• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umukinnyi wa Filimi Lynda yongeye gushimangira urwo akunda umukunzi we yasimbuje Zaba Missedcall bakanyuzanyijeho

radiotv10by radiotv10
28/08/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Umukinnyi wa Filimi Lynda yongeye gushimangira urwo akunda umukunzi we yasimbuje Zaba Missedcall bakanyuzanyijeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyikazi wa Filimi, Uwankusi Nkusi Lynda wamamaye nka Lynda Priya, yongeye gushimangira urwo akunda umukunzi we mushya, amwifuriza isabukuru nziza mu magambo aryohereye aherekejwe n’amafoto bari mu bihe byiza.

Ni mu butumwa uyu mukinnyikazi wa Filimi yasangije abantu ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, bwo kwifuriza isabukuru nziza umukunzi we Christian Irenge.

Muri ubu butumwa, Lynda yagize ati “Isabukuru nziza ku mufatanyabikorwa wanjye muri byose. Warakoze kuba wowe no kunzanira umunezero udasanzwe mu buzima bwanjye. Inseko yawe ikuraho ibihe bibi byose nagize. Uri ikimenyetso cy’uko abeza bakiriho.”

Lynda kandi uherutse gutangaza ko afitanye umushinga wo kuzarushingana n’uyu musore yihebeye, yongeye kubishimangira muri ubu butumwa bumwifuriza isabukuru nziza.

Yakomeje agira ati “Sinjye uzarota ninjiye mu bihe byo kuzajya twizihizanya amasaburu yose asigaye turi kumwe. Warakoze kumbera uwanjye.”

Lynda usanzwe azwi mu gukina filimi mu Rwanda, yakanyujijeho mu rukundo na mugenzi we na we akaba umukinnyi wa filimi Clinton Niyonkuru uzwi nka Zaba Missed Call, banakunze kugaragara mu dukino dukoze mu buryo bwa filimi babaga bakinnye twagaragazaga urukundo rwabo.

Amakuru avuga ko Lynda n’uyu mukunzi we mushya bamaranye umwaka n’igice bari mu munyenga w’urukundo, ndetse ko bateganya kuzarushingana umwaka utaha, bakibanira nk’umugore n’umugabo.

Lynda yifurije isabukuru nziza umukunzi we yifashishije amafoto agaragaza ko bamaze kwimariranamo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 7 =

Previous Post

Urugendo rwa Nshimiyimana wanyuze mu buzima bwo ku muhanda ubu akaba ari Umupadiri

Next Post

Kuba Meya yahagaritse gushyingura Zigiranyirazo muri Orleans ni ubutwari- CPCR

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Kuba Meya yahagaritse gushyingura Zigiranyirazo muri Orleans ni ubutwari- CPCR

Kuba Meya yahagaritse gushyingura Zigiranyirazo muri Orleans ni ubutwari- CPCR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.