Saturday, February 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

radiotv10by radiotv10
14/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Hariana Verás Victória ugaragaza kubogamira kuri butegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Tshisekedi, yongeye kubaza Perezida Donald Trump ikibazo cyumvikanamo ibinyoma ashinja u Rwanda.

Uyu munyamakuru wakunze kujya muri White House, akanabaza Perezida Trump ibibazo byerecyeye ibibazo biri hagati y’u Rwanda na DRC, kuri uyu wa Gatanu yongeye kubaza Umukuru w’Igihugu cya America.

Mu kibazo cye, Hariana Verás Victória yateruye ashinja u Rwanda kugira uruhare bibazo byo muri DRC, arushinja ibinyoma ngo “u Rwanda ruri kurenga ku masezerano y’amahoro, ni iki ugiye kubikoraho?”

Yakomeje avuga ku byo yari yabwiwe na Trump mu bihe bishize, ati “Ubushize wari wambwiye ko hazabaho ingaruka.” Akomeza ashinja u Rwanda ibinyoma ko ngo “bari kwica Abanyekongo muri DRC…”

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, wihutaga anabazwa ibibazo n’abandi banyamakuru benshi, yirinze gusubiza uyu munyamakuru, amubwira ko agiye kubikurikirana.

Si rimwe cyangwa kabiri uyu munyamakuru yibasiye u Rwanda abaza ibibazo byumvikanamo ibirego by’ibyoma, byakunze kuzamurwa n’ubutegetsi bwa DRC na Perezida Felix Tshisekedi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe aherutse kugaragaza ibyo kwibaza kuri uyu munyamakuru wagaragaje ko yamaze kuba igikoresho cy’ubutegetsi bwa Congo.

Agaragaza bimwe mu bishimangira ko uyu munyamakuru ari igikoresho cya DRC, Minisitiri Nduhungirehe yagize ati “Yiyita ko avuganira Abanyafurika i Washington. Ariko amaze kujya i Kinshasa inshuro ebyiri mu mwaka umwe, aho yahuye na Perezida Tshisekedi; akanakira impano ye imbere ya za camera, akaba yaranatangaje ikiganiro yagiranye na Perezida Ndayishimiye kuri Televisiyo ya DRC (RTNC).”

Uyu munyamakuru kandi aherutse kugaragara mu Nteko Ishinga Amategeko ya America abaza bamwe mu bayigize n’ubundi ibibazo byibasira u Rwanda.

Minisitiri Nduhungirehe, ubwo yanengaga iburabunyamwuga ry’uyu munyamakuru, yagize ati “None uyu munsi turi kumubona afashe microphone ya RTNC muri White House, ariko nta na rimwe yigeze agaragaza ko ahemberwa i Kinshasa.”

Abasesenguzi mu bya politiki mu karere, barimo Umunyamakuru Andrew Mwenda, baherutse kuuga ko Hariana Verás Victória yamaze gusa nk’aho yiyambura umwambaro w’itangazamakuru ahubwo akayoboka politiki ya propaganda kubera indonke.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

Related Posts

Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo

Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo

by radiotv10
13/02/2026
0

Igihugu cya Angola, gisanzwe ari umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Imibare y’abagizweho ingaruka n’inkubi idasanzwe muri Madagascar ikomeje gutumbagira

Imibare y’abagizweho ingaruka n’inkubi idasanzwe muri Madagascar ikomeje gutumbagira

by radiotv10
13/02/2026
0

Abantu bagera kuri 40 bamaze kwitaba Imana, mu gihe abarenga 12 000 bavuye mu byabo, nyuma yuko inkubi y’umuyaga wiswe...

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

by radiotv10
12/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbuye muri DRC (MONUSCO) bwatangaje ko Vivian van de Perre, Intumwa Yihariye y'Umunyabanga Mukuru w'uyu Muryango, akaba...

Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

by radiotv10
12/02/2026
0

A helicopter carrying Vivian van de Perre, the Special Representative of the UN Secretary-General and Acting Head of MONUSCO, has...

BREAKING: Bwa mbere ku Kibuga cy’Indege cya Goma haguye indege kuva AFC/M23 yahafata

BREAKING: Bwa mbere ku Kibuga cy’Indege cya Goma haguye indege kuva AFC/M23 yahafata

by radiotv10
12/02/2026
0

Indege yo mu bwoko bwa kajugujugu itwaye Vivian van de Perre, Intumwa Yihariye y’Umunyabanga Mukuru wa UN, akaba n’Umuyobozi w’Agateganyo...

IZIHERUKA

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye
AMAHANGA

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

by radiotv10
14/02/2026
0

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

14/02/2026
Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

14/02/2026
Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

14/02/2026
The New Definition of “Success” for Young People in 2026

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

14/02/2026
Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

13/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.