Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umukinnyikazi wa Film yagabiye Min. Bamporiki ahita amubwira uko bita umugabo uhawe Inka n’umugore

radiotv10by radiotv10
10/01/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umukinnyikazi wa Film yagabiye Min. Bamporiki ahita amubwira uko bita umugabo uhawe Inka n’umugore
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon Bamporiki Edouard yagabiwe Inka n’Umukinnyikazi wa Film ukomeye mu Rwanda ahita ahishura ko umugabo wemeye guhabwa Inka n’umugore bamwita Idebe.

Uyu mukinnyikazi wa Fim witwa Isimbi Alliance yagabiye Hon Bamporiki mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje amushimira kuba akomeje gufasha urubyiruko rusanzwe ruri mu bikorwa by’imyidagaduro by’umwihariko abo muri sinema.

Mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga z’abantu  batandukanye, agaragaza Hon Bamporiki ari kuvuga ijambo nyuma yo kugabirwa inka na Isimbi.

Bamporiki akimara kugabirwa na Alliance, yakiriye Inka yamugabiye ahita anahishura uko bita umugabo wemeye inka agabiwe n’umugore.

Yagize ati “Ubundi iyo ari umugabo ukugabiye witwa umugaragu, ariko iyo ari umugore ukugabiye inka] ukayemera witwa idebe, ubu ndi idebe ryawe.”

Ngo ngwiki??? Umusaza akaba abaye IDEBE koko noneho rw’ uyu mwali?.. #RwOT muzagire I cyumweru gipyagara.. pic.twitter.com/D1lzmZlPzQ

— Samuel Baker BYANSI (@SamuelBaker_B) January 9, 2022

Akimara kuvuga ibi, Isimbi Alliance yahise aseka cyane asimbuka bigaragara ko yishimiye uburyo Minisitiri Bamporiki yemeye guca bugufi akakira Inka ye ndetse n’uburyo yakiranye iyo nka ubwuzu.

Isimbi Alliance ukomeje kubaka izina muri sinema nyarwanda akaba anamaze iminsi ashyira hanze film yakoze, yatangaje ko yagabiye Bamporiki bimuvuye ku mutima kubera uburyo uyu muyobozi mu nzego nkuru adahwema gutera ingabo mu bitugu abakora sinema.

Bamporiki ni umwe mu bazwi mu ruganda rwa sinema aho hari film yanditse ndetse hakaba n’izo yakinnyemo.

Isimbi avuga ko kuba Bamporiki yarahawe inshingano zikomeye kandi yari asanzwe muri uru ruganda rwa sinema akanakomeza gushyigikira abarurimo nabo biri mu byamuteye kumva ko akwiye kumuha ishimwe.

Ati “Kuba rero yaragiriwe icyizere avuye mu bakora uyu mwuga kandi akaba akomeje kuduhagararira neza, ni ibihesha ishema abakora sinema mu Rwanda, njye rero nk’umwe muri abo namushimiye.”

Uyu mukinnyikazi wa Film kandi ashimira Hon Bamporiki kuba akomeje kubera urugero urubyiruko rwinshi ndetse akaba adahwema kuruha inyigisho zarufasha kugana aheza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 14 =

Previous Post

AFCON2021: Cameroun yatangiye ibona amanota atatu mu gihe Ethiopia ihagarariye ibihugu byo muri CECAFA yatangiye nabi

Next Post

APR ibaye ikipe ya mbere igiye gusubukura imyitozo

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko ruhanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie kubihagarika, yemeza ko kuri...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
APR ibaye ikipe ya mbere igiye gusubukura imyitozo

APR ibaye ikipe ya mbere igiye gusubukura imyitozo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.