Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamakuru Yago yashyize hanze ibindi avuga ko byamugaho akiri mu Rwanda byatumye ahunga

radiotv10by radiotv10
07/09/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyamakuru Yago yashyize hanze ibindi avuga ko byamugaho akiri mu Rwanda byatumye ahunga
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi, Nyarwaya Innocent wamenyekanye nka Yago, uherutse gutangaza ko yahunze u Rwanda kubera abantu ku giti cyabo bashakaga kumugirira nabi, yavuze ibindi yakorerwaga akiri mu Gihugu, ndetse ngo ubu aho ari abayeho atekanye.

Yago umaze iminsi ari ingingo igarukwaho mu myidagaduro yo mu Rwanda, yatangaje ibi mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, cyagarutse kuri bimwe mu byo avuga ko byatumye ava mu Rwanda.

Uyu munyamakuru akaba n’umuhanzi umaze iminsi akora ibiganiro yikoma abo yita abagambanyi ngo bashatse kumwambura ubuzima, avuga ko yiteguye kuzahangana n’uwo ari we wese uzashaka kwangiza izina rye.

Gusa ngo nubwo yamaze kuva mu Gihugu, ntazigera avuga nabi Igihugu cyamwibarutse cyangwa ngo agwe mu mutego wo gukorana n’abakirwanya, dore ko hari abatangiye gushaka ko bakorana.

Ati “Kimwe mu bintu navuze ntazigera nkora, sinzigera ndwanya Igihugu cyanjye, sinzigera mvuga nabi Igihugu cyanjye, uwancaho uwo ari we wese cyangwa ibyo bigarasha bishaka ngo kuncaho, nta kigarasha na kimwe mvugana nacyo, nta kigarasha na kimwe nziranye nacyo.

Sinzigera ngambanira Igihugu cyanjye, ariko umubtu wese uzamenyera izina Yago akaza kurishyira ku mbuga nkoranyambaga ashaka kurigaragaza nabi, uwo amasasu azamugeraho.”

Yago akomeza avuga ko nyuma yo kuva mu Gihugu, aho ari abayeho neza. Ati “Mbayeho neza kuko mfite amahoro kuruta ayo nari mfite ndi muri abo bantu babi bashaka kuntega amarozi, bashaka kunyica.”

Akomeza agaragaza ibyamubagaho akiri mu Rwanda. Ati “Nari mbayeho nabi nkiri aho, ubwo nasohokaga mu rupangu ngasanga abantu nk’icumi bari ku rupangu iwanjye, nari mbayeho nabi ubwo navaga ku kazi ngasanga abantu bari iwanjye ntabinjijeyo, nari mbayeho nabi ubwo nari ku kazi nkabona abantu batanu baje kuneka ngo amakuru yanjye, nari mbayeho nabi ubwo nageraga iwanjye, abantu bagatera amabuye iwanjye mu rupangu.”

Yago avuga ko ibi byose byamubagaho, atahwemye gutaka ariko ntatabarwe, ku buryo biri mu byatumye ava mu Gihugu.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruherutse gutangaza ko Nyarwaya Innocent yahunze Igihugu yari akurikiranyweho ibyaha birimo ibikomeye nko gukurura amacakubiri, ndetse ko yahunze ubwo yari atangiye kubibazwaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 15 =

Previous Post

U Bushinwa bwagaragarije Afurika impamvu buyifuriza ibyiza buzanakomeza kuyiba hafi

Next Post

Urwego rw’iperereza mu Rwanda rwungutse abahanga mu gukusanya ibimenyetso bya gihanga biganjemo abasirikare

Related Posts

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Rev. Ndayizeye Isaïe uyobora Itorero rya ADEPR, yahakanye amakuru yatangajwe ko yanze gusezeranya umuririmbyi Ishimwe Vestine n’umugabo we Idriss Jean...

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, umaze iminsi agarukwaho mu makuru y’imyidagaruro kubera amashusho ye yasakaye, ari kubarizwa ku Mugabane...

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad usanzwe akora ibiganiro bitambuka kuri YouTube, akurikiranyweho ibindi byaha byiyongera...

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

by radiotv10
29/11/2025
0

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaramo umuhanzi B-Face w’i Burundi yumvikanamo avugamo amagambo y’ibitutsi ku Banyarwanda, byamenyekanye ko yabarwaniye ishyaka,...

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuhanzi Ishimwe Prince uzwi nka Darest, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, ku munsi umwe na Micky na AG Promoter na...

IZIHERUKA

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze
MU RWANDA

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

04/12/2025
ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urwego rw’iperereza mu Rwanda rwungutse abahanga mu gukusanya ibimenyetso bya gihanga biganjemo abasirikare

Urwego rw’iperereza mu Rwanda rwungutse abahanga mu gukusanya ibimenyetso bya gihanga biganjemo abasirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.