 53’ Nicolas Jackson ayobonera igitego cya kabiri, mu gihe igitego cya gatatu cyatsinzwe ku munota wa 87’ na Pape Matar Sarr.

Uku kwishyurwa no gutsindwa, byazamuye umujinya mu bafana ba ‘Léopards’ ya DRC, babigaragaza ubwo bakuraga intebe zimwe zo muri Stade des Martyrs yabereyemo uyu mukino, ubundi barazimenagura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Bari mu rujijo nyuma yo kujya gukosoza ibyangombwa by’ubutaka bagerayo bagasanga butakitwa ubwabo

Next Post

Ibirambuye ku mpanuka y’urukuta rw’ahubakwa Urugomero rwagwiriye abantu i Nyamasheke

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Ibirambuye ku mpanuka y’urukuta rw’ahubakwa Urugomero rwagwiriye abantu i Nyamasheke

Ibirambuye ku mpanuka y’urukuta rw’ahubakwa Urugomero rwagwiriye abantu i Nyamasheke

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.