• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umujyi wa Kigali washyize igorora abifuza gutanga umusanzu mu gushakira umuti kimwe mu biremereye Abanyakigali

radiotv10by radiotv10
19/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umujyi wa Kigali washyize igorora abifuza gutanga umusanzu mu gushakira umuti kimwe mu biremereye Abanyakigali
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali burahamagarira abashoramari gushora imari mu miturire kugira ngo bahangane n’ikibazo ku batuye muri uyu Mujyi, ndetse ko hari ibibanza by’ubuntu byateganyirijwe abazagaragaza imishinga yatuza Abanyakigali benshi mu buryo buhendutse.

Imibare igaragaza ko mu mwaka wa 2050 Umujyi wa Kigali uzaba utuwe n’abaturage barenga Miliyoni 3,8, hafi ubwikube bwa kabiri bw’abawutuye uyu munsi.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengimana Samuel Leta ikomeje korohereza abashoramari bakwifuza gushora imari yabo mu gushaka amacumbi y’abaturage, ndetse ko hari hegitari 50 muri Kigali z’ubuntu ku mushoramari ufite gahunda yo gushora mu gutuza abantu mu buryo bwiza.

Yagize ati “Mu mujyi wa Kigali dufite ibice dushaka kuzamura bikeneye ishoramari vuba na bwangu, dufite ibibanza bitegereje abashoramari. Niba ufite umushinga, ushaka ubutaka, mbwira nguhe ikibanza vuba turabifite. Turi Leta ifite abaturage mu nshingano zayo kandi twita kuri buri umwe, turashaka gukemura ikibazo cy’imiturire.”

Abashoramari mu bwubatsi na bo bemeza ko hari amahirwe Leta y’ u Rwanda yabashyiririyeho, icyakora bakagaragaza ko ibiciro mu bwubatsi bihanitse, bakabona ko bishora kugira uruhare mu kuzamura ibiciro by’amazu.

Umwe yagize ati “Turacyafite ikibazo cy’ibikoresho bihenze twebwe nk’abubatsi hano mu mujyi wa Kigali ari byo bishobora gutuma n’amacumbi ahenda, kuba Umujyi wa Kigali utanga ubutaka ku giciro cyiza natwe byatubera isoko ryiza.”

Ikigo cya Mr Roof Rwanda LTD gikora serivisi mu gusakara inyubako giherutse guhuriza hamwe ibigo by’ubwubatsi, ahagarutswe ku mbogamizi z’amafaranga n’ibikoresho kuri aba babutsi kugira ngo bubakire abaturage amazu.

Fatima Suleiman uyobora iki kigo, yagize ati “Hari imbogamizi z’amafaranga, haracyari ikibazo cyo kubona ibikoresho by’ubwubatsi mu buryo buhendutse. Iki ni ikibazo cy’abubatsi, nka RSSB irimo kugerageza gukemura mu kugira ibikoresho kugira ngo bazamure uruhererekane rw’ubwubatsi.

Louise Kanyonga, Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize RSSB gikomeje kugira uruhare mu kuzamura ishoramari mu miturire yo mu mujyi wa Kigali, avuga ko barimo gushyira imbaraga mu mikoranire n’ibigo by’ubwubatsi mu ikoranabuhanga kugira ngo amacumbi ahendukire abaturage.

Yagize ati “Tugomba kugira ubufatanye n’abantu bafite udushya n’ikoranabuhanga mu bwubatsi, kuko tugomba kureba uburyo twagabanya ibiciro mu kubaka, kandi ntabwo wabikora udakoresheje ikoranabuhanga.

Yakomeje agira ati “Turimo kuganira n’abafatnyabikorwa bamwe kugira ngo tugirane amasezera tudangire umushinga ariko tukanareba n’ubundi buryo twakorohereza Abanyarwanda kugira ngo babashe na bo kugura amazu.”

Kugeza ubu Hirya no hino mu mujyi wa Kigali hakomeje kubakwa amacumbi ageretse mu rwego rwo kurondereza ubutaka no kurwanya akajagali.

RSSB yamaze gushyira ahagaragara ingengo y’imari ya Miliyari zibarirwa muri 450 mu bwubatsi burimo no kubaka inzu zizaturamo n’abaturage. Ku ikubitiro hagiye kubakwa inzu zigeretse zo guturamo 500 i Batsinda mu Mujyi wa Kigali.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasabye abashoramari kuyishora mu nzu zihendutse
RSSB yizeza ko izakomeza kubishyiramo imbaraga
Bamwe mu bashoramari mu bwubatsi

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − twelve =

Previous Post

Rubavu: Urujijo ku rupfu rw’umusore basanze umurambo we mu muhanda ugeretseho igare

Next Post

Uwa mbere muri Guverinoma ya Congo yeguye rugikubita harakekwa n’icyabimuteye

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Uwa mbere muri Guverinoma ya Congo yeguye rugikubita harakekwa n’icyabimuteye

Uwa mbere muri Guverinoma ya Congo yeguye rugikubita harakekwa n’icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.