Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umunyamakuru Moses nyuma yo gufungurwa ahishuye ko yarekuwe Phil Peter atabishaka

radiotv10by radiotv10
02/08/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umunyamakuru Moses nyuma yo gufungurwa ahishuye ko yarekuwe Phil Peter atabishaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Moses Iradukunda uzwi mu biganiro by’imyidagaduro wari umaze iminsi afunzwe, yavuze ko mugenzi we Phil Peter bigeze gukorana, yagaragarije inzego ko atifuzaga ko arekurwa ndetse ko yabwiye Umubyeyi we yamureka akabanza akamara nk’imyaka ibiri muri Gereza.

Moses watawe muri yombi tariki 14 Nyakanga 2022 akurikiranyweho ubujura bwa Camera ebyiri n’ibindi bikoresho bijyana na zo.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry, yari aherutse gutangaza ko uyu munyamakuru akurikiranyweho icyaha cy’ubuhemu no kunyereza umutungo aho bimwe mu bikorwa yashinjwaga ari ubujura bw’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 7,5 Frw bwakorewe mu Kagari ka Kagunga mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro.

Ibi bikoresho bivugwa ko ari ibya mugenzi we Nizeyimana Philbert uzwi nka Phil Peter, ni byo byatumye atabwa muri yombi nkuko byari byatangiwe ikirego n’uyu Munyamakuru usanzwe afite izina rikomeye mu myidagaduro mu Rwanda.

Moses wahoze akorana na Phil Peter, nyuma yo gufungurwa, yasobanuye ko ibyo bikoresho byibwe umukozi wafataga amashusho (cameraman) ari we wari wabimushyikirije kuko yari afite urufunguzo rw’aho byabikwaga kuri Televiziyo ya Isibo TV yahoze akorera.

Avuga ko ubwo yajyaga kuri RIB, yari yabanje guhamagarwa n’Umuganzacyaha wari uri gukurikirana iki kirego wamubwiye ko habonetse ibimenyetso ku muntu waba waribye ibyo bikoresho, akazindukirayo yijyanye.

Ubwo yafataga urugendo yerecyeje kuri RIB yagize ikikango ko ashobora kutagaruka, agahita agira umuntu abimenyesha ko yitabye Ubugenzacyaha.

Ati “Nagezeyo nka saa mbiri ahita ambwira ngo ndagufunze, icara aho zana telefone yawe yizimye, nti ‘mumfungiye iki se? hari ibindi bimenyetso byabonetse?’ ati ‘ndagufunze kandi kugira ngo Claude adacika, telefone urayambuwe’, ahita anyambika amapingu.”

Avuga ko nyuma baje no gufunga uwo Cameraman witwa Claude ndetse ko bari bafunganywe, bakaza kwitaba Ubugenzacyaha inshuro zitandukanye babazwa ku byaha bakurikiranyweho.

Baje kubazwa n’Umugenzacyaha niba bashobora kuganira n’uwareze [Phil Peter] kugira ngo bashake uburyo bamwishyura, cyangwa bakaregerwa Urukiko.

Avuga ko umuryango we n’uwa Claude yahise itangira inzira yo kuganira na Phil Peter “baramubwira bati ‘ibikoresho byarabuze, aba bana ntibabihakana. Reka noneho tugirana ubwumvikane’.”

Iyi miryango ngo yamenyesheje Phil Peter ko igiciro yahaye biriya bikoresho cya Miliyoni 7,5 Frw kiri hejuru, ikamusaba ko yayiha inyemezabwishyu yabiguriyeho, ariko akababera ibamba.

Byageze aho yemera kubakuriraho Miliyoni 1,5 Frw hasigara miliyoni 6 Frw ndetse baza kwemeranya ko buri umwe azishyura miliyoni 3 Frw mu gihe cy’imyaka ibiri ariko aza kubihindura nyuma yo kuganira n’umunyamategeko we akababwira ko bagomba kuyishyura mu mwaka umwe.

Moses uvuga ko banashatse abishingize ndetse we agahita amubona, avuga ko Phil Peter yagiye abihinduka kuko yageze aho akavuga ko uwo wundi Claude ntacyo amubaza ahubwo ko abaza uyu Moses.

Ngo ibyo basabwaga na Phil Peter byose bageragezaga kubyubahiriza ariko uyu Munyamakuru akomeza kubananiza mu gihe iminsi yo kugeza igihe cyo kuregerwa Urukiko yo yari ikomeje kwegereza.

Ati “Ni ho yabananirije kuzageza ku Rukiko kubone kwe oya, kujya kureba ingwate, oya ntabwo aboneka, birangira cya kibazo cyari amafaranga kitakiri amafaranga kuko no mu byo yabwiye umuryango, ibaze kubwira umubyeyi w’umuntu ngo ‘byaba ari byiza ubaye umuretse agafungwa imyaka ibiri n’ubundi amafaranga si yo nshaka’.”

Avuga ko ibi ari na byo byatumye batinda muri kasho kuko bageze aho baregerwa urukiko ariko bagezeyo Umucamanza yemeza ko hagomba gukurikizwa ubwumvikane bwabereye mu Bushinjacyaha.

Moses yari asanzwe akorana na Phil Peter

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Rubavu: Impanuka y’imodoka itwara abagenzi yagonganye n’ikamyo biravugwa ko yaguyemo benshi

Next Post

Leta ntabwo akazi kacu ari ubucuruzi- P.Kagame yemeje ko ibikorwa by’ubucuruzi bya Leta byose bizegurirwa abikorera

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

by radiotv10
05/06/2025
0

Karomba Gaël uzwi nka Coach Gaël mu ishoramari ry’imyidagaduro mu Rwanda, uherutse gutangaza ko yifuza kuzana mu Rwanda umuhanzi Chris...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Leta ntabwo akazi kacu ari ubucuruzi- P.Kagame yemeje ko ibikorwa by’ubucuruzi bya Leta byose bizegurirwa abikorera

Leta ntabwo akazi kacu ari ubucuruzi- P.Kagame yemeje ko ibikorwa by’ubucuruzi bya Leta byose bizegurirwa abikorera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.