Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umunyamakuru Moses nyuma yo gufungurwa ahishuye ko yarekuwe Phil Peter atabishaka

radiotv10by radiotv10
02/08/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umunyamakuru Moses nyuma yo gufungurwa ahishuye ko yarekuwe Phil Peter atabishaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Moses Iradukunda uzwi mu biganiro by’imyidagaduro wari umaze iminsi afunzwe, yavuze ko mugenzi we Phil Peter bigeze gukorana, yagaragarije inzego ko atifuzaga ko arekurwa ndetse ko yabwiye Umubyeyi we yamureka akabanza akamara nk’imyaka ibiri muri Gereza.

Moses watawe muri yombi tariki 14 Nyakanga 2022 akurikiranyweho ubujura bwa Camera ebyiri n’ibindi bikoresho bijyana na zo.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry, yari aherutse gutangaza ko uyu munyamakuru akurikiranyweho icyaha cy’ubuhemu no kunyereza umutungo aho bimwe mu bikorwa yashinjwaga ari ubujura bw’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 7,5 Frw bwakorewe mu Kagari ka Kagunga mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro.

Ibi bikoresho bivugwa ko ari ibya mugenzi we Nizeyimana Philbert uzwi nka Phil Peter, ni byo byatumye atabwa muri yombi nkuko byari byatangiwe ikirego n’uyu Munyamakuru usanzwe afite izina rikomeye mu myidagaduro mu Rwanda.

Moses wahoze akorana na Phil Peter, nyuma yo gufungurwa, yasobanuye ko ibyo bikoresho byibwe umukozi wafataga amashusho (cameraman) ari we wari wabimushyikirije kuko yari afite urufunguzo rw’aho byabikwaga kuri Televiziyo ya Isibo TV yahoze akorera.

Avuga ko ubwo yajyaga kuri RIB, yari yabanje guhamagarwa n’Umuganzacyaha wari uri gukurikirana iki kirego wamubwiye ko habonetse ibimenyetso ku muntu waba waribye ibyo bikoresho, akazindukirayo yijyanye.

Ubwo yafataga urugendo yerecyeje kuri RIB yagize ikikango ko ashobora kutagaruka, agahita agira umuntu abimenyesha ko yitabye Ubugenzacyaha.

Ati “Nagezeyo nka saa mbiri ahita ambwira ngo ndagufunze, icara aho zana telefone yawe yizimye, nti ‘mumfungiye iki se? hari ibindi bimenyetso byabonetse?’ ati ‘ndagufunze kandi kugira ngo Claude adacika, telefone urayambuwe’, ahita anyambika amapingu.”

Avuga ko nyuma baje no gufunga uwo Cameraman witwa Claude ndetse ko bari bafunganywe, bakaza kwitaba Ubugenzacyaha inshuro zitandukanye babazwa ku byaha bakurikiranyweho.

Baje kubazwa n’Umugenzacyaha niba bashobora kuganira n’uwareze [Phil Peter] kugira ngo bashake uburyo bamwishyura, cyangwa bakaregerwa Urukiko.

Avuga ko umuryango we n’uwa Claude yahise itangira inzira yo kuganira na Phil Peter “baramubwira bati ‘ibikoresho byarabuze, aba bana ntibabihakana. Reka noneho tugirana ubwumvikane’.”

Iyi miryango ngo yamenyesheje Phil Peter ko igiciro yahaye biriya bikoresho cya Miliyoni 7,5 Frw kiri hejuru, ikamusaba ko yayiha inyemezabwishyu yabiguriyeho, ariko akababera ibamba.

Byageze aho yemera kubakuriraho Miliyoni 1,5 Frw hasigara miliyoni 6 Frw ndetse baza kwemeranya ko buri umwe azishyura miliyoni 3 Frw mu gihe cy’imyaka ibiri ariko aza kubihindura nyuma yo kuganira n’umunyamategeko we akababwira ko bagomba kuyishyura mu mwaka umwe.

Moses uvuga ko banashatse abishingize ndetse we agahita amubona, avuga ko Phil Peter yagiye abihinduka kuko yageze aho akavuga ko uwo wundi Claude ntacyo amubaza ahubwo ko abaza uyu Moses.

Ngo ibyo basabwaga na Phil Peter byose bageragezaga kubyubahiriza ariko uyu Munyamakuru akomeza kubananiza mu gihe iminsi yo kugeza igihe cyo kuregerwa Urukiko yo yari ikomeje kwegereza.

Ati “Ni ho yabananirije kuzageza ku Rukiko kubone kwe oya, kujya kureba ingwate, oya ntabwo aboneka, birangira cya kibazo cyari amafaranga kitakiri amafaranga kuko no mu byo yabwiye umuryango, ibaze kubwira umubyeyi w’umuntu ngo ‘byaba ari byiza ubaye umuretse agafungwa imyaka ibiri n’ubundi amafaranga si yo nshaka’.”

Avuga ko ibi ari na byo byatumye batinda muri kasho kuko bageze aho baregerwa urukiko ariko bagezeyo Umucamanza yemeza ko hagomba gukurikizwa ubwumvikane bwabereye mu Bushinjacyaha.

Moses yari asanzwe akorana na Phil Peter

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 8 =

Previous Post

Rubavu: Impanuka y’imodoka itwara abagenzi yagonganye n’ikamyo biravugwa ko yaguyemo benshi

Next Post

Leta ntabwo akazi kacu ari ubucuruzi- P.Kagame yemeje ko ibikorwa by’ubucuruzi bya Leta byose bizegurirwa abikorera

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Hatangajwe ahantu hazaturikirizwa ibishashi mu rwego rwo kwishimira umwaka mushya wa 2026 ubura amasaha ngo ugere, harimo aho abantu bateganyirijwe...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Leta ntabwo akazi kacu ari ubucuruzi- P.Kagame yemeje ko ibikorwa by’ubucuruzi bya Leta byose bizegurirwa abikorera

Leta ntabwo akazi kacu ari ubucuruzi- P.Kagame yemeje ko ibikorwa by’ubucuruzi bya Leta byose bizegurirwa abikorera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.