Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyamakuru yagaragaje impamvu yihariye izatuma ikipe ikomeye yirukana umutoza w’umunyabigwi

radiotv10by radiotv10
25/04/2023
in AMAHANGA, FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyamakuru yagaragaje impamvu yihariye izatuma ikipe ikomeye yirukana umutoza w’umunyabigwi

Thomas Tuchel wicaye ku ntebe ishyushye muri Bayern Munich

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru witwa Dietmar “Didi” Hamann yatangaje ko Umutoza Thomas Tuchel azirukanwa na Bayern Munich igihe cyose Borussia Dortmund yaramuka ibatwaye Shampiyona y’uyu mwaka.

Thomas Tuchel Igihe amaze atoza Bayern Munich, ntiyorohewe na gato nk’uko byemezwa n’uwahoze akinira ikipe y’igihugu y’Ubudage, Dietmar Hamann wemeza ko uyu mutoza agomba gutwara igikombe cya Shampiyona Bundesliga uyu mwaka cyangwa akaba yakwirukanwa nta gihe kinini ayimazemo.

Tuchel, w’imyaka 49, yahawe akazi ko gutoza iyi kipe, isanzwe ikinira kuri Allianz Arena, nyuma yo kwirukanwa kwa Julian Nagelsmann muri Werurwe. Thomas Tuchel, akaba yaraherukaga mu kazi k’ubutoza ubwo yari ari mu ikipe ya Chelsea, y’i Stamford Bridge, mbere y’uko imwirukana muri Nzeri 2022.

Nubwo ariko uyu mutoza w’Umudage, Tuchel, mu mukino we wa mbere wa Shampiyona ari muri Bayern Munich, yatsinze Borussia Dortmund, indi mikino yakurikiyeho ntibyigeze bimworohera we n’iyi kipe atoza y’i Bavaria. Ibi byatumye bisanga ku mwanya wa 2 ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’Ubudage, barushwa inota rimwe gusa na Borussia Dortmund, ni nyuma y’uko batsinzwe na Mainz 05 ibitego 3-1 kuri uyu wa Gatandatu kandi baranavuyemo muri Champions League no mu gikombe cy’igihugu cy’Ubudage, DFB Pokal.

Umunyamakuru, wahoze ari n’umukinnyi, Dietmar Hamann, cyane ko yanahereye mu ikipe y’abato ya Bayern Munich mbere yo kuzamurwa mu ikipe yayo nkuru, avuga ko ukwezi kwa mbere kwa Tuchel muri Bayern Munich guteje inkeke nyuma yo gutsindamo imikino 2 gusa mu mikino 7 mu marushanwa yose.

Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru cyitwa Ruhr Nachrichten, Hamann avuga ko ubuyobozi bwa Bayern Munich na bwo buri mu rungababangabo gusa ko n’umutoza na we, kugeza ubu, atarimo kwitwara neza mu byumweru 4 bye bya mbere, ndetse akanongeraho ko Tuchel nadatwara Shampiyona, ari ibintu bigaragara ko azirukanwa.

Cedrick KEZA
RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Inkongi y’amayobera yibasiye ishuri iteza igikuba mu banyeshuri

Next Post

Kenya: Odinga wari wasubitse imyigaragambyo yagarukanye gahunda idasanzwe

Related Posts

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

by radiotv10
24/11/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gukozanyaho n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, mu mirwano yabereye muri Uvira...

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’igisirikare...

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

by radiotv10
24/11/2025
0

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwemeje ifungwa ry’abasirikare bo ku rwego rwo hejuru barimo abo mu...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Odinga wari wasubitse imyigaragambyo yagarukanye gahunda idasanzwe

Kenya: Odinga wari wasubitse imyigaragambyo yagarukanye gahunda idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.