Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamakuru Yago yashyize hanze ibindi avuga ko byamugaho akiri mu Rwanda byatumye ahunga

radiotv10by radiotv10
07/09/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyamakuru Yago yashyize hanze ibindi avuga ko byamugaho akiri mu Rwanda byatumye ahunga
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi, Nyarwaya Innocent wamenyekanye nka Yago, uherutse gutangaza ko yahunze u Rwanda kubera abantu ku giti cyabo bashakaga kumugirira nabi, yavuze ibindi yakorerwaga akiri mu Gihugu, ndetse ngo ubu aho ari abayeho atekanye.

Yago umaze iminsi ari ingingo igarukwaho mu myidagaduro yo mu Rwanda, yatangaje ibi mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, cyagarutse kuri bimwe mu byo avuga ko byatumye ava mu Rwanda.

Uyu munyamakuru akaba n’umuhanzi umaze iminsi akora ibiganiro yikoma abo yita abagambanyi ngo bashatse kumwambura ubuzima, avuga ko yiteguye kuzahangana n’uwo ari we wese uzashaka kwangiza izina rye.

Gusa ngo nubwo yamaze kuva mu Gihugu, ntazigera avuga nabi Igihugu cyamwibarutse cyangwa ngo agwe mu mutego wo gukorana n’abakirwanya, dore ko hari abatangiye gushaka ko bakorana.

Ati “Kimwe mu bintu navuze ntazigera nkora, sinzigera ndwanya Igihugu cyanjye, sinzigera mvuga nabi Igihugu cyanjye, uwancaho uwo ari we wese cyangwa ibyo bigarasha bishaka ngo kuncaho, nta kigarasha na kimwe mvugana nacyo, nta kigarasha na kimwe nziranye nacyo.

Sinzigera ngambanira Igihugu cyanjye, ariko umubtu wese uzamenyera izina Yago akaza kurishyira ku mbuga nkoranyambaga ashaka kurigaragaza nabi, uwo amasasu azamugeraho.”

Yago akomeza avuga ko nyuma yo kuva mu Gihugu, aho ari abayeho neza. Ati “Mbayeho neza kuko mfite amahoro kuruta ayo nari mfite ndi muri abo bantu babi bashaka kuntega amarozi, bashaka kunyica.”

Akomeza agaragaza ibyamubagaho akiri mu Rwanda. Ati “Nari mbayeho nabi nkiri aho, ubwo nasohokaga mu rupangu ngasanga abantu nk’icumi bari ku rupangu iwanjye, nari mbayeho nabi ubwo navaga ku kazi ngasanga abantu bari iwanjye ntabinjijeyo, nari mbayeho nabi ubwo nari ku kazi nkabona abantu batanu baje kuneka ngo amakuru yanjye, nari mbayeho nabi ubwo nageraga iwanjye, abantu bagatera amabuye iwanjye mu rupangu.”

Yago avuga ko ibi byose byamubagaho, atahwemye gutaka ariko ntatabarwe, ku buryo biri mu byatumye ava mu Gihugu.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruherutse gutangaza ko Nyarwaya Innocent yahunze Igihugu yari akurikiranyweho ibyaha birimo ibikomeye nko gukurura amacakubiri, ndetse ko yahunze ubwo yari atangiye kubibazwaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 17 =

Previous Post

U Bushinwa bwagaragarije Afurika impamvu buyifuriza ibyiza buzanakomeza kuyiba hafi

Next Post

Urwego rw’iperereza mu Rwanda rwungutse abahanga mu gukusanya ibimenyetso bya gihanga biganjemo abasirikare

Related Posts

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urwego rw’iperereza mu Rwanda rwungutse abahanga mu gukusanya ibimenyetso bya gihanga biganjemo abasirikare

Urwego rw’iperereza mu Rwanda rwungutse abahanga mu gukusanya ibimenyetso bya gihanga biganjemo abasirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.