Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunsi wo gutangiriraho ibiganiro hagati ya M23 na Guverinoma ya Congo wamenyekanye

radiotv10by radiotv10
13/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umunsi wo gutangiriraho ibiganiro hagati ya M23 na Guverinoma ya Congo wamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Angola, byatangaje umunsi wo gutangiriraho ibiganiro by’imishyikirano hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23.

Ni nyuma y’amasaha macye n’ubundi Perezidansi ya Repubulika ya Angola itangaje ko mu gihe cya vuba Guverinoma ya DRC izatangira kugirana ibiganiro n’umutwe wa M23.

Ni ibiganiro byatangajwe nyuma yuko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi agiriye uruzinduko i Luanda muri Angola.

Nyuma yuko Perezidansi ya Angola itangaje ibi biganiro, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC, ntibyagize byinshi bibivuga, uretse kuba Umuvugizi wa Tshisekedi, Tina Salama, yanditse ubutumwa kuri X, avuga ko “Ibiganiro na M23: Twamenye kandi dutegereje kureba ishyirwa mu bikorwa ry’uru rugendo rw’ubuhuza bwa Angola.”

Mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Werurwe 2025, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Angola, byatangaje ko “nyuma y’akazi gakomeye k’ubuhuza bwa Angola mu makimbirane ari kuba mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Guverinoma ya Angola iratangaza ko intumwa za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na M23 zizatangira ibiganiro bitaziguye by’imishyikirano y’amahoro, tariki 18 Werurwe mu Mujyi wa Luanda.”

Ni ibiganiro bije bikurikira intambwe yari ikomeje guterwa n’umutwe wa M23 mu rugamba uhanganyemo n’igisirikare cya Congo (FARDC) gifatanyije n’izindi mpande kiyambaje, zirimo umutwe w’abajenosideri wa FDLR bakorana bya hafi, Ingabo z’u Burundi, iza SADC, umutwe wa Wazalendo ndetse n’abacancuro b’Abanyaburayi.

Ni nyuma yuko umutwe wa M23 ufashe umujyi wa Goma ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu ya Ruguru, kimwe n’uwa Bukavu na wo usanzwe ari nk’Umurwa Mukuru wa Kivu y’Epfo.

Ubwo uyu mutwe wafataga Umujyi wa Goma, mu kiganiro ubuyobozi bw’iri Huriro, AFC/M23 bwagiranye n’itangazamakuru, Umuhuzabikorwa waryo, Corneille Nangaa yatangaje ko bazakomeza urugamba bakagera i Kinshasa gukuraho ubutegetsi buriho burangajwe imbere na Perezida Felix Tshisekedi wari waranze ibiganiro, ubu akaba yemeye kuva ku izima.

U Rwanda nk’Igihugu cyazamuwe muri ibi bibazo bitewe no kuba byararugizeho ingaruka, rwavuze ko rutatunguwe no kuba ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwisubiyeho bukemera ibiganiro bwakunze gutera umugongo.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko aho ibintu byari bigeze, Perezida Tshisekedi yabonaga ko ntayindi nzira igomba kunyurwa uretse iy’ibiganiro.

Yagize ati “Icya mbere ni uko bagenzi be [ba Tshisekedi] mu karere ni ukuvuga ngo Abakuru b’Ibihugu baba abo mu Muryango wa EAC ndetse n’ejobundi EAC ihura na SADC, bo bamye bavuga bati ‘M23 ni abantu barahari, ni Abakongomani’ na we ageze aho aza kubyemera ko ari Abakongomani, bigaragaza ko ikibazo ari icy’Abanyekongo. Icyo ni cyo wavuga ngo ahari noneho yakemeye ku mugaragaro.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze kandi ko igihe kigeze ngo n’imyanzuro iva mu biganiro nk’ibi ishyirwe mu bikorwa aho kuba amasigarakicaro, kuko ari kenshi hagiye hafatwa ibyemezo ndetse na Guverinoma ya DRC ikabyemeza ikanabishyiraho umukono, ariko igatinzwa no gusohoka mu cyumba cy’ibiganiro, igahita inyura izindi nzira zihabanye n’izemeranyijweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 19 =

Previous Post

Uko u Rwanda rwakiriye kwisubiraho kwa Congo ikemera kwicarana ku meza y’ibiganiro na M23

Next Post

Urupfu rwashenguye benshi rwa rurangiranwa ku Isi hari abo rwatangiye kuryozwa

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa icyaganiriweho mu biganiro by’inzego z’ubutasi z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhura

Urupfu rwashenguye benshi rwa rurangiranwa ku Isi hari abo rwatangiye kuryozwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.