Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umukoro wahawe urubyiruko ruba mu mahanga wumvikanamo inkuru nziza ku ruba mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
11/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Umukoro wahawe urubyiruko ruba mu mahanga wumvikanamo inkuru nziza ku ruba mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Urubyiruko isaba urubyiruko rw’u Rwanda ruba mu mahanga kuyifasha guhangana n’ubushomeri bwugarije bagenzi babo baba mu Rwanda, mu gihe rwo ruvuga ko uyu mukoro utoroshye, ariko ko bagiye kubishyira mu byo bagomba gukora.

Abasore n’inkumi 65 bavuye mu Bihugu 13 byo ku Migabane itandukanye y’Isi; bari i Kigali mu gikorwa cyo gusobanurirwa amateka y’Igihugu cyabo, barimo abakigezemo ku nshuro ya mbere.

Ambasaderi Guillaume Kavaruganda, Umuyobozi Mukuru ushinzwe u Burayi, Amarika n’Imiryango Mpuzamahanga muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga; yabasabye kuza kubaka igihugu cyabo.

Yagize ati “Ibihugu by’amahanga biratwakira kuko nitwe twijyana ntabwo baba baduhamagaye, ariko bahora bibaza ngo uzataha ryari? Hari n’ubwo bakubaza ngo harya wowe uturuka hehe? Ukavuga ngo njyewe ndi Umubiligi, Umuholandi, Umunya-Canada, Umunyamerika,…ariko kubera uruhu rwawe bakakubaza ngo inkomoko yawe ni iyihe? […] ukabona n’abantu bo muri Aziya batangiye kukubaza ngo uzataha ryari? Iyo uturuka mu Gihugu gikennye abantu bakubonamo ibibazo kuruta ibisubizo.”

Yakomeje agira ati “Mudufashe tuzamure u Rwanda, noneho tujye tugenda ahantu hose bifuza ko tubagenderera batatubonamo ibibazo.”

Minisitiri w’Urubyiruko Dr. Abdallah Utumatwishima yagejeje kuri uru rubyiruko ikibazo gikomereye rugenzi rwarwo ruba mu Rwanda.

Yavuze ko abanyarwanda 27,1 % ari urubyiruko, ni ukuvuga ko bagera muri Miliyoni enye, kandi 29% y’aba bose, bakaba batagira akazi.

Yagize ati “Urugero rw’ubushomeri ruri hejuru. Inshingano dufite nka Minisiteri y’Urubyiruko ni ukubashakira akazi hano, ariko ikibazo mfite kinakomeye ni uko umubare munini wabo udafite amashuri menshi, ahubwo barangije amashuri abanza yonyine.”

Yavuze kandi ko 3% y’uru rubyiruko ari bo barangije kaminuza. ati “Nyamara mfite umukoro wo kubashakira imirimo bose, murumva ko bisaba gutekereza cyane.”

Yakomeje asaba uru rubyiruko ati “Niba ufite igitekerezo ku giti cyawe, cyangwa mukakigira nk’itsinda; uzatubwire twiteguye no kugusanga aho uri kugira ngo tugire icyo dufasha uru rubyiruko rwacu. Ariko urubyiruko mvuga ni urwa hano n’uruva mu mahanga, kuko hari n’Abanyarwanda barangiza amashuri mu mahanga bakagwa muri icyo cyiciro.”

Kuri iyo ngingo; uru rubyiruko rwatubwiye ko bagiye kurushaho gushyira imbaraga mu bikorwa bishobora kuva imahanga bije guhanga imirimo kuri urwo rubyiruko rwugarijwe n’ubushomeri.

Kenedy Bizimana uri mu bayobora urubyiruko rw’u Rwanda ruba mu Bubiligi, yavuze ko bagenzi be baramutse bashyizemo imbaraga, hari icyo bakora.

Yagize ati “Aba bose ubona hano nta n’umwe utiga muri kaminuza, harimo n’abayirangije bari mu kazi. Abo baramutse baje bagashinga ibikorwa by’ubucuruzi mu Rwanda; byatanga akazi ku bashomeri. Uwo ni umusanzu ku iterambere ry’Igihugu. Ikindi dushaka ni uko buri muntu ukorera ikigo mu mahanga yagerayo agatangira kujya ababwira u Rwanda, akabasaba gushora imari mu Rwanda, kandi twizeye ko bishoboka. Ibyo bigo nibishora imari mu Rwanda bizatanga imirimo ku rubyiruko.”

Urwego rureberera urubyiruko ruvuga ko rwizeye ubushobozi bw’aba Banyarwanda baba mu mahanga, icyakora ngo hari abava mu Rwanda bagiye kuminuza amasomo ya siyansi; bakagaruka ari inzobere mu kunywa ibiyobyabwenge, bikarangarira umusanzu bari bategerejweho mu kubaka Igihugu utaboneka ahubwo bakaba umutwaro ku Gihugu, bityo ko bakwiye guhaha imico myiza n’ubumenyi, ibibi bakabyanga.

Minisitri w’Urubyiruko yahaye umukoro uru rubyiruko

Na rwo rwiyemeje kugira icyo rukora

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 2 =

Previous Post

Ibyabaye kuri Padiri wari wagiye kugira uko yigenza muri Lodge biri kuvugisha benshi

Next Post

Inkuru y’akababaro ku musirikare w’u Rwanda wari mu butumwa muri Centrafrique

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’akababaro ku musirikare w’u Rwanda wari mu butumwa muri Centrafrique

Inkuru y’akababaro ku musirikare w’u Rwanda wari mu butumwa muri Centrafrique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.