Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO UDUSHYA

Umunyamakuru w’Umunya-Uganda yashimagije Kigali ahabwa igisubizo gisekeje n’uwabaye Umuyobozi muri Polisi ya Uganda

radiotv10by radiotv10
22/06/2022
in UDUSHYA, UDUSHYA
0
Umunyamakuru w’Umunya-Uganda yashimagije Kigali ahabwa igisubizo gisekeje n’uwabaye Umuyobozi muri Polisi ya Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Uwabaye Umuyobozi Wungirije wa Polisi ya Uganda (AIGP), Asan Kasingye yasabye Umunyamakuru wo muri Uganda washimagije umujyi wa Kigali, kuhigumira ntiyirirwe asubira i Kampala.

Umunyamakuru witwa Daniel Lutaaya usanzwe akora inkuru zicukumbuye, witabiriye ibikorwa bya CHOGM biri kubera i Kigali, yagaragaje ko yishimiye ubwiza bw’uyu Murwa Mukuru w’u Rwanda.

Mu butumwa yatambukije kuri Twitter kuri uyu wa Gatatu, Daniel Lutaaya yavuze ko kuva yagera i Kigali atarabona umwanda muri uyu mujyi usanzwe urahirirwa na benshi kurangwa n’isuku n’umutekano.

Yagize ati “Sindabona Kaveera [agafuka], sindabona icupa rya pulasitike rireremba muri iyi minsi ine, ubwiherero rusange hano ntabwo bufungwa (kandi ni n’ubuntu), sindabona abasabiriza ku mihanda, sindumva umunuko mu minsi ine.”

Asan Kasingye wabaye Umuyobozi Wungirije wa Polisi (AIGP) muri Uganda, yahise aha igisubizi uyu munyamakuru wagaragaje ibyiza by’umujyi wa Kigali.

Yagize ati “Guma aho. Ni byo byiza ku bw’ubuzima bwawe.”

Remain there. It’s good for your health. https://t.co/3KJJkjvsLq

— AIGP(Rtd) Asan Kasingye (@AKasingye) June 22, 2022

Abandi batanze ibitekerezo kuri ubu butumwa bw’uyu munyamakuru na bo bamusabye kwigumira mu Rwanda.

Uwitwa Innocent yagize ati “Nizeye ko uzi ko mu Rwanda bafite abaturage babariewa muri Miliyoni 12,5 naho Uganda ikagira abarenga Miliyoni 47. Ubwo ni ahawe ho guhitamo neza.”

Umujyi wa Kigali ubu wakiriye imwe mu nama zikomeye ku Isi, usanzwe uzwiho kuba urangwamo isuku kubera ibiti bitohagiye biharangwa ndetse n’ubusitani bituma hakomeza kuba akayaga gaherereye.

Umunyamakuru Daniel yagaragaje ko Kigali ari umujyi mwiza
Asan Kasingye amusaba kuhigumira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Afghanistan: Hamaze kumenyekana abantu 1.000 bahitanywe n’umutingito udasanzwe

Next Post

Kigali ubu niwo Mujyi ku Isi urimo abakomeye benshi, Boris Johnson na we yahasesekaye

Related Posts

Ibiteye amatsiko n’ibidasanzwe ku modoka nshya y’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Ibiteye amatsiko n’ibidasanzwe ku modoka nshya y’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
07/12/2024
0

Uruganda rwa Mercedes-Benz rwamurikiye Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis, imodoka yo mu bwoko bwa Mercedes G-Wagon SUV,...

Abanyeshuri barebeye mu ishuri amashusho ya Balthazar wabaye ikimenyabose ibyababayeho ntibabitekerezaga

Abanyeshuri barebeye mu ishuri amashusho ya Balthazar wabaye ikimenyabose ibyababayeho ntibabitekerezaga

by radiotv10
22/11/2024
1

Abanyeshuri batanu bo mu ishuri rya Kiliziya Gatulika ryo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Ibidasanzwe byabaye ku mugore wibarutse mu Bushinwa byakurikiwe n’ihurizo ritamworoheye

Ibidasanzwe byabaye ku mugore wibarutse mu Bushinwa byakurikiwe n’ihurizo ritamworoheye

by radiotv10
12/11/2024
0

Umugore wo mu Bushinwa, ari mu rujijo nyuma yuko umugabo we amusabye ko batandukana kuko yabyaye umwana wirabura nyamara ngo...

Amakuru agezweho kuri Baltasar wabaye ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga

Amakuru agezweho kuri Baltasar wabaye ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
08/11/2024
0

Baltasar Ebang Engonga wagarutsweho cyane ku mbuga nkoranyambaga nyuma yuko hagaragaye amashusho yafatwaga ubwo yakoranaga imibonano mpuzabitsina n’abagore 400 barimo...

Leta ya Guinea Equatorial yatangaje ikigiye gukorwa nyuma y’amashusho y’umugabo yaciye igikuba

Leta ya Guinea Equatorial yatangaje ikigiye gukorwa nyuma y’amashusho y’umugabo yaciye igikuba

by radiotv10
06/11/2024
0

Ubutegetsi bwa Guinea Equatorial bugiye kwirukana abayobozi bose baba barakoreye imibonano mpuzabitsina mu biro byabo, nyuma yuko hatahuwe amashusho y’umwe...

IZIHERUKA

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi
MU RWANDA

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali ubu niwo Mujyi ku Isi urimo abakomeye benshi, Boris Johnson na we yahasesekaye

Kigali ubu niwo Mujyi ku Isi urimo abakomeye benshi, Boris Johnson na we yahasesekaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.