Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umujyi wa Kigali washyize igorora abifuza gutanga umusanzu mu gushakira umuti kimwe mu biremereye Abanyakigali

radiotv10by radiotv10
19/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umujyi wa Kigali washyize igorora abifuza gutanga umusanzu mu gushakira umuti kimwe mu biremereye Abanyakigali
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali burahamagarira abashoramari gushora imari mu miturire kugira ngo bahangane n’ikibazo ku batuye muri uyu Mujyi, ndetse ko hari ibibanza by’ubuntu byateganyirijwe abazagaragaza imishinga yatuza Abanyakigali benshi mu buryo buhendutse.

Imibare igaragaza ko mu mwaka wa 2050 Umujyi wa Kigali uzaba utuwe n’abaturage barenga Miliyoni 3,8, hafi ubwikube bwa kabiri bw’abawutuye uyu munsi.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengimana Samuel Leta ikomeje korohereza abashoramari bakwifuza gushora imari yabo mu gushaka amacumbi y’abaturage, ndetse ko hari hegitari 50 muri Kigali z’ubuntu ku mushoramari ufite gahunda yo gushora mu gutuza abantu mu buryo bwiza.

Yagize ati “Mu mujyi wa Kigali dufite ibice dushaka kuzamura bikeneye ishoramari vuba na bwangu, dufite ibibanza bitegereje abashoramari. Niba ufite umushinga, ushaka ubutaka, mbwira nguhe ikibanza vuba turabifite. Turi Leta ifite abaturage mu nshingano zayo kandi twita kuri buri umwe, turashaka gukemura ikibazo cy’imiturire.”

Abashoramari mu bwubatsi na bo bemeza ko hari amahirwe Leta y’ u Rwanda yabashyiririyeho, icyakora bakagaragaza ko ibiciro mu bwubatsi bihanitse, bakabona ko bishora kugira uruhare mu kuzamura ibiciro by’amazu.

Umwe yagize ati “Turacyafite ikibazo cy’ibikoresho bihenze twebwe nk’abubatsi hano mu mujyi wa Kigali ari byo bishobora gutuma n’amacumbi ahenda, kuba Umujyi wa Kigali utanga ubutaka ku giciro cyiza natwe byatubera isoko ryiza.”

Ikigo cya Mr Roof Rwanda LTD gikora serivisi mu gusakara inyubako giherutse guhuriza hamwe ibigo by’ubwubatsi, ahagarutswe ku mbogamizi z’amafaranga n’ibikoresho kuri aba babutsi kugira ngo bubakire abaturage amazu.

Fatima Suleiman uyobora iki kigo, yagize ati “Hari imbogamizi z’amafaranga, haracyari ikibazo cyo kubona ibikoresho by’ubwubatsi mu buryo buhendutse. Iki ni ikibazo cy’abubatsi, nka RSSB irimo kugerageza gukemura mu kugira ibikoresho kugira ngo bazamure uruhererekane rw’ubwubatsi.

Louise Kanyonga, Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize RSSB gikomeje kugira uruhare mu kuzamura ishoramari mu miturire yo mu mujyi wa Kigali, avuga ko barimo gushyira imbaraga mu mikoranire n’ibigo by’ubwubatsi mu ikoranabuhanga kugira ngo amacumbi ahendukire abaturage.

Yagize ati “Tugomba kugira ubufatanye n’abantu bafite udushya n’ikoranabuhanga mu bwubatsi, kuko tugomba kureba uburyo twagabanya ibiciro mu kubaka, kandi ntabwo wabikora udakoresheje ikoranabuhanga.

Yakomeje agira ati “Turimo kuganira n’abafatnyabikorwa bamwe kugira ngo tugirane amasezera tudangire umushinga ariko tukanareba n’ubundi buryo twakorohereza Abanyarwanda kugira ngo babashe na bo kugura amazu.”

Kugeza ubu Hirya no hino mu mujyi wa Kigali hakomeje kubakwa amacumbi ageretse mu rwego rwo kurondereza ubutaka no kurwanya akajagali.

RSSB yamaze gushyira ahagaragara ingengo y’imari ya Miliyari zibarirwa muri 450 mu bwubatsi burimo no kubaka inzu zizaturamo n’abaturage. Ku ikubitiro hagiye kubakwa inzu zigeretse zo guturamo 500 i Batsinda mu Mujyi wa Kigali.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasabye abashoramari kuyishora mu nzu zihendutse
RSSB yizeza ko izakomeza kubishyiramo imbaraga
Bamwe mu bashoramari mu bwubatsi

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Rubavu: Urujijo ku rupfu rw’umusore basanze umurambo we mu muhanda ugeretseho igare

Next Post

Uwa mbere muri Guverinoma ya Congo yeguye rugikubita harakekwa n’icyabimuteye

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

by radiotv10
27/01/2026
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted international philanthropists Bill and Joyce Cummings, along with key actors in...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

27/01/2026
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwa mbere muri Guverinoma ya Congo yeguye rugikubita harakekwa n’icyabimuteye

Uwa mbere muri Guverinoma ya Congo yeguye rugikubita harakekwa n’icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.