• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyabigwi nimero ya mbere muri ruhago y’u Rwanda atanze igisubizo kinejeje ku bamubona nk’uwayitereranye

radiotv10by radiotv10
07/05/2024
in FOOTBALL, SIPORO
1
Umunyabigwi nimero ya mbere muri ruhago y’u Rwanda atanze igisubizo kinejeje ku bamubona nk’uwayitereranye
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’ibihe byose mu ikipe y’Igihugu y’Umupira w’Amaguru, Jimmy Gatete; yagarutse mu Rwanda, arema agatima abamubona nk’umuntu watereranye ruhago nyarwanda, avuga ko yiteguye gutanga iboshoboka byose igihe cyose yakwiyambazwa.

Jimmy Gatete yasesekaye ku Kibuga Mpuzamahanga cy’indege cya Kigali i Kanombe, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gicurasi 2024.

Jimmy Gatete utarakunze kugaragara nyuma y’uko ahagaritse gukina kinyamwuga ruhago, waherukaga mu Rwanda umwaka ushize, akigera ku Kibuga cy’Indege, yakiriwe n’Itangazamakuru ryari ryabucyereye, na we ntiyaritenguka, agirana na ryo ikiganiro.

Abajijwe impamvu atakunze kugaragara mu bikorwa byo guteza imbere umupira w’amaguru mu Rwanda nk’umwe mu barifitemo amateka aremereye, Jimmy Gatete yavuze ko “ntarirarenga.”

Mu magambo macye, uyu rutahizamu w’ibihe byose, yagize ati “Byose birashoboka, simbona igisubizo nyacyo naguha gifatika, ariko ntarirarenga. Njya mbitekerezaho, igishoboka cyose nagikora.”

Jimmy Gatete avuga ko igihe cyose inzego z’umupira w’amaguru ziramutse zimwegereye zikamusaba kuziba hafi, yiteguye kuba yatanga umusanzu we kugira ngo ruhago nyarwanda igire urundi rwego igeraho.

Igipe y’Igihugu Amavubi, iheruka kwitabira Igikombe cya Afurika cya 2004 ari na yo nshuro yonyine yakandagiyemo, yabifashijwemo cyane n’uyu rutahizamu Jimmy Gatete nyuma y’ibitego yatsinze Ghana na Uganda.

Jimmy Gatete aje mu Rwanda mu bikorwa byo gutaha igikorwa remezo cy’umushoramari uzwi nka Coach Gael wujuje ahantu hazajya hakira imikino n’imyidagaduro mu Mujyi wa Kigali hazwi nka ‘Kigali Universe’.

Yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru baje kumwakira ari benshi

RADIOTV10

Comments 1

  1. Masengesho David says:
    2 years ago

    Masengesho David

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 9 =

Previous Post

Rubavu: Ikorosi mu byatumye abahinzi n’aborozi barebana ikijisho hanikangwa ko byazabyara ibiremereye

Next Post

Hatangajwe ikigiye kwibandwaho mu mikoranire ya RDF n’igisirikare cya Senegal

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Hatangajwe ikigiye kwibandwaho mu mikoranire ya RDF n’igisirikare cya Senegal

Hatangajwe ikigiye kwibandwaho mu mikoranire ya RDF n’igisirikare cya Senegal

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.