Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umujyi wa Kigali uhamya ko abafunga gare saa kumi n’imwe zitaragerabari mu makosa akomeye

radiotv10by radiotv10
04/08/2021
in MU RWANDA
0
Umujyi wa Kigali uhamya ko abafunga gare saa kumi n’imwe zitaragerabari mu makosa akomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagenzi bakunze gutegera imodoka muri zimwe muri gare zo mu mujyi wa Kigali bahangayikishijwe n’uko muri iyi minsi abantu basabwa kuba bageze aho bataha bitarenze saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18h00’) bityo ngo iyo bagiye gufata imodoka basoje akazi basanga izo gare zamaze gufungwa nyamara ngo haba hakiri kare.

Kuva aho Guverinoma y’u Rwanda ifatiye ingamba z’uko buri muntu aba yageze aho ataha bitarenze saa kumi n’ebyiri z’umugoroba mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Virusi ya COVID-19, kuri ubu bamwe mu batuye mu mujyi wa Kigali bahangayikishijwe n’uko iyo basoje akazi saa kumi n’imwe bagiye gutega imodoka zibageza aho bataha basanga bimwe mu bigo abagenzi bategeramo imodoka byamaze gufunga imiryango.

Ni ibintu bavuga ko bibabangamira cyane ko ngo amabwiriza bahawe atagaragaza isaha ntarengwa yo kuba bageze muri gare.

Bamwe mu bagenzi twasanze muri gare ya Remera batugaragarije uburyo iki kibazo babuze uwo bakibaza nyamara ngo nta bwiriza na rimwe muyo bahawe rivuga igihe ibi bigo bifungira imiryango.

Umwe utashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati”Gufunga gare saa kumi kandi amabwiriza avuga ko imirimo ifunga saa kumi n’imwe ni ukuturenganya ibaze ko n’uwabashije kwinjiramo saa cyenda ageza saa kumi n’ebyiri atarataha ubwose ikosa ni irya nde?”

Mugenzi we nawe yagize ati”Urabona nk’ubu iyo dusanze bafunze bidusaba gufata akamoto ibaze moto igera i Kabuga iguca 2000 kandi ubona ukuntu akazi kapfuye! Ubundi se gufunga gare saa kumi iryo tegeko ryanditse hehe? Jye mbona ibi ari abayobozi ba gare babyihaye.”

Image

Gare ya Remera iri mu zifunga saa kumi n’imwe zitaragera

Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali nka bamwe mu bashinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 bavuga ko aho biri gukorwa bagafunga gare mbere ya saa kumi n’imwe  ari amakosa.

Munyandamutsa Jean Paul ni umuyobozi mukuru mu mujyi wa Kigali ushinzwe imiyoborere myiza, yagize ati” Niba hari aho biri gukorwa ni amakosa kubera ko nta muntu wemerewe guhindura imyanzuro ya Guverinoma. Gare zakabaye zifungwa saa kumi n’imwe nk’ibindi bikorwa ariko ubwo turabikurikirana turebe aho biri gukorwa tubikemure.”

Image

Umujyi wa Kigali uhamya ko abafunga gare saa kumi n’imwe zitaragerabari mu makosa akomeye

Kuba izi gare zifungwa mu masaha abantu baba bari gusoza imirimo hari bamwe bavuga ko biterwa ahanini n’uko hari zimwe muri kompanyi zitwarira abagenzi hamwe muri ibi bihe hari amabwiriza yo gutwara abagenzi batarenze 50% by’abantu imodoka isanzwe itwara bityo zifata umwanzuro wo kugabanya imodoka  mu rwego rwo kwirinda ko abantu bakomeza kubabana benshi muri gare bityo bikabahesha isura itari nziza mu nzego zishinzwe kubagenzura.

Inkuru ya: Ntakirutimana Pacifique/RadioTV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − ten =

Previous Post

Umwungeri Patrick yasinye muri Bugesera FC

Next Post

AS Kigali yinjiye mu mwiherero yitegura umwaka w’imikino 2021-2022

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AS Kigali yinjiye mu mwiherero yitegura umwaka w’imikino 2021-2022

AS Kigali yinjiye mu mwiherero yitegura umwaka w’imikino 2021-2022

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.