Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru w’Umunyarwandakazi washimiwe akazi yakoze muri AFCON yishimiye kugaruka mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
09/02/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Umunyamakuru w’Umunyarwandakazi washimiwe akazi yakoze muri AFCON yishimiye kugaruka mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Clarisse Uwimana wakurikiranye imikino y’Igikombe cya Afurika, agashimirwa uburyo atahwemaga kugeza ku Banyarwanda amakuru y’iki gikombe, yishimiye kuba yagarutse mu Rwanda.

Clarisse Uwimana usanzwe ari Umunyamakuru wa B&B FM Umwezi, yari amaze iminsi ari muri Cameroon ahari hamaze iminsi habera igikombe cya Afurika cyasojwe ku Cyumweru kikegukanwa na Senegal.

Uyu munyamakurukazi utarahwemaga kugaragaza umwuka wo muri Cameroon, yagiye ashimirwa akazi yakoraga by’umwihariko amakuru ajyanye n’Umunyarwandakazi Mukansanga Salima Rhadi wabaye umusifuzi wa mbere w’Igitsinagore wasifuye mu gikombe cya Afurika.

Uyu munyamakurukazi ni na we wakoresheje ikiganiro Mukansanga nyuma y’umukiko yayoboye, akagaragaza imbamutima ze ubwo yariraga kubera ibyishimo by’amateka yanditse.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bagiye bashimira Clarisse Uwimana uburyo yakoraga akazi ke bigaragara ko agakorana umwete nk’aho yagaragaye yifatiye telephone iri gufata amashusho n’akuma gafata amajwi icyarimwe.

BACK! pic.twitter.com/1jKXgWD8Fh

— Clarisse Uwimana (@uwimaclarisse) February 9, 2022

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Gashyantare 2022, uyu munyamakurukazi yashyize ifoto kuri Twitter imugaragaza ari ku kibuga cy’Indenge cya Kanombe agaragaza ko yishimiye kugaruka mu Rwanda.

Bamwe mu bamukurikira bamwifurije kwishyuka mu rwamubyaye, barimo uwitwa Jean Paul Hashakimana wagize ati “Welcome (urisanga) ubutaha nzakuzanira ururabo sha nkwiyakirire.”

Yves Gasengayiye na we yagize ati “Urugendo ruhire kandi nishimiye akazi wakoze. Ukomereze aho.”

Ubwo yari ageze ku kibuga cy’Indege
Akiri muri Cameroon
Yashimiwe akazi yakoze
Yifotoranyije n’abakinnyi bakomeye barimo Edouard Mendy wafashije Senegal kwegukana igikombe
Na Onana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + thirteen =

Previous Post

Mozambique: Ingabo z’u Rwanda zongeye kwirahirwa

Next Post

Uko Perezida Ndayishimiye yakiriye icyemezo cy’Ubumwe bw’u Burayi bwakuriyeho ibihano u Burundi

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko Perezida Ndayishimiye yakiriye icyemezo cy’Ubumwe bw’u Burayi bwakuriyeho ibihano u Burundi

Uko Perezida Ndayishimiye yakiriye icyemezo cy’Ubumwe bw’u Burayi bwakuriyeho ibihano u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.