• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru wari mu bamaze igihe mu itangazamkuru mu Rwanda yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
25/08/2025
in MU RWANDA
0
Umunyamakuru wari mu bamaze igihe mu itangazamkuru mu Rwanda yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

Kassim Yussuf wari Umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA, wamenyekanye cyane mu kiganiro Samedi Détente kuri Radio Rwanda, yitabye imana azize uburwayi.

Amakuru y’itabaruka rya nyakwigendera, yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Kanama 2025, yatangajwe na bamwe muri bagenzi be bakorana muri iki Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA.

Bamwe mu banyamakuru bakora muri RBA, bavuga ko nyakwigendera yitabye Imana azize uburwayi.

Ni inkuru kandi yashenguye bamwe mu bakora umwuga w’itangazamakuru mu Rwanda, bagaragaje agahinda batewe n’itabaruka rya nyakwigendera.

Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yagize ati “Kassim Yussuf, twakunze cyane mu kiganiro Samedi Détente, yatabarutse (RBA) […] Imana imwakire mu bwami bwayo.”

Kassim Yussuf uretse kuba yaramenyekanye mu kiganiro Samedi Détente aho yasusurutsaga benshi, yanasamaga amakuru kuri Radio Rwanda mu rurimi rw’Igifaransa, akaba yari amaze igihe mu mwuga w’itangazamakuru dore ko yawokoze mu gihe kigera ku myaka 20.

Nyakwigendera yasomaga amakuru mu Gifaransa kuri Radio Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 9 =

Previous Post

Eng.- FARDC and FDLR launch attacks in areas including Goma

Next Post

FARDC na FDLR bahengereye abaturage baryamye bagaba ibitero mu bice birimo i Goma

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
FARDC na FDLR bahengereye abaturage  baryamye bagaba ibitero mu bice birimo i Goma

FARDC na FDLR bahengereye abaturage baryamye bagaba ibitero mu bice birimo i Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.