Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyamakuru yagaragaje impamvu yihariye izatuma ikipe ikomeye yirukana umutoza w’umunyabigwi

radiotv10by radiotv10
25/04/2023
in AMAHANGA, FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyamakuru yagaragaje impamvu yihariye izatuma ikipe ikomeye yirukana umutoza w’umunyabigwi

Thomas Tuchel wicaye ku ntebe ishyushye muri Bayern Munich

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru witwa Dietmar “Didi” Hamann yatangaje ko Umutoza Thomas Tuchel azirukanwa na Bayern Munich igihe cyose Borussia Dortmund yaramuka ibatwaye Shampiyona y’uyu mwaka.

Thomas Tuchel Igihe amaze atoza Bayern Munich, ntiyorohewe na gato nk’uko byemezwa n’uwahoze akinira ikipe y’igihugu y’Ubudage, Dietmar Hamann wemeza ko uyu mutoza agomba gutwara igikombe cya Shampiyona Bundesliga uyu mwaka cyangwa akaba yakwirukanwa nta gihe kinini ayimazemo.

Tuchel, w’imyaka 49, yahawe akazi ko gutoza iyi kipe, isanzwe ikinira kuri Allianz Arena, nyuma yo kwirukanwa kwa Julian Nagelsmann muri Werurwe. Thomas Tuchel, akaba yaraherukaga mu kazi k’ubutoza ubwo yari ari mu ikipe ya Chelsea, y’i Stamford Bridge, mbere y’uko imwirukana muri Nzeri 2022.

Nubwo ariko uyu mutoza w’Umudage, Tuchel, mu mukino we wa mbere wa Shampiyona ari muri Bayern Munich, yatsinze Borussia Dortmund, indi mikino yakurikiyeho ntibyigeze bimworohera we n’iyi kipe atoza y’i Bavaria. Ibi byatumye bisanga ku mwanya wa 2 ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’Ubudage, barushwa inota rimwe gusa na Borussia Dortmund, ni nyuma y’uko batsinzwe na Mainz 05 ibitego 3-1 kuri uyu wa Gatandatu kandi baranavuyemo muri Champions League no mu gikombe cy’igihugu cy’Ubudage, DFB Pokal.

Umunyamakuru, wahoze ari n’umukinnyi, Dietmar Hamann, cyane ko yanahereye mu ikipe y’abato ya Bayern Munich mbere yo kuzamurwa mu ikipe yayo nkuru, avuga ko ukwezi kwa mbere kwa Tuchel muri Bayern Munich guteje inkeke nyuma yo gutsindamo imikino 2 gusa mu mikino 7 mu marushanwa yose.

Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru cyitwa Ruhr Nachrichten, Hamann avuga ko ubuyobozi bwa Bayern Munich na bwo buri mu rungababangabo gusa ko n’umutoza na we, kugeza ubu, atarimo kwitwara neza mu byumweru 4 bye bya mbere, ndetse akanongeraho ko Tuchel nadatwara Shampiyona, ari ibintu bigaragara ko azirukanwa.

Cedrick KEZA
RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − four =

Previous Post

Inkongi y’amayobera yibasiye ishuri iteza igikuba mu banyeshuri

Next Post

Kenya: Odinga wari wasubitse imyigaragambyo yagarukanye gahunda idasanzwe

Related Posts

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Odinga wari wasubitse imyigaragambyo yagarukanye gahunda idasanzwe

Kenya: Odinga wari wasubitse imyigaragambyo yagarukanye gahunda idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.