Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunsi wo gutangiriraho ibiganiro hagati ya M23 na Guverinoma ya Congo wamenyekanye

radiotv10by radiotv10
13/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umunsi wo gutangiriraho ibiganiro hagati ya M23 na Guverinoma ya Congo wamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Angola, byatangaje umunsi wo gutangiriraho ibiganiro by’imishyikirano hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23.

Ni nyuma y’amasaha macye n’ubundi Perezidansi ya Repubulika ya Angola itangaje ko mu gihe cya vuba Guverinoma ya DRC izatangira kugirana ibiganiro n’umutwe wa M23.

Ni ibiganiro byatangajwe nyuma yuko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi agiriye uruzinduko i Luanda muri Angola.

Nyuma yuko Perezidansi ya Angola itangaje ibi biganiro, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC, ntibyagize byinshi bibivuga, uretse kuba Umuvugizi wa Tshisekedi, Tina Salama, yanditse ubutumwa kuri X, avuga ko “Ibiganiro na M23: Twamenye kandi dutegereje kureba ishyirwa mu bikorwa ry’uru rugendo rw’ubuhuza bwa Angola.”

Mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Werurwe 2025, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Angola, byatangaje ko “nyuma y’akazi gakomeye k’ubuhuza bwa Angola mu makimbirane ari kuba mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Guverinoma ya Angola iratangaza ko intumwa za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na M23 zizatangira ibiganiro bitaziguye by’imishyikirano y’amahoro, tariki 18 Werurwe mu Mujyi wa Luanda.”

Ni ibiganiro bije bikurikira intambwe yari ikomeje guterwa n’umutwe wa M23 mu rugamba uhanganyemo n’igisirikare cya Congo (FARDC) gifatanyije n’izindi mpande kiyambaje, zirimo umutwe w’abajenosideri wa FDLR bakorana bya hafi, Ingabo z’u Burundi, iza SADC, umutwe wa Wazalendo ndetse n’abacancuro b’Abanyaburayi.

Ni nyuma yuko umutwe wa M23 ufashe umujyi wa Goma ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu ya Ruguru, kimwe n’uwa Bukavu na wo usanzwe ari nk’Umurwa Mukuru wa Kivu y’Epfo.

Ubwo uyu mutwe wafataga Umujyi wa Goma, mu kiganiro ubuyobozi bw’iri Huriro, AFC/M23 bwagiranye n’itangazamakuru, Umuhuzabikorwa waryo, Corneille Nangaa yatangaje ko bazakomeza urugamba bakagera i Kinshasa gukuraho ubutegetsi buriho burangajwe imbere na Perezida Felix Tshisekedi wari waranze ibiganiro, ubu akaba yemeye kuva ku izima.

U Rwanda nk’Igihugu cyazamuwe muri ibi bibazo bitewe no kuba byararugizeho ingaruka, rwavuze ko rutatunguwe no kuba ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwisubiyeho bukemera ibiganiro bwakunze gutera umugongo.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko aho ibintu byari bigeze, Perezida Tshisekedi yabonaga ko ntayindi nzira igomba kunyurwa uretse iy’ibiganiro.

Yagize ati “Icya mbere ni uko bagenzi be [ba Tshisekedi] mu karere ni ukuvuga ngo Abakuru b’Ibihugu baba abo mu Muryango wa EAC ndetse n’ejobundi EAC ihura na SADC, bo bamye bavuga bati ‘M23 ni abantu barahari, ni Abakongomani’ na we ageze aho aza kubyemera ko ari Abakongomani, bigaragaza ko ikibazo ari icy’Abanyekongo. Icyo ni cyo wavuga ngo ahari noneho yakemeye ku mugaragaro.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze kandi ko igihe kigeze ngo n’imyanzuro iva mu biganiro nk’ibi ishyirwe mu bikorwa aho kuba amasigarakicaro, kuko ari kenshi hagiye hafatwa ibyemezo ndetse na Guverinoma ya DRC ikabyemeza ikanabishyiraho umukono, ariko igatinzwa no gusohoka mu cyumba cy’ibiganiro, igahita inyura izindi nzira zihabanye n’izemeranyijweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Uko u Rwanda rwakiriye kwisubiraho kwa Congo ikemera kwicarana ku meza y’ibiganiro na M23

Next Post

Urupfu rwashenguye benshi rwa rurangiranwa ku Isi hari abo rwatangiye kuryozwa

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa icyaganiriweho mu biganiro by’inzego z’ubutasi z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhura

Urupfu rwashenguye benshi rwa rurangiranwa ku Isi hari abo rwatangiye kuryozwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.