Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umujyi wa Kigali washyize igorora abifuza gutanga umusanzu mu gushakira umuti kimwe mu biremereye Abanyakigali

radiotv10by radiotv10
19/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umujyi wa Kigali washyize igorora abifuza gutanga umusanzu mu gushakira umuti kimwe mu biremereye Abanyakigali
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali burahamagarira abashoramari gushora imari mu miturire kugira ngo bahangane n’ikibazo ku batuye muri uyu Mujyi, ndetse ko hari ibibanza by’ubuntu byateganyirijwe abazagaragaza imishinga yatuza Abanyakigali benshi mu buryo buhendutse.

Imibare igaragaza ko mu mwaka wa 2050 Umujyi wa Kigali uzaba utuwe n’abaturage barenga Miliyoni 3,8, hafi ubwikube bwa kabiri bw’abawutuye uyu munsi.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengimana Samuel Leta ikomeje korohereza abashoramari bakwifuza gushora imari yabo mu gushaka amacumbi y’abaturage, ndetse ko hari hegitari 50 muri Kigali z’ubuntu ku mushoramari ufite gahunda yo gushora mu gutuza abantu mu buryo bwiza.

Yagize ati “Mu mujyi wa Kigali dufite ibice dushaka kuzamura bikeneye ishoramari vuba na bwangu, dufite ibibanza bitegereje abashoramari. Niba ufite umushinga, ushaka ubutaka, mbwira nguhe ikibanza vuba turabifite. Turi Leta ifite abaturage mu nshingano zayo kandi twita kuri buri umwe, turashaka gukemura ikibazo cy’imiturire.”

Abashoramari mu bwubatsi na bo bemeza ko hari amahirwe Leta y’ u Rwanda yabashyiririyeho, icyakora bakagaragaza ko ibiciro mu bwubatsi bihanitse, bakabona ko bishora kugira uruhare mu kuzamura ibiciro by’amazu.

Umwe yagize ati “Turacyafite ikibazo cy’ibikoresho bihenze twebwe nk’abubatsi hano mu mujyi wa Kigali ari byo bishobora gutuma n’amacumbi ahenda, kuba Umujyi wa Kigali utanga ubutaka ku giciro cyiza natwe byatubera isoko ryiza.”

Ikigo cya Mr Roof Rwanda LTD gikora serivisi mu gusakara inyubako giherutse guhuriza hamwe ibigo by’ubwubatsi, ahagarutswe ku mbogamizi z’amafaranga n’ibikoresho kuri aba babutsi kugira ngo bubakire abaturage amazu.

Fatima Suleiman uyobora iki kigo, yagize ati “Hari imbogamizi z’amafaranga, haracyari ikibazo cyo kubona ibikoresho by’ubwubatsi mu buryo buhendutse. Iki ni ikibazo cy’abubatsi, nka RSSB irimo kugerageza gukemura mu kugira ibikoresho kugira ngo bazamure uruhererekane rw’ubwubatsi.

Louise Kanyonga, Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize RSSB gikomeje kugira uruhare mu kuzamura ishoramari mu miturire yo mu mujyi wa Kigali, avuga ko barimo gushyira imbaraga mu mikoranire n’ibigo by’ubwubatsi mu ikoranabuhanga kugira ngo amacumbi ahendukire abaturage.

Yagize ati “Tugomba kugira ubufatanye n’abantu bafite udushya n’ikoranabuhanga mu bwubatsi, kuko tugomba kureba uburyo twagabanya ibiciro mu kubaka, kandi ntabwo wabikora udakoresheje ikoranabuhanga.

Yakomeje agira ati “Turimo kuganira n’abafatnyabikorwa bamwe kugira ngo tugirane amasezera tudangire umushinga ariko tukanareba n’ubundi buryo twakorohereza Abanyarwanda kugira ngo babashe na bo kugura amazu.”

Kugeza ubu Hirya no hino mu mujyi wa Kigali hakomeje kubakwa amacumbi ageretse mu rwego rwo kurondereza ubutaka no kurwanya akajagali.

RSSB yamaze gushyira ahagaragara ingengo y’imari ya Miliyari zibarirwa muri 450 mu bwubatsi burimo no kubaka inzu zizaturamo n’abaturage. Ku ikubitiro hagiye kubakwa inzu zigeretse zo guturamo 500 i Batsinda mu Mujyi wa Kigali.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasabye abashoramari kuyishora mu nzu zihendutse
RSSB yizeza ko izakomeza kubishyiramo imbaraga
Bamwe mu bashoramari mu bwubatsi

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Rubavu: Urujijo ku rupfu rw’umusore basanze umurambo we mu muhanda ugeretseho igare

Next Post

Uwa mbere muri Guverinoma ya Congo yeguye rugikubita harakekwa n’icyabimuteye

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwa mbere muri Guverinoma ya Congo yeguye rugikubita harakekwa n’icyabimuteye

Uwa mbere muri Guverinoma ya Congo yeguye rugikubita harakekwa n’icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.