Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umunsi mpuzamahanga wo gusomana: Bivura amavunane,…-Icyo inzobere zibivugaho

radiotv10by radiotv10
06/07/2022
in IMYIDAGADURO, UDUSHYA, UDUSHYA
0
Umunsi mpuzamahanga wo gusomana: Bivura amavunane,…-Icyo inzobere zibivugaho

Ibyo inzobere mu gusomana zitangaza

Share on FacebookShare on Twitter

Tariki ya 06 Nyakanga buri mwaka abantu ku isi bizihiza umunsi mpuzamahanga wo gusomana, igikorwa inzobere zivuga ko ari ingenzi mu buzima.

Ni umunsi wizihijwe bwa mbere mu Bwongereza ahagana mu myaka ya 1960 uza gukwirakwira mu bindi bihugu mu myaka ya 2000.

Mu myaka ishize, Andrea Demirjian inzobere mu gosomana akaba n’umwanditsi w’igitabo “Kissing: Everything You Ever Wanted to Know About One of Life’s Sweetest Pleasures” avuga ko uyu munsi ari ingenzi mu buzima.

Madamu Demirjian wo muri Bahamas yavuze ko abawushyizeho babonye ko “gusomana ari ikintu cyiza cyo gukora, no kugira ngo abantu bumve icyo gusomana bivuze.”

Demirjian avuga ko amoko yo gusomana ari:

  • Gusoma umuntu ku itama umuramutsa
  • Gusoma umuntu ku munwa ukojejeho akanya gato
  • Gusoma umuntu ku kiganza umuramutsa umwishimiye
  • Gusomana byimbitse mugahuza indimi bigatinda

Ni iki gituma gusomana biba byiza?

Andrea Demirjian yavuze ko uko umuntu yitwaye mbere yabyo ari ingenzi, hamwe n’utumenyetso dutoya umuntu yakoresha umubiri we mbere yabyo.

Ati “Ariko kuba ufite umwuka mwiza ni ibintu by’ingenzi cyane, icyo gituma abantu babiri basomana bagira ibihe byiza.”

Avuga ko gusomana byagiye bihinduka uko ibihe byagiye bisimburana, bikava ku gusomana ku kiganza abantu baramukanya, bikagera aho bigeze ubu.

Gusomana bimaze iki?

Inzobere mu buzima zivuga ko gusoma umukunzi wawe umunota umwe bituma utwika ibinure bingana na calories 26, zivuga kandi ko hari ubushakashatsi bwerekanye ko gusomana birinda umujagararo (stress) bigatera ubuzima bwiza.

Demirjian ati “Gusoma umwana uri umubyeyi we, gusoma inshuti yawe…ni ikintu gituma umuntu yumva ameze neza, umuntu yumva akunzwe, yumva yitaweho, yumva adasanzwe…

Niba rero ikintu cyoroshye nko gusoma umuntu bituma yumva ameze neza kandi nta kiguzi na kimwe bisaba, ndavuga nti ‘tanga ku rukundo mu gusomana’.”

Ushobora gusoma umuntu wese?

Demirjian ati “Yego, nta muntu wanga gusomwa, nta muntu wanga gukundwa, wasoma umuntu wese ariko ugashyiramo icyubahiro.

Ntabwo wasimbukira umuntu witambukira wese ngo umusome, ushobora no kumutera ubwoba.”

Kuri uyu munsi wo gusomana nawe ntutangwe, gusa ukore ibyo ushoboye bibereye mwembi cyangwa uwo ushaka gusoma.

Niba ushaka no guca umuhigo, wamenya ko abafite uwanditswe na Guiness World of Records ari Ekkachai Tiranarat na Laksana Tiranarat bo muri Thailand. Mu 2013 bamaze amasaha 58, iminota 35 n’amasegona 58 basomana byimbitse badakuraho!!

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Perezida Kagame na we yageze muri Angola kuganira na Tshisekedi

Next Post

Igisirikare cya Uganda kitandukanyije n’ibyatangajwe na Muhoozi byatumye abarimo Gen.Kabarebe bashinjwa ibirego bikomeye

Related Posts

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

by radiotv10
09/12/2025
0

In Kigali today, many young people are rewriting what it means to work, hustle, and build a future. The city...

IZIHERUKA

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance
IMIBEREHO MYIZA

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

12/12/2025
Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cya Uganda kitandukanyije n’ibyatangajwe na Muhoozi byatumye abarimo Gen.Kabarebe bashinjwa ibirego bikomeye

Igisirikare cya Uganda kitandukanyije n’ibyatangajwe na Muhoozi byatumye abarimo Gen.Kabarebe bashinjwa ibirego bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Does family money shape your future? The truth behind wealth inheritance

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.