• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyamakuru uri mu bagezweho mu Rwanda yahishuye uko yinjiye mu mwuga

radiotv10by radiotv10
15/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyamakuru uri mu bagezweho mu Rwanda yahishuye uko yinjiye mu mwuga

Umunyamakuru Rugaju Reagan

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Rugaju Reagan ukora ibiganiro bya siporo, yahishuye uko yinjiye mu itangazamakuru atari yarigeze atekereza ko yakora uyu mwuga, aho yabikoze agerageza, none ubu akaba ari umwe mu bagezweho mu Rwanda.

Rugaju Reagana yavuze ko atakuranye inzozi zo kuzaba umunyamakuru, ariko ko yakundaga gukurikira abanyamakuru b’ibiganiro bya Siporo ariko yumva adashobora kuba umwe muri bo.

Yagize ati “Ntabwo nabitekerezaga, gusa narabikundaga kumva abanyamakuru bavuga siporo, ntabwo niyumvaga nk’uzasimbura abanyamakuru bariho icyo gihe barimo ba Marcel Rutagarama na Yves Bucyana.”

Avuga ko ubwo yajyaga kwinjira muri uyu mwuga, yagiye kureba bamwe mu banyamakuru bakoraga ikiganiro cy’imikino kuri imwe muri radiyo ikorera mu Rwanda akabasaba kumuha igerageza bakareba ko yabishobora.

Ati “Umunsi umwe nabyutse ntabipanze ntazi ko ndabonana n’abanyamakuru, bigeze nimugoroba ndiyongoza ngo uwajya kureba Rugimbana na Rugangura Axel, mpita njyayo basoza ikiganiro mpari, mbabwira nti ‘ibintu mukora ndabikunda kandi nabishobora’ Rugimbagana ati ‘aka kana gafite amagambo menshi uwagaha igerageza ko ubanza kabishobora’, bahita bampa igerageza ry’amezi atatu kuri Flash ndakora na n’ubu ndacyakora.”

Uyu munyamakuru Rugaju Reagan ukorera ikigo cy’Igihugu cy’itangazamakuru, ni umwe mu banyamakuru b’imikino, bakurikirwa n’abakunda ibijyanye na siporo mu Rwanda kubera ubusesenguzi bwe.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 2 =

Previous Post

BREAKING: Perezida Kagame yakoze impinduka mu Buyobozi bwa RDF

Next Post

Uwo muri Guverinoma ya Uganda ukundana n’umuhanzi yahishuye uko binjiye mu rukundo

Related Posts

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

by radiotv10
03/07/2026
0

Rurangiranwa mu mupira w’amaguru ku Isi, Cristiano Ronaldo yabajijwe ikibazo n’umunyamakuru w’Umunyarwanda uri muri Canada ahari kubera Igikombe cy’Isi, kirebana...

Ikipe ya Police FC yibitseho abakinnyi batanu ku munsi umwe

Ikipe ya Police FC yibitseho abakinnyi batanu ku munsi umwe

by radiotv10
03/07/2026
0

Ikipe ya Police FC yatangaje ko yamaze gusinyisha abakinnyi batanu bashya biganjemo abanyamahanga,n'Umunyarwanda ukina nka myugariro Rushema Chris wari usanzwe...

Hagiye kujya hakorwa isuzuma ritunguranye mu Rwanda rishobora gutahura abakinnyi bakoresha ibiyobyabwenge

Hagiye kujya hakorwa isuzuma ritunguranye mu Rwanda rishobora gutahura abakinnyi bakoresha ibiyobyabwenge

by radiotv10
03/07/2026
0

Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yatangaje mu guhera mu mwaka w’imikino wa 2026-2026 abakinnyi bazajya bakorerwa isuzuma...

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

by radiotv10
02/07/2026
0

Nyuma y’uko ikipe ya Kiyovu Sports isoje umwaka w’imikino idafite umutoza mukuru, yatangiye kurambagiza uwatozaga Amagaju, gusa amakuru aravuga ko...

FERWAFA yirukanye Peggy Kagwire wari ushinzwe umutungo

FERWAFA yirukanye Peggy Kagwire wari ushinzwe umutungo

by radiotv10
30/06/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryirukanye Peggy Kagwire wari ushinzwe umutungo, rimuziza kuwucunga nabi. Ibi bibaye nyuma y’aho kompanyi...

Next Post
Uwo muri Guverinoma ya Uganda ukundana n’umuhanzi yahishuye uko binjiye mu rukundo

Uwo muri Guverinoma ya Uganda ukundana n’umuhanzi yahishuye uko binjiye mu rukundo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.