Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru w’Umunyarwandakazi washimiwe akazi yakoze muri AFCON yishimiye kugaruka mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
09/02/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Umunyamakuru w’Umunyarwandakazi washimiwe akazi yakoze muri AFCON yishimiye kugaruka mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Clarisse Uwimana wakurikiranye imikino y’Igikombe cya Afurika, agashimirwa uburyo atahwemaga kugeza ku Banyarwanda amakuru y’iki gikombe, yishimiye kuba yagarutse mu Rwanda.

Clarisse Uwimana usanzwe ari Umunyamakuru wa B&B FM Umwezi, yari amaze iminsi ari muri Cameroon ahari hamaze iminsi habera igikombe cya Afurika cyasojwe ku Cyumweru kikegukanwa na Senegal.

Uyu munyamakurukazi utarahwemaga kugaragaza umwuka wo muri Cameroon, yagiye ashimirwa akazi yakoraga by’umwihariko amakuru ajyanye n’Umunyarwandakazi Mukansanga Salima Rhadi wabaye umusifuzi wa mbere w’Igitsinagore wasifuye mu gikombe cya Afurika.

Uyu munyamakurukazi ni na we wakoresheje ikiganiro Mukansanga nyuma y’umukiko yayoboye, akagaragaza imbamutima ze ubwo yariraga kubera ibyishimo by’amateka yanditse.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bagiye bashimira Clarisse Uwimana uburyo yakoraga akazi ke bigaragara ko agakorana umwete nk’aho yagaragaye yifatiye telephone iri gufata amashusho n’akuma gafata amajwi icyarimwe.

BACK! pic.twitter.com/1jKXgWD8Fh

— Clarisse Uwimana (@uwimaclarisse) February 9, 2022

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Gashyantare 2022, uyu munyamakurukazi yashyize ifoto kuri Twitter imugaragaza ari ku kibuga cy’Indenge cya Kanombe agaragaza ko yishimiye kugaruka mu Rwanda.

Bamwe mu bamukurikira bamwifurije kwishyuka mu rwamubyaye, barimo uwitwa Jean Paul Hashakimana wagize ati “Welcome (urisanga) ubutaha nzakuzanira ururabo sha nkwiyakirire.”

Yves Gasengayiye na we yagize ati “Urugendo ruhire kandi nishimiye akazi wakoze. Ukomereze aho.”

Ubwo yari ageze ku kibuga cy’Indege
Akiri muri Cameroon
Yashimiwe akazi yakoze
Yifotoranyije n’abakinnyi bakomeye barimo Edouard Mendy wafashije Senegal kwegukana igikombe
Na Onana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 9 =

Previous Post

Mozambique: Ingabo z’u Rwanda zongeye kwirahirwa

Next Post

Uko Perezida Ndayishimiye yakiriye icyemezo cy’Ubumwe bw’u Burayi bwakuriyeho ibihano u Burundi

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko Perezida Ndayishimiye yakiriye icyemezo cy’Ubumwe bw’u Burayi bwakuriyeho ibihano u Burundi

Uko Perezida Ndayishimiye yakiriye icyemezo cy’Ubumwe bw’u Burayi bwakuriyeho ibihano u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.