Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukuru w’Ingabo za Mozambique yavuze ko kuva RDF yagera CaboDelgado hahindutse byinshi

radiotv10by radiotv10
14/09/2022
in MU RWANDA
0
Umukuru w’Ingabo za Mozambique yavuze ko kuva RDF yagera CaboDelgado hahindutse byinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo guhashya ibyehebe mu Ntara ya Cabo Delgado, avuga ko kuva zaza muri ubu butumwa, hagaragaye intambwe ishimishije mu kugarura amahoro.

Admiral Joaquim Mangrasse, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, yasuye ingabo z’u Rwanda ziri mu gace ka Mocimbao da Praia muri iyi Ntara ya Cabo Delgado, kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Nzeri 2022.

Admiral Joaquim Mangrasse yaboneyeho gushima uruhare ingabo z’u Rwanda zagize mu bikorwa byo kugarura amahoro muri ibi bice byari byarayogojwe n’ibyihebe.

Yavuze ko kuva umwaka ushize ubwo Ingabo z’u Rwanda zoherezwaga muri ubu butumwa bwo kurwanya ibyihebe, hamaze kugaragara intambwe ishimishije mu kugarura amahoro.

Yanashimiye kandi imikoranire hagati y’inzego z’umutekano z’u Rwanda n’iza Mozambique muri ibi bikorwa bikomeje gutuma abaturage ibihumbi n’ibihumbi bari baravuye mu byabo, babisubiramo.

Admiral Joaquim Mangrasse yasuye Ingabo z’u Rwana ziri muri Mozambique mu butumwa bwo kugarura amahoro nyuma y’amasaha macye, Abakuru b’Ibihugu byombi; Paul Kagame na Filipe Nyusi bagiranye ibiganiro.

Perezida Kagame na Nyusi bahuriye muri Kenya ku mugoroba wo ku wa Mbere

Ni ibiganiro byabereye i Nairobi muri Kenya ku wa Mbere tariki 12 Nzeri ubwo bahuriragayo bitabiriye umuhango w’irahira rya mugenzi wabo William Ruto, wabaye kuri uyu wa Kabiri.

Perezida Kagame na Nyusi baganiriye ku buryo bakomeza kongerera ingufu imikoranire iri hagati y’Ibihugu byombi; u Rwanda na Mozambique.

Yavuze ko kuva RDF yaza muri Mozambique hamaze kugaragara intambwe ishimishije
Yabashimiye uruhare rukomeye bakomeje kugira
Yashimye umusaruro w’ubufatanye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + eight =

Previous Post

Kinshasa: Umusirikare wa FARDC uzongera kugaragara acaracara adafite uruhushya kazajya kamubaho

Next Post

Bucyibaruta wakatiwe imyaka 20 n’Urukiko rwo mu Bufaransa yarekuwe nyuma y’amezi 2

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bucyibaruta wakatiwe imyaka 20 n’Urukiko rwo mu Bufaransa yarekuwe nyuma y’amezi 2

Bucyibaruta wakatiwe imyaka 20 n’Urukiko rwo mu Bufaransa yarekuwe nyuma y’amezi 2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.