Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umukoro wahawe urubyiruko ruba mu mahanga wumvikanamo inkuru nziza ku ruba mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
11/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Umukoro wahawe urubyiruko ruba mu mahanga wumvikanamo inkuru nziza ku ruba mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Urubyiruko isaba urubyiruko rw’u Rwanda ruba mu mahanga kuyifasha guhangana n’ubushomeri bwugarije bagenzi babo baba mu Rwanda, mu gihe rwo ruvuga ko uyu mukoro utoroshye, ariko ko bagiye kubishyira mu byo bagomba gukora.

Abasore n’inkumi 65 bavuye mu Bihugu 13 byo ku Migabane itandukanye y’Isi; bari i Kigali mu gikorwa cyo gusobanurirwa amateka y’Igihugu cyabo, barimo abakigezemo ku nshuro ya mbere.

Ambasaderi Guillaume Kavaruganda, Umuyobozi Mukuru ushinzwe u Burayi, Amarika n’Imiryango Mpuzamahanga muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga; yabasabye kuza kubaka igihugu cyabo.

Yagize ati “Ibihugu by’amahanga biratwakira kuko nitwe twijyana ntabwo baba baduhamagaye, ariko bahora bibaza ngo uzataha ryari? Hari n’ubwo bakubaza ngo harya wowe uturuka hehe? Ukavuga ngo njyewe ndi Umubiligi, Umuholandi, Umunya-Canada, Umunyamerika,…ariko kubera uruhu rwawe bakakubaza ngo inkomoko yawe ni iyihe? […] ukabona n’abantu bo muri Aziya batangiye kukubaza ngo uzataha ryari? Iyo uturuka mu Gihugu gikennye abantu bakubonamo ibibazo kuruta ibisubizo.”

Yakomeje agira ati “Mudufashe tuzamure u Rwanda, noneho tujye tugenda ahantu hose bifuza ko tubagenderera batatubonamo ibibazo.”

Minisitiri w’Urubyiruko Dr. Abdallah Utumatwishima yagejeje kuri uru rubyiruko ikibazo gikomereye rugenzi rwarwo ruba mu Rwanda.

Yavuze ko abanyarwanda 27,1 % ari urubyiruko, ni ukuvuga ko bagera muri Miliyoni enye, kandi 29% y’aba bose, bakaba batagira akazi.

Yagize ati “Urugero rw’ubushomeri ruri hejuru. Inshingano dufite nka Minisiteri y’Urubyiruko ni ukubashakira akazi hano, ariko ikibazo mfite kinakomeye ni uko umubare munini wabo udafite amashuri menshi, ahubwo barangije amashuri abanza yonyine.”

Yavuze kandi ko 3% y’uru rubyiruko ari bo barangije kaminuza. ati “Nyamara mfite umukoro wo kubashakira imirimo bose, murumva ko bisaba gutekereza cyane.”

Yakomeje asaba uru rubyiruko ati “Niba ufite igitekerezo ku giti cyawe, cyangwa mukakigira nk’itsinda; uzatubwire twiteguye no kugusanga aho uri kugira ngo tugire icyo dufasha uru rubyiruko rwacu. Ariko urubyiruko mvuga ni urwa hano n’uruva mu mahanga, kuko hari n’Abanyarwanda barangiza amashuri mu mahanga bakagwa muri icyo cyiciro.”

Kuri iyo ngingo; uru rubyiruko rwatubwiye ko bagiye kurushaho gushyira imbaraga mu bikorwa bishobora kuva imahanga bije guhanga imirimo kuri urwo rubyiruko rwugarijwe n’ubushomeri.

Kenedy Bizimana uri mu bayobora urubyiruko rw’u Rwanda ruba mu Bubiligi, yavuze ko bagenzi be baramutse bashyizemo imbaraga, hari icyo bakora.

Yagize ati “Aba bose ubona hano nta n’umwe utiga muri kaminuza, harimo n’abayirangije bari mu kazi. Abo baramutse baje bagashinga ibikorwa by’ubucuruzi mu Rwanda; byatanga akazi ku bashomeri. Uwo ni umusanzu ku iterambere ry’Igihugu. Ikindi dushaka ni uko buri muntu ukorera ikigo mu mahanga yagerayo agatangira kujya ababwira u Rwanda, akabasaba gushora imari mu Rwanda, kandi twizeye ko bishoboka. Ibyo bigo nibishora imari mu Rwanda bizatanga imirimo ku rubyiruko.”

Urwego rureberera urubyiruko ruvuga ko rwizeye ubushobozi bw’aba Banyarwanda baba mu mahanga, icyakora ngo hari abava mu Rwanda bagiye kuminuza amasomo ya siyansi; bakagaruka ari inzobere mu kunywa ibiyobyabwenge, bikarangarira umusanzu bari bategerejweho mu kubaka Igihugu utaboneka ahubwo bakaba umutwaro ku Gihugu, bityo ko bakwiye guhaha imico myiza n’ubumenyi, ibibi bakabyanga.

Minisitri w’Urubyiruko yahaye umukoro uru rubyiruko

Na rwo rwiyemeje kugira icyo rukora

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Ibyabaye kuri Padiri wari wagiye kugira uko yigenza muri Lodge biri kuvugisha benshi

Next Post

Inkuru y’akababaro ku musirikare w’u Rwanda wari mu butumwa muri Centrafrique

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’akababaro ku musirikare w’u Rwanda wari mu butumwa muri Centrafrique

Inkuru y’akababaro ku musirikare w’u Rwanda wari mu butumwa muri Centrafrique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.