Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umukoro wahawe urubyiruko ruba mu mahanga wumvikanamo inkuru nziza ku ruba mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
11/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Umukoro wahawe urubyiruko ruba mu mahanga wumvikanamo inkuru nziza ku ruba mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Urubyiruko isaba urubyiruko rw’u Rwanda ruba mu mahanga kuyifasha guhangana n’ubushomeri bwugarije bagenzi babo baba mu Rwanda, mu gihe rwo ruvuga ko uyu mukoro utoroshye, ariko ko bagiye kubishyira mu byo bagomba gukora.

Abasore n’inkumi 65 bavuye mu Bihugu 13 byo ku Migabane itandukanye y’Isi; bari i Kigali mu gikorwa cyo gusobanurirwa amateka y’Igihugu cyabo, barimo abakigezemo ku nshuro ya mbere.

Ambasaderi Guillaume Kavaruganda, Umuyobozi Mukuru ushinzwe u Burayi, Amarika n’Imiryango Mpuzamahanga muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga; yabasabye kuza kubaka igihugu cyabo.

Yagize ati “Ibihugu by’amahanga biratwakira kuko nitwe twijyana ntabwo baba baduhamagaye, ariko bahora bibaza ngo uzataha ryari? Hari n’ubwo bakubaza ngo harya wowe uturuka hehe? Ukavuga ngo njyewe ndi Umubiligi, Umuholandi, Umunya-Canada, Umunyamerika,…ariko kubera uruhu rwawe bakakubaza ngo inkomoko yawe ni iyihe? […] ukabona n’abantu bo muri Aziya batangiye kukubaza ngo uzataha ryari? Iyo uturuka mu Gihugu gikennye abantu bakubonamo ibibazo kuruta ibisubizo.”

Yakomeje agira ati “Mudufashe tuzamure u Rwanda, noneho tujye tugenda ahantu hose bifuza ko tubagenderera batatubonamo ibibazo.”

Minisitiri w’Urubyiruko Dr. Abdallah Utumatwishima yagejeje kuri uru rubyiruko ikibazo gikomereye rugenzi rwarwo ruba mu Rwanda.

Yavuze ko abanyarwanda 27,1 % ari urubyiruko, ni ukuvuga ko bagera muri Miliyoni enye, kandi 29% y’aba bose, bakaba batagira akazi.

Yagize ati “Urugero rw’ubushomeri ruri hejuru. Inshingano dufite nka Minisiteri y’Urubyiruko ni ukubashakira akazi hano, ariko ikibazo mfite kinakomeye ni uko umubare munini wabo udafite amashuri menshi, ahubwo barangije amashuri abanza yonyine.”

Yavuze kandi ko 3% y’uru rubyiruko ari bo barangije kaminuza. ati “Nyamara mfite umukoro wo kubashakira imirimo bose, murumva ko bisaba gutekereza cyane.”

Yakomeje asaba uru rubyiruko ati “Niba ufite igitekerezo ku giti cyawe, cyangwa mukakigira nk’itsinda; uzatubwire twiteguye no kugusanga aho uri kugira ngo tugire icyo dufasha uru rubyiruko rwacu. Ariko urubyiruko mvuga ni urwa hano n’uruva mu mahanga, kuko hari n’Abanyarwanda barangiza amashuri mu mahanga bakagwa muri icyo cyiciro.”

Kuri iyo ngingo; uru rubyiruko rwatubwiye ko bagiye kurushaho gushyira imbaraga mu bikorwa bishobora kuva imahanga bije guhanga imirimo kuri urwo rubyiruko rwugarijwe n’ubushomeri.

Kenedy Bizimana uri mu bayobora urubyiruko rw’u Rwanda ruba mu Bubiligi, yavuze ko bagenzi be baramutse bashyizemo imbaraga, hari icyo bakora.

Yagize ati “Aba bose ubona hano nta n’umwe utiga muri kaminuza, harimo n’abayirangije bari mu kazi. Abo baramutse baje bagashinga ibikorwa by’ubucuruzi mu Rwanda; byatanga akazi ku bashomeri. Uwo ni umusanzu ku iterambere ry’Igihugu. Ikindi dushaka ni uko buri muntu ukorera ikigo mu mahanga yagerayo agatangira kujya ababwira u Rwanda, akabasaba gushora imari mu Rwanda, kandi twizeye ko bishoboka. Ibyo bigo nibishora imari mu Rwanda bizatanga imirimo ku rubyiruko.”

Urwego rureberera urubyiruko ruvuga ko rwizeye ubushobozi bw’aba Banyarwanda baba mu mahanga, icyakora ngo hari abava mu Rwanda bagiye kuminuza amasomo ya siyansi; bakagaruka ari inzobere mu kunywa ibiyobyabwenge, bikarangarira umusanzu bari bategerejweho mu kubaka Igihugu utaboneka ahubwo bakaba umutwaro ku Gihugu, bityo ko bakwiye guhaha imico myiza n’ubumenyi, ibibi bakabyanga.

Minisitri w’Urubyiruko yahaye umukoro uru rubyiruko

Na rwo rwiyemeje kugira icyo rukora

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − eleven =

Previous Post

Ibyabaye kuri Padiri wari wagiye kugira uko yigenza muri Lodge biri kuvugisha benshi

Next Post

Inkuru y’akababaro ku musirikare w’u Rwanda wari mu butumwa muri Centrafrique

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’akababaro ku musirikare w’u Rwanda wari mu butumwa muri Centrafrique

Inkuru y’akababaro ku musirikare w’u Rwanda wari mu butumwa muri Centrafrique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.