Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umukinnyikazi wa Film yagabiye Min. Bamporiki ahita amubwira uko bita umugabo uhawe Inka n’umugore

radiotv10by radiotv10
10/01/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umukinnyikazi wa Film yagabiye Min. Bamporiki ahita amubwira uko bita umugabo uhawe Inka n’umugore
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon Bamporiki Edouard yagabiwe Inka n’Umukinnyikazi wa Film ukomeye mu Rwanda ahita ahishura ko umugabo wemeye guhabwa Inka n’umugore bamwita Idebe.

Uyu mukinnyikazi wa Fim witwa Isimbi Alliance yagabiye Hon Bamporiki mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje amushimira kuba akomeje gufasha urubyiruko rusanzwe ruri mu bikorwa by’imyidagaduro by’umwihariko abo muri sinema.

Mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga z’abantu  batandukanye, agaragaza Hon Bamporiki ari kuvuga ijambo nyuma yo kugabirwa inka na Isimbi.

Bamporiki akimara kugabirwa na Alliance, yakiriye Inka yamugabiye ahita anahishura uko bita umugabo wemeye inka agabiwe n’umugore.

Yagize ati “Ubundi iyo ari umugabo ukugabiye witwa umugaragu, ariko iyo ari umugore ukugabiye inka] ukayemera witwa idebe, ubu ndi idebe ryawe.”

Ngo ngwiki??? Umusaza akaba abaye IDEBE koko noneho rw’ uyu mwali?.. #RwOT muzagire I cyumweru gipyagara.. pic.twitter.com/D1lzmZlPzQ

— Samuel Baker BYANSI (@SamuelBaker_B) January 9, 2022

Akimara kuvuga ibi, Isimbi Alliance yahise aseka cyane asimbuka bigaragara ko yishimiye uburyo Minisitiri Bamporiki yemeye guca bugufi akakira Inka ye ndetse n’uburyo yakiranye iyo nka ubwuzu.

Isimbi Alliance ukomeje kubaka izina muri sinema nyarwanda akaba anamaze iminsi ashyira hanze film yakoze, yatangaje ko yagabiye Bamporiki bimuvuye ku mutima kubera uburyo uyu muyobozi mu nzego nkuru adahwema gutera ingabo mu bitugu abakora sinema.

Bamporiki ni umwe mu bazwi mu ruganda rwa sinema aho hari film yanditse ndetse hakaba n’izo yakinnyemo.

Isimbi avuga ko kuba Bamporiki yarahawe inshingano zikomeye kandi yari asanzwe muri uru ruganda rwa sinema akanakomeza gushyigikira abarurimo nabo biri mu byamuteye kumva ko akwiye kumuha ishimwe.

Ati “Kuba rero yaragiriwe icyizere avuye mu bakora uyu mwuga kandi akaba akomeje kuduhagararira neza, ni ibihesha ishema abakora sinema mu Rwanda, njye rero nk’umwe muri abo namushimiye.”

Uyu mukinnyikazi wa Film kandi ashimira Hon Bamporiki kuba akomeje kubera urugero urubyiruko rwinshi ndetse akaba adahwema kuruha inyigisho zarufasha kugana aheza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 10 =

Previous Post

AFCON2021: Cameroun yatangiye ibona amanota atatu mu gihe Ethiopia ihagarariye ibihugu byo muri CECAFA yatangiye nabi

Next Post

APR ibaye ikipe ya mbere igiye gusubukura imyitozo

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
APR ibaye ikipe ya mbere igiye gusubukura imyitozo

APR ibaye ikipe ya mbere igiye gusubukura imyitozo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.