Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunsi wo gutangiriraho ibiganiro hagati ya M23 na Guverinoma ya Congo wamenyekanye

radiotv10by radiotv10
13/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umunsi wo gutangiriraho ibiganiro hagati ya M23 na Guverinoma ya Congo wamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Angola, byatangaje umunsi wo gutangiriraho ibiganiro by’imishyikirano hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23.

Ni nyuma y’amasaha macye n’ubundi Perezidansi ya Repubulika ya Angola itangaje ko mu gihe cya vuba Guverinoma ya DRC izatangira kugirana ibiganiro n’umutwe wa M23.

Ni ibiganiro byatangajwe nyuma yuko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi agiriye uruzinduko i Luanda muri Angola.

Nyuma yuko Perezidansi ya Angola itangaje ibi biganiro, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC, ntibyagize byinshi bibivuga, uretse kuba Umuvugizi wa Tshisekedi, Tina Salama, yanditse ubutumwa kuri X, avuga ko “Ibiganiro na M23: Twamenye kandi dutegereje kureba ishyirwa mu bikorwa ry’uru rugendo rw’ubuhuza bwa Angola.”

Mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Werurwe 2025, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Angola, byatangaje ko “nyuma y’akazi gakomeye k’ubuhuza bwa Angola mu makimbirane ari kuba mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Guverinoma ya Angola iratangaza ko intumwa za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na M23 zizatangira ibiganiro bitaziguye by’imishyikirano y’amahoro, tariki 18 Werurwe mu Mujyi wa Luanda.”

Ni ibiganiro bije bikurikira intambwe yari ikomeje guterwa n’umutwe wa M23 mu rugamba uhanganyemo n’igisirikare cya Congo (FARDC) gifatanyije n’izindi mpande kiyambaje, zirimo umutwe w’abajenosideri wa FDLR bakorana bya hafi, Ingabo z’u Burundi, iza SADC, umutwe wa Wazalendo ndetse n’abacancuro b’Abanyaburayi.

Ni nyuma yuko umutwe wa M23 ufashe umujyi wa Goma ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu ya Ruguru, kimwe n’uwa Bukavu na wo usanzwe ari nk’Umurwa Mukuru wa Kivu y’Epfo.

Ubwo uyu mutwe wafataga Umujyi wa Goma, mu kiganiro ubuyobozi bw’iri Huriro, AFC/M23 bwagiranye n’itangazamakuru, Umuhuzabikorwa waryo, Corneille Nangaa yatangaje ko bazakomeza urugamba bakagera i Kinshasa gukuraho ubutegetsi buriho burangajwe imbere na Perezida Felix Tshisekedi wari waranze ibiganiro, ubu akaba yemeye kuva ku izima.

U Rwanda nk’Igihugu cyazamuwe muri ibi bibazo bitewe no kuba byararugizeho ingaruka, rwavuze ko rutatunguwe no kuba ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwisubiyeho bukemera ibiganiro bwakunze gutera umugongo.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko aho ibintu byari bigeze, Perezida Tshisekedi yabonaga ko ntayindi nzira igomba kunyurwa uretse iy’ibiganiro.

Yagize ati “Icya mbere ni uko bagenzi be [ba Tshisekedi] mu karere ni ukuvuga ngo Abakuru b’Ibihugu baba abo mu Muryango wa EAC ndetse n’ejobundi EAC ihura na SADC, bo bamye bavuga bati ‘M23 ni abantu barahari, ni Abakongomani’ na we ageze aho aza kubyemera ko ari Abakongomani, bigaragaza ko ikibazo ari icy’Abanyekongo. Icyo ni cyo wavuga ngo ahari noneho yakemeye ku mugaragaro.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze kandi ko igihe kigeze ngo n’imyanzuro iva mu biganiro nk’ibi ishyirwe mu bikorwa aho kuba amasigarakicaro, kuko ari kenshi hagiye hafatwa ibyemezo ndetse na Guverinoma ya DRC ikabyemeza ikanabishyiraho umukono, ariko igatinzwa no gusohoka mu cyumba cy’ibiganiro, igahita inyura izindi nzira zihabanye n’izemeranyijweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Uko u Rwanda rwakiriye kwisubiraho kwa Congo ikemera kwicarana ku meza y’ibiganiro na M23

Next Post

Urupfu rwashenguye benshi rwa rurangiranwa ku Isi hari abo rwatangiye kuryozwa

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ko muri Gurupoma...

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

by radiotv10
30/07/2025
0

Leta ya Tanzania yafashe icyemezo cyo guhagarika abanyamahanga gufungura ibikorwa by’ubucuruzi mu nzego z’ingenzi z’ubukungu bw’iki Gihugu. Iki cyemezo cya...

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya kane mu matora agiye kuba muri iki Gihugu, kugira...

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

by radiotv10
30/07/2025
0

Ibihugu byo ku Mugabane w'u Burayi byemeranyije n’iby’Abarabu ko Palestine igomba kuba Igihugu cyigenga, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za...

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

by radiotv10
29/07/2025
0

Minisitiri w’Ubutabera muri Senegal, Ousmane Diagne, yasabye ko hatangizwa ku mugaragaro iperereza ku bwicanyi n’ibindi bikorwa by’urugomo byabaye muri iki...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa icyaganiriweho mu biganiro by’inzego z’ubutasi z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhura

Urupfu rwashenguye benshi rwa rurangiranwa ku Isi hari abo rwatangiye kuryozwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.