Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamakuru Yago yashyize hanze ibindi avuga ko byamugaho akiri mu Rwanda byatumye ahunga

radiotv10by radiotv10
07/09/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyamakuru Yago yashyize hanze ibindi avuga ko byamugaho akiri mu Rwanda byatumye ahunga
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi, Nyarwaya Innocent wamenyekanye nka Yago, uherutse gutangaza ko yahunze u Rwanda kubera abantu ku giti cyabo bashakaga kumugirira nabi, yavuze ibindi yakorerwaga akiri mu Gihugu, ndetse ngo ubu aho ari abayeho atekanye.

Yago umaze iminsi ari ingingo igarukwaho mu myidagaduro yo mu Rwanda, yatangaje ibi mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, cyagarutse kuri bimwe mu byo avuga ko byatumye ava mu Rwanda.

Uyu munyamakuru akaba n’umuhanzi umaze iminsi akora ibiganiro yikoma abo yita abagambanyi ngo bashatse kumwambura ubuzima, avuga ko yiteguye kuzahangana n’uwo ari we wese uzashaka kwangiza izina rye.

Gusa ngo nubwo yamaze kuva mu Gihugu, ntazigera avuga nabi Igihugu cyamwibarutse cyangwa ngo agwe mu mutego wo gukorana n’abakirwanya, dore ko hari abatangiye gushaka ko bakorana.

Ati “Kimwe mu bintu navuze ntazigera nkora, sinzigera ndwanya Igihugu cyanjye, sinzigera mvuga nabi Igihugu cyanjye, uwancaho uwo ari we wese cyangwa ibyo bigarasha bishaka ngo kuncaho, nta kigarasha na kimwe mvugana nacyo, nta kigarasha na kimwe nziranye nacyo.

Sinzigera ngambanira Igihugu cyanjye, ariko umubtu wese uzamenyera izina Yago akaza kurishyira ku mbuga nkoranyambaga ashaka kurigaragaza nabi, uwo amasasu azamugeraho.”

Yago akomeza avuga ko nyuma yo kuva mu Gihugu, aho ari abayeho neza. Ati “Mbayeho neza kuko mfite amahoro kuruta ayo nari mfite ndi muri abo bantu babi bashaka kuntega amarozi, bashaka kunyica.”

Akomeza agaragaza ibyamubagaho akiri mu Rwanda. Ati “Nari mbayeho nabi nkiri aho, ubwo nasohokaga mu rupangu ngasanga abantu nk’icumi bari ku rupangu iwanjye, nari mbayeho nabi ubwo navaga ku kazi ngasanga abantu bari iwanjye ntabinjijeyo, nari mbayeho nabi ubwo nari ku kazi nkabona abantu batanu baje kuneka ngo amakuru yanjye, nari mbayeho nabi ubwo nageraga iwanjye, abantu bagatera amabuye iwanjye mu rupangu.”

Yago avuga ko ibi byose byamubagaho, atahwemye gutaka ariko ntatabarwe, ku buryo biri mu byatumye ava mu Gihugu.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruherutse gutangaza ko Nyarwaya Innocent yahunze Igihugu yari akurikiranyweho ibyaha birimo ibikomeye nko gukurura amacakubiri, ndetse ko yahunze ubwo yari atangiye kubibazwaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − six =

Previous Post

U Bushinwa bwagaragarije Afurika impamvu buyifuriza ibyiza buzanakomeza kuyiba hafi

Next Post

Urwego rw’iperereza mu Rwanda rwungutse abahanga mu gukusanya ibimenyetso bya gihanga biganjemo abasirikare

Related Posts

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco yatanze umucyo ku byatumye hari abakeka ko yaba yarabeshye abantu igihe kinini ko atabona, avuga ko amashusho...

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

by radiotv10
21/11/2025
0

Kyra Nkezabera ukomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda, uri guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi (Miss Belgium), yageze mu cyiciro cya...

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

by radiotv10
19/11/2025
0

Umuhanzi Bill Ruzima wari uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge, yamaze kujyanwa mu Kigo Ngororamuco cya Huye cyanyuzemo abandi...

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

by radiotv10
19/11/2025
0

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yageneye ubutumwa mugenzi we Ishimwe Vestine amukomeza, nyuma yuko hagiye hanze...

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

by radiotv10
19/11/2025
0

Yifashishije ibipfunsi bibiri byambaye uturindantoki tuzwi ku bakinnyi b’iteramakofe, Umuhanzi The Ben yateguje abantu igitaramo mbaturamugabo bivugwa ko azahuriramo na...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urwego rw’iperereza mu Rwanda rwungutse abahanga mu gukusanya ibimenyetso bya gihanga biganjemo abasirikare

Urwego rw’iperereza mu Rwanda rwungutse abahanga mu gukusanya ibimenyetso bya gihanga biganjemo abasirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.