Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru Oswald yavuze akamuri ku mutima nyuma yo kuganira na Perezida Kagame kuri Radio

radiotv10by radiotv10
03/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyamakuru Oswald yavuze akamuri ku mutima nyuma yo kuganira na Perezida Kagame kuri Radio
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu wa RADIOTV10, avuga ko yishimiye kugirana ikiganiro na Perezida Paul Kagame, kandi ko na we amushimira, akavuga ko yamubonyeho impano ikomeye yo kuba yoroshya ubuzima.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, tariki 01 Mata 2024, Radio 10 yagiranye ikiganiro na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame cyagarutse ku rugendo rwo kubaka Igihugu mu myaka 30, ndetse n’amateka ye yo mu buto yamuteye we na bagenzi be, inyota yo gutangiza urugamba rwo kwibohora.

Iki kiganiro cyatambutse kuri Radio 10 n’ibindi bitangazamakuru birimo Royal FM, cyarimo abanyamakuru Oswald Mutuyeyezu usanzwe akorera RADIOTV10 ndetse na Aissa Cyiza wa Royal FM.

Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu ufite ubunararibonye mu mwuga w’itangazamakuru, nyuma yo kugirana ikiganiro na Perezida Paul Kagame, avuga ko ari umugisha yagize muri uru rugendo rwe rw’itangazamakuru.

Ati “Njye maze imyaka irenze icumi igeze muri 11 cyangwa 12 nkora ibiganiro bitumira abantu, harimo n’abayobozi nka ba Minisitiri. Ndabimenyereye, igikuru ni ugutega amatwi.”

Uyu munyamakuru uvuga ko yari yisanzuye muri iki kiganiro, ndetse ko yanyuzagamo akamwereka ko yifuza kumubaza ikindi kibazo atarasoza ikindi kandi ko bisanzwe mu mwuga w’itangazamakuru, mu gihe hari ababifashe nko kumuca mu ijambo.

Ati “Ushobora kumva rwose ikibazo wabajije aho agejeje biraguhagije, ukaba wamwereka ko ushaka kubaza ikindi kuko muba murebana, ashobora kubibona rero akaguha uburenganzira bwo kubaza ikindi atiriwe asoza cyane cya kindi cya mbere.”

Avuga kandi ko ikiganiro bagiranye ari cyo cyabaye kirekire mu biganiro umukuru w’u Rwanda yagiranye n’ibindi bitangazamakuru byo mu Rwanda, kandi ko na we byamushimishije.

Ati “Birumvikana nk’Umukuru w’Igihugu akubwiye ati ‘ndi bwisanzure ndarambura uko nshaka, igihe ni icyanjye’. Icyo gihe na wo ni umugisha gutindana na we. Ntekereza ko ntawundi munyamakuru baraganira amasaha menshi nk’ayo yaduhaye njye na Aissa Cyiza.”

Avuga ko ikindi cyatumye yisanzura muri iki kiganiro, ari uburyo Perezida Paul Kagame yoroshya ubuzima. Ati “Reka mbanze mushimire, abantu batazi Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, ni umuntu uri very cool, woroshya ubuzima, Aissa we yenze kurira, kuko uko yamutekerezaga ntabwo ari ko yamubonye.”

Muri iki kiganiro kandi Umunyamakuru Oswald yumvikanye yunganira Umukuru w’u Rwanda mu mvugo zimwe na zimwe, akavuga ko na byo abantu badakwiye kubifata ukundi.

Ati “Umunyamakuru inshingano ze, ni ugufasha abaturage kumenya amakuru kandi y’ukuri, umukuru w’Igihugu cyangwa umutumirwa iyo ari kuvuga hari igihe ururimi rushobora kunyerera, akibesha, wowe uba ugomba kuba uri maso kugira ngo uze kubigarura bitagenda mu buryo butari bwo.”

Muri iki kiganiro kandi, Umunyamakuru Oswald yagiye yumvikana mu mvugo zo gutebya nk’uko bisanzwe bimuranga mu biganiro akora, akavuga ko ari ko asanzwe kandi ko yanakomeje kubigaragaza imbere y’Umukuru w’Igihugu ndetse ko kubera uburyo yoroshya ubuzima, biri mu byatumye akomeza kwitwara muri uwo murongo utuma abakurikiye ikiganiro batarambirwa.

Perezida Kagame mu kiganiro na Radio 10
Oswald Mutuyeyezu

IKIGANIRO CYOSE NA OSWALD

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 8 =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda wagarutsweho ubwo hagaragazwaga ‘abajura’ yahise agira icyo abivugaho

Next Post

Hatangiye gukorwa iperereza ku rupfu rw’umwe mu batoza ba APR rukiri urujijo

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangiye gukorwa iperereza ku rupfu rw’umwe mu batoza ba APR rukiri urujijo

Hatangiye gukorwa iperereza ku rupfu rw'umwe mu batoza ba APR rukiri urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.