• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru yamwatse Miliyoni 2Frw ngo adatangaza Video: Ndimbati atanze amakuru mashya

radiotv10by radiotv10
23/03/2022
in MU RWANDA
0
Umunyamakuru yamwatse Miliyoni 2Frw ngo adatangaza Video: Ndimbati atanze amakuru mashya

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Uwihoreye Jean Bosco Mustafa uzwi nka Ndimbati usanzwe ari umukinnyi wa Film nyarwanda ubu uri mu maboko y’inzego z’ubutabera kubera icyaha cyo gusambanya umwana akurikiranyweho, yabwiye Urukiko ko yakorewe akagambane kuko hari Umunyamakuru wamwatse Miliyoni 2 Frw ngo adatangaza inkuru yamuvugagaho, akayamwima.

Uyu mugabo yatawe muri yombi tariki 10 Werurwe 2022 nyuma y’amashusho yatambutse kuri YouTube Channel imwe yo mu Rwanda, yagaragaragamo umugore umushinja kumusambanya abanje kumusindisha, akaza no kumutera inda bakabyarana impanga.

Uwihoreye Jean Bosco alias Ndimbati wagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, yahakanye icyaha cyo gusambanya uyu mukobwa uvugwa ko yari ataruzuza imyaka y’ubukure.

Ndimbati yabwiye Urukiko ko ubwo yaryamanaga n’uyu mukobwa, yari yamuguze nk’umukobwa wicuruza nk’abandi bose.

Uyu mugabo umaze kubaka izina mu gukina Film, mu kiganiro yari yanagiranye n’iyi YouTube Channel yatangaje ariya mashusho y’uyu mugore umushinja kumusambanya, yavuze ko afite ibimenyetso bihagije ko uyu mukobwa ari kuri misiyo yo kumuhindanyiriza isura muri rubanda.

Uyu munsi ubwo yaburanaga ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, yabwiye Urukiko ko ubwo uyu mukobwa yamaraga kuvugisha iyi YouTube Channel, Umunyamakuru wayo, yahise amuhamagara akamubwira ko afite amakuru ashobora kumusenyera izina bityo ko akwiye kumuha Miliyoni 2 Frw kugira ngo atayitangaza.

Yagize ati “Ari na ho mvuga ko habayeho akambane kuba yaragiye mu itangazamakuru. Ibi byose byagiye mu itangazamakuru ubwo Umunyamakuru wa [yavuze Izina ry’iyo YouTube Channel] yamubeshyaga ko azamufasha ko hari abantu bo hanze bazamuha amafaranga menshi.”

Ndimbati avuga ko umugore umushinja kumusambanya abanje kumusindisha, na we yamwatse Miliyoni 5 Frw no kumukodeshereza inzu y’ibihumbi 300 Frw ndetse n’ibindi byose byumvikanaga nk’amananiza ariko akamubwira ko atabishobora.

Yavuze ko ubwo yangaga gutanga aya mafaranga yose, ari bwo amashusho agaragaza umugore umushinja kumusambanya, yagiye hanze akaba ari na yo yatumye atabwa muri yombi.

Ubushinjacyaha bwasabiraga Ndimbati gufungwa by’agateganyo, bwagarutse ku buhamya bwatanzwe n’umukobwa uvuga ko yasambyijwe n’uregwa.

Bwavuze ko uyu mukobwa ubwo yageraga mu modoka ya Ndimbati yasanzemo inzoga akaza kuyimuha amubeshya ko ari amata bigatuma abona uko amusambanya kuko yari yamusindishije.

Ubushinjacyaha kandi buvuga ko igihe uyu mukobwa yasambyijwe n’uregwa yari ataruzuza imyaka y’ubukure kuko yavutse tariki 07 Kamena 2002 nk’uko bigaragazwa n’ifishi yafatiyeho inkingo.

Ndimbati n’abamwunganira mu mategeko basabaga Urukiko ko arekurwa, bavuze ko ibyatangajwe n’uyu mukobwa biteye urujijo kuko amatariki yivugira ko yavutseho ahabanye n’ayatangajwe n’umubyeyi we ndetse n’ari mu byangombwa bye.

Uregwa n’abamwunganira bavuze ko adashobora gutoroka ubutabera, basaba ko yarekurwa kugira ngo ajye kwita ku bana be.

Urukiko rwahise rupfundikira uru rubanza rw’ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, rwemeza ko ruzasomwa umwanzuro warwo tariki 28 Werurwe 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

FERWAFA yatangaje urutonde rw’abashobora kuvamo umatoza w’Amavubi rutariho Umunyarwanda n’umwe

Next Post

Kuba wararebaga imirari ukayikosoza: Dore impamvu zatuma wemererwa guhindurirwa ifoto y’irangamuntu

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Kuba wararebaga imirari ukayikosoza: Dore impamvu zatuma wemererwa guhindurirwa ifoto y’irangamuntu

Kuba wararebaga imirari ukayikosoza: Dore impamvu zatuma wemererwa guhindurirwa ifoto y’irangamuntu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.