Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umunyamakuru Moses nyuma yo gufungurwa ahishuye ko yarekuwe Phil Peter atabishaka

radiotv10by radiotv10
02/08/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umunyamakuru Moses nyuma yo gufungurwa ahishuye ko yarekuwe Phil Peter atabishaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Moses Iradukunda uzwi mu biganiro by’imyidagaduro wari umaze iminsi afunzwe, yavuze ko mugenzi we Phil Peter bigeze gukorana, yagaragarije inzego ko atifuzaga ko arekurwa ndetse ko yabwiye Umubyeyi we yamureka akabanza akamara nk’imyaka ibiri muri Gereza.

Moses watawe muri yombi tariki 14 Nyakanga 2022 akurikiranyweho ubujura bwa Camera ebyiri n’ibindi bikoresho bijyana na zo.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry, yari aherutse gutangaza ko uyu munyamakuru akurikiranyweho icyaha cy’ubuhemu no kunyereza umutungo aho bimwe mu bikorwa yashinjwaga ari ubujura bw’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 7,5 Frw bwakorewe mu Kagari ka Kagunga mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro.

Ibi bikoresho bivugwa ko ari ibya mugenzi we Nizeyimana Philbert uzwi nka Phil Peter, ni byo byatumye atabwa muri yombi nkuko byari byatangiwe ikirego n’uyu Munyamakuru usanzwe afite izina rikomeye mu myidagaduro mu Rwanda.

Moses wahoze akorana na Phil Peter, nyuma yo gufungurwa, yasobanuye ko ibyo bikoresho byibwe umukozi wafataga amashusho (cameraman) ari we wari wabimushyikirije kuko yari afite urufunguzo rw’aho byabikwaga kuri Televiziyo ya Isibo TV yahoze akorera.

Avuga ko ubwo yajyaga kuri RIB, yari yabanje guhamagarwa n’Umuganzacyaha wari uri gukurikirana iki kirego wamubwiye ko habonetse ibimenyetso ku muntu waba waribye ibyo bikoresho, akazindukirayo yijyanye.

Ubwo yafataga urugendo yerecyeje kuri RIB yagize ikikango ko ashobora kutagaruka, agahita agira umuntu abimenyesha ko yitabye Ubugenzacyaha.

Ati “Nagezeyo nka saa mbiri ahita ambwira ngo ndagufunze, icara aho zana telefone yawe yizimye, nti ‘mumfungiye iki se? hari ibindi bimenyetso byabonetse?’ ati ‘ndagufunze kandi kugira ngo Claude adacika, telefone urayambuwe’, ahita anyambika amapingu.”

Avuga ko nyuma baje no gufunga uwo Cameraman witwa Claude ndetse ko bari bafunganywe, bakaza kwitaba Ubugenzacyaha inshuro zitandukanye babazwa ku byaha bakurikiranyweho.

Baje kubazwa n’Umugenzacyaha niba bashobora kuganira n’uwareze [Phil Peter] kugira ngo bashake uburyo bamwishyura, cyangwa bakaregerwa Urukiko.

Avuga ko umuryango we n’uwa Claude yahise itangira inzira yo kuganira na Phil Peter “baramubwira bati ‘ibikoresho byarabuze, aba bana ntibabihakana. Reka noneho tugirana ubwumvikane’.”

Iyi miryango ngo yamenyesheje Phil Peter ko igiciro yahaye biriya bikoresho cya Miliyoni 7,5 Frw kiri hejuru, ikamusaba ko yayiha inyemezabwishyu yabiguriyeho, ariko akababera ibamba.

Byageze aho yemera kubakuriraho Miliyoni 1,5 Frw hasigara miliyoni 6 Frw ndetse baza kwemeranya ko buri umwe azishyura miliyoni 3 Frw mu gihe cy’imyaka ibiri ariko aza kubihindura nyuma yo kuganira n’umunyamategeko we akababwira ko bagomba kuyishyura mu mwaka umwe.

Moses uvuga ko banashatse abishingize ndetse we agahita amubona, avuga ko Phil Peter yagiye abihinduka kuko yageze aho akavuga ko uwo wundi Claude ntacyo amubaza ahubwo ko abaza uyu Moses.

Ngo ibyo basabwaga na Phil Peter byose bageragezaga kubyubahiriza ariko uyu Munyamakuru akomeza kubananiza mu gihe iminsi yo kugeza igihe cyo kuregerwa Urukiko yo yari ikomeje kwegereza.

Ati “Ni ho yabananirije kuzageza ku Rukiko kubone kwe oya, kujya kureba ingwate, oya ntabwo aboneka, birangira cya kibazo cyari amafaranga kitakiri amafaranga kuko no mu byo yabwiye umuryango, ibaze kubwira umubyeyi w’umuntu ngo ‘byaba ari byiza ubaye umuretse agafungwa imyaka ibiri n’ubundi amafaranga si yo nshaka’.”

Avuga ko ibi ari na byo byatumye batinda muri kasho kuko bageze aho baregerwa urukiko ariko bagezeyo Umucamanza yemeza ko hagomba gukurikizwa ubwumvikane bwabereye mu Bushinjacyaha.

Moses yari asanzwe akorana na Phil Peter

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − eleven =

Previous Post

Rubavu: Impanuka y’imodoka itwara abagenzi yagonganye n’ikamyo biravugwa ko yaguyemo benshi

Next Post

Leta ntabwo akazi kacu ari ubucuruzi- P.Kagame yemeje ko ibikorwa by’ubucuruzi bya Leta byose bizegurirwa abikorera

Related Posts

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

by radiotv10
22/12/2025
0

In today’s Rwanda, a new generation is quietly redefining success. Young people are dreaming bigger than ever, building careers in...

IZIHERUKA

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC
AMAHANGA

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Leta ntabwo akazi kacu ari ubucuruzi- P.Kagame yemeje ko ibikorwa by’ubucuruzi bya Leta byose bizegurirwa abikorera

Leta ntabwo akazi kacu ari ubucuruzi- P.Kagame yemeje ko ibikorwa by’ubucuruzi bya Leta byose bizegurirwa abikorera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.