Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyabigwi nimero ya mbere muri ruhago y’u Rwanda atanze igisubizo kinejeje ku bamubona nk’uwayitereranye

radiotv10by radiotv10
07/05/2024
in FOOTBALL, SIPORO
1
Umunyabigwi nimero ya mbere muri ruhago y’u Rwanda atanze igisubizo kinejeje ku bamubona nk’uwayitereranye
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’ibihe byose mu ikipe y’Igihugu y’Umupira w’Amaguru, Jimmy Gatete; yagarutse mu Rwanda, arema agatima abamubona nk’umuntu watereranye ruhago nyarwanda, avuga ko yiteguye gutanga iboshoboka byose igihe cyose yakwiyambazwa.

Jimmy Gatete yasesekaye ku Kibuga Mpuzamahanga cy’indege cya Kigali i Kanombe, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gicurasi 2024.

Jimmy Gatete utarakunze kugaragara nyuma y’uko ahagaritse gukina kinyamwuga ruhago, waherukaga mu Rwanda umwaka ushize, akigera ku Kibuga cy’Indege, yakiriwe n’Itangazamakuru ryari ryabucyereye, na we ntiyaritenguka, agirana na ryo ikiganiro.

Abajijwe impamvu atakunze kugaragara mu bikorwa byo guteza imbere umupira w’amaguru mu Rwanda nk’umwe mu barifitemo amateka aremereye, Jimmy Gatete yavuze ko “ntarirarenga.”

Mu magambo macye, uyu rutahizamu w’ibihe byose, yagize ati “Byose birashoboka, simbona igisubizo nyacyo naguha gifatika, ariko ntarirarenga. Njya mbitekerezaho, igishoboka cyose nagikora.”

Jimmy Gatete avuga ko igihe cyose inzego z’umupira w’amaguru ziramutse zimwegereye zikamusaba kuziba hafi, yiteguye kuba yatanga umusanzu we kugira ngo ruhago nyarwanda igire urundi rwego igeraho.

Igipe y’Igihugu Amavubi, iheruka kwitabira Igikombe cya Afurika cya 2004 ari na yo nshuro yonyine yakandagiyemo, yabifashijwemo cyane n’uyu rutahizamu Jimmy Gatete nyuma y’ibitego yatsinze Ghana na Uganda.

Jimmy Gatete aje mu Rwanda mu bikorwa byo gutaha igikorwa remezo cy’umushoramari uzwi nka Coach Gael wujuje ahantu hazajya hakira imikino n’imyidagaduro mu Mujyi wa Kigali hazwi nka ‘Kigali Universe’.

Yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru baje kumwakira ari benshi

RADIOTV10

Comments 1

  1. Masengesho David says:
    1 year ago

    Masengesho David

    Reply

Leave a Reply to Masengesho David Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − one =

Previous Post

Rubavu: Ikorosi mu byatumye abahinzi n’aborozi barebana ikijisho hanikangwa ko byazabyara ibiremereye

Next Post

Hatangajwe ikigiye kwibandwaho mu mikoranire ya RDF n’igisirikare cya Senegal

Related Posts

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira...

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’umupira w’Amaguru 'Rwanda Premier League', rwatangaje ibihano bishya bizaja bihabwa abarenga ku mategeko n’amabwiriza mu mwaka...

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

by radiotv10
11/09/2025
0

Abakinnyi ba APR FC bavuye mu makipe y’Ibihugu, bahise basanga bagenzi babo muri Tanzania aho iyi kipe iri mu mikino...

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

by radiotv10
10/09/2025
0

Ibikorwa bidakwiye byakozwe n’abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo kwangiza Sitade yabo, bishobora gutuma hafatwa ibihano...

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

by radiotv10
10/09/2025
0

Nyuma yuko Perezida mushya w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) Shema Ngoga Fabrice yizeje Amavubi kubakandira akanyenyeri nyuma yo gutsinda Zimbabwe, amakuru...

IZIHERUKA

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar
AMAHANGA

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

by radiotv10
15/09/2025
0

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ikigiye kwibandwaho mu mikoranire ya RDF n’igisirikare cya Senegal

Hatangajwe ikigiye kwibandwaho mu mikoranire ya RDF n’igisirikare cya Senegal

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.