Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyabigwi nimero ya mbere muri ruhago y’u Rwanda atanze igisubizo kinejeje ku bamubona nk’uwayitereranye

radiotv10by radiotv10
07/05/2024
in FOOTBALL, SIPORO
1
Umunyabigwi nimero ya mbere muri ruhago y’u Rwanda atanze igisubizo kinejeje ku bamubona nk’uwayitereranye
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’ibihe byose mu ikipe y’Igihugu y’Umupira w’Amaguru, Jimmy Gatete; yagarutse mu Rwanda, arema agatima abamubona nk’umuntu watereranye ruhago nyarwanda, avuga ko yiteguye gutanga iboshoboka byose igihe cyose yakwiyambazwa.

Jimmy Gatete yasesekaye ku Kibuga Mpuzamahanga cy’indege cya Kigali i Kanombe, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gicurasi 2024.

Jimmy Gatete utarakunze kugaragara nyuma y’uko ahagaritse gukina kinyamwuga ruhago, waherukaga mu Rwanda umwaka ushize, akigera ku Kibuga cy’Indege, yakiriwe n’Itangazamakuru ryari ryabucyereye, na we ntiyaritenguka, agirana na ryo ikiganiro.

Abajijwe impamvu atakunze kugaragara mu bikorwa byo guteza imbere umupira w’amaguru mu Rwanda nk’umwe mu barifitemo amateka aremereye, Jimmy Gatete yavuze ko “ntarirarenga.”

Mu magambo macye, uyu rutahizamu w’ibihe byose, yagize ati “Byose birashoboka, simbona igisubizo nyacyo naguha gifatika, ariko ntarirarenga. Njya mbitekerezaho, igishoboka cyose nagikora.”

Jimmy Gatete avuga ko igihe cyose inzego z’umupira w’amaguru ziramutse zimwegereye zikamusaba kuziba hafi, yiteguye kuba yatanga umusanzu we kugira ngo ruhago nyarwanda igire urundi rwego igeraho.

Igipe y’Igihugu Amavubi, iheruka kwitabira Igikombe cya Afurika cya 2004 ari na yo nshuro yonyine yakandagiyemo, yabifashijwemo cyane n’uyu rutahizamu Jimmy Gatete nyuma y’ibitego yatsinze Ghana na Uganda.

Jimmy Gatete aje mu Rwanda mu bikorwa byo gutaha igikorwa remezo cy’umushoramari uzwi nka Coach Gael wujuje ahantu hazajya hakira imikino n’imyidagaduro mu Mujyi wa Kigali hazwi nka ‘Kigali Universe’.

Yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru baje kumwakira ari benshi

RADIOTV10

Comments 1

  1. Masengesho David says:
    1 year ago

    Masengesho David

    Reply

Leave a Reply to Masengesho David Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 4 =

Previous Post

Rubavu: Ikorosi mu byatumye abahinzi n’aborozi barebana ikijisho hanikangwa ko byazabyara ibiremereye

Next Post

Hatangajwe ikigiye kwibandwaho mu mikoranire ya RDF n’igisirikare cya Senegal

Related Posts

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

by radiotv10
31/07/2025
0

Umunyamakuru wa RADIOTV10 Kanyamahanga Jean Claude uzwi ku izina rya Kanyizo, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we bamaze igihe bakundana. Kanyamahanga...

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

by radiotv10
29/07/2025
0

Perezida w'ikipe ya Rayon Sports, Thadée Twagirayezu, yahamije ko Aimable Nsabimana yamwandikiye amusaba kugaruka mu kazi, ariko ko atamwerera ngo...

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

by radiotv10
29/07/2025
0

Minisiteri ya Siporo n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, bamaganye amakuru y’Ibuhuha yavugaga ko amatora ya Komite Nyobozi y’iri Shyirahamwe...

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Mavubi, Nshuti Innocent, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa ES Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia. Nshuti...

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we
SIPORO

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

by radiotv10
31/07/2025
0

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

31/07/2025
Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ikigiye kwibandwaho mu mikoranire ya RDF n’igisirikare cya Senegal

Hatangajwe ikigiye kwibandwaho mu mikoranire ya RDF n’igisirikare cya Senegal

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.