Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umujyi wa Kigali uhamya ko abafunga gare saa kumi n’imwe zitaragerabari mu makosa akomeye

radiotv10by radiotv10
04/08/2021
in MU RWANDA
0
Umujyi wa Kigali uhamya ko abafunga gare saa kumi n’imwe zitaragerabari mu makosa akomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagenzi bakunze gutegera imodoka muri zimwe muri gare zo mu mujyi wa Kigali bahangayikishijwe n’uko muri iyi minsi abantu basabwa kuba bageze aho bataha bitarenze saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (18h00’) bityo ngo iyo bagiye gufata imodoka basoje akazi basanga izo gare zamaze gufungwa nyamara ngo haba hakiri kare.

Kuva aho Guverinoma y’u Rwanda ifatiye ingamba z’uko buri muntu aba yageze aho ataha bitarenze saa kumi n’ebyiri z’umugoroba mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Virusi ya COVID-19, kuri ubu bamwe mu batuye mu mujyi wa Kigali bahangayikishijwe n’uko iyo basoje akazi saa kumi n’imwe bagiye gutega imodoka zibageza aho bataha basanga bimwe mu bigo abagenzi bategeramo imodoka byamaze gufunga imiryango.

Ni ibintu bavuga ko bibabangamira cyane ko ngo amabwiriza bahawe atagaragaza isaha ntarengwa yo kuba bageze muri gare.

Bamwe mu bagenzi twasanze muri gare ya Remera batugaragarije uburyo iki kibazo babuze uwo bakibaza nyamara ngo nta bwiriza na rimwe muyo bahawe rivuga igihe ibi bigo bifungira imiryango.

Umwe utashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati”Gufunga gare saa kumi kandi amabwiriza avuga ko imirimo ifunga saa kumi n’imwe ni ukuturenganya ibaze ko n’uwabashije kwinjiramo saa cyenda ageza saa kumi n’ebyiri atarataha ubwose ikosa ni irya nde?”

Mugenzi we nawe yagize ati”Urabona nk’ubu iyo dusanze bafunze bidusaba gufata akamoto ibaze moto igera i Kabuga iguca 2000 kandi ubona ukuntu akazi kapfuye! Ubundi se gufunga gare saa kumi iryo tegeko ryanditse hehe? Jye mbona ibi ari abayobozi ba gare babyihaye.”

Image

Gare ya Remera iri mu zifunga saa kumi n’imwe zitaragera

Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali nka bamwe mu bashinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 bavuga ko aho biri gukorwa bagafunga gare mbere ya saa kumi n’imwe  ari amakosa.

Munyandamutsa Jean Paul ni umuyobozi mukuru mu mujyi wa Kigali ushinzwe imiyoborere myiza, yagize ati” Niba hari aho biri gukorwa ni amakosa kubera ko nta muntu wemerewe guhindura imyanzuro ya Guverinoma. Gare zakabaye zifungwa saa kumi n’imwe nk’ibindi bikorwa ariko ubwo turabikurikirana turebe aho biri gukorwa tubikemure.”

Image

Umujyi wa Kigali uhamya ko abafunga gare saa kumi n’imwe zitaragerabari mu makosa akomeye

Kuba izi gare zifungwa mu masaha abantu baba bari gusoza imirimo hari bamwe bavuga ko biterwa ahanini n’uko hari zimwe muri kompanyi zitwarira abagenzi hamwe muri ibi bihe hari amabwiriza yo gutwara abagenzi batarenze 50% by’abantu imodoka isanzwe itwara bityo zifata umwanzuro wo kugabanya imodoka  mu rwego rwo kwirinda ko abantu bakomeza kubabana benshi muri gare bityo bikabahesha isura itari nziza mu nzego zishinzwe kubagenzura.

Inkuru ya: Ntakirutimana Pacifique/RadioTV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + ten =

Previous Post

Umwungeri Patrick yasinye muri Bugesera FC

Next Post

AS Kigali yinjiye mu mwiherero yitegura umwaka w’imikino 2021-2022

Related Posts

Kayonza: Ubuyobozi n’abaturage ntibahuza imvugo ku Ivuriro rivugwaho ko rimaze imyaka itanu ridakora

Kayonza: Ubuyobozi n’abaturage ntibahuza imvugo ku Ivuriro rivugwaho ko rimaze imyaka itanu ridakora

by radiotv10
13/08/2025
0

Abo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko Ikigo cy’Ubuzima cya Rugazi kimaze imyaka itanu kidakora, mu...

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

by radiotv10
13/08/2025
0

In Kigali’s busy streets, motorcycles are everywhere, but few riders have made a name quite like Sadi Bizumuremyi better known...

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko kuva muri 2017 kugeza muri 2024 agaciro k’ibyoherezwa hanze kikubye inshuro icyenda, ndetse ikaba ifite...

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
13/08/2025
0

Dr Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu nzego z’ubuyobozi mu Rwanda zirimo kuba yarabaye Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali akanaba Ambasaderi muri...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
13/08/2025
5

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

IZIHERUKA

Kayonza: Ubuyobozi n’abaturage ntibahuza imvugo ku Ivuriro rivugwaho ko rimaze imyaka itanu ridakora
IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Ubuyobozi n’abaturage ntibahuza imvugo ku Ivuriro rivugwaho ko rimaze imyaka itanu ridakora

by radiotv10
13/08/2025
0

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

13/08/2025
From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

13/08/2025
Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

13/08/2025
Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

13/08/2025
Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AS Kigali yinjiye mu mwiherero yitegura umwaka w’imikino 2021-2022

AS Kigali yinjiye mu mwiherero yitegura umwaka w’imikino 2021-2022

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kayonza: Ubuyobozi n’abaturage ntibahuza imvugo ku Ivuriro rivugwaho ko rimaze imyaka itanu ridakora

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.