• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, June 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umunyamakuru Robert McKenna yasezeranye n’umukunzi we yari aherutse kwambika impeta

radiotv10by radiotv10
25/06/2026
in IMYIDAGADURO
0
Umunyamakuru Robert McKenna yasezeranye n’umukunzi we yari aherutse kwambika impeta
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Robert Cyubahiro McKenna, ukorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) yateye indi ntambwe ikomeye mu rugendo rwo kubaka urugo nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko n’umukunzi we yari aherutse kwambika impeta amusaba ko bazarushingana.

Uyu muhango wabaye kuri uyu wa Kane tariki 25 Kamena 2026, ubera mu Murenge wa Kinyinya, aho aba bombi bemerewe n’amategeko kuba umugabo n’umugore.

Gusezerana imbere y’amategeko bibaye mbere y’ubukwe bwabo buteganyijwe ku wa 11 Nyakanga 2026. Kuri uwo munsi, hateganyijwe umuhango wo gusaba no gukwa, gusezerana imbere y’Imana ndetse no kwakira abatumiwe mu birori byo kwizihiza uru rukundo rwabo.

McKenna amaze imyaka ari umwe mu banyamakuru bafite izina rikomeye mu Rwanda, yamenyekanye cyane mu gihe yakoraga kuri Royal FM mbere yo kwinjira muri RBA, aho akomeje gukurikiranwa n’abatari bake binyuze mu kiganiro Magic Drive gitambuka kuri Magic FM.

Inkuru y’urukundo rw’aba bombi yatangiye kuvugwa cyane muri Gashyantare 2026, ubwo McKenna yambikaga impeta Louise Uwase. Icyo gihe yahise atangaza ko bamaze gufata icyemezo cyo kuzabana ubuzima bwabo bwose, abinyujije mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga buherekejwe n’amafoto yabo.

Nyuma y’amezi make batangaje gahunda yabo yo kurushinga, ubu urugendo rwabo rugeze ku yindi ntambwe ikomeye ibaganisha ku bukwe buzaba muri Nyakanga uyu mwaka.

Umunyamakuru Robert Cyubahiro McKenna asanzwe akorera Magic FM
Yasezeranye n’umukunzi we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 12 =

Previous Post

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yishimiye amateka yakozwe n’ikipe ya Afurika y’Epfo mu Gikombe cy’Isi

Related Posts

Bwa mbere umunyamakurukazi n’umukinnyikazi wa filimi bazwi mu Rwanda bagiye guhurira mu mukino w’iteramakofe

Bwa mbere umunyamakurukazi n’umukinnyikazi wa filimi bazwi mu Rwanda bagiye guhurira mu mukino w’iteramakofe

by radiotv10
24/06/2026
0

Umunyamakuru Anita Pendo akaba n’umushyushyarugamba (MC) ndetse n’umukinnyi wa filimi wamamaye nka Mama Sava bagiye guhurira mu mukino w’iteramakofe. Uyu...

Umuziki nyarwanda wungutse umuhanzi wabyigiye usanganywe ibigwi mu kuwutunganya

Umuziki nyarwanda wungutse umuhanzi wabyigiye usanganywe ibigwi mu kuwutunganya

by radiotv10
24/06/2026
0

Umuhanzi Mishou yasohoye indirimbo yitwa “Angelina”, ikaba ari indirimbo ivuga ku bwiza bw’umukobwa w’Umunyarwandakazi yitiriye Angelina. Muri iyi ndirimbo amubwira...

Ukuri kutari kwamenyekanye ku wagaragaye asomera muri sitade umuhazikazi Shakira

Ukuri kutari kwamenyekanye ku wagaragaye asomera muri sitade umuhazikazi Shakira

by radiotv10
23/06/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye umuhungu asomera muri sitade umuhanzikazi w’ikirangirire Shakira, benshi bagakeka ko ari mufana wasomye uyu muhanzikazi ku gahato,...

Shaddyboo yongeye kuzamura impaka kubera inama yagishije abantu

RIB yinjiye mu kirego cya Shaddy Boo ushinja umusore kumusambanya ku gahato

by radiotv10
23/06/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwemeje ko rwakiriye ikirego cya Uwimbabazi Shadia uzwi nka Shaddy Boo, umubyeyi w’abana babiri ushinja umusore kumukoresha...

The Real Cost of Treating Yourself Every Weekend

The Real Cost of Treating Yourself Every Weekend

by radiotv10
21/06/2026
0

After a long and stressful week, many people feel they deserve a reward. It could be a nice meal, a...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umunyamakuru Robert McKenna yasezeranye n’umukunzi we yari aherutse kwambika impeta

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yishimiye amateka yakozwe n’ikipe ya Afurika y’Epfo mu Gikombe cy’Isi

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.