Sunday, August 9, 2026
RW|EN
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Umunyamakurukazi Uwamwezi Daphine wamenyekanye nka Bianca, yibwe imodoka ye, ndetse akaba yamaze gutanga ikirego mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Uyu munyamakurukazi usanzwe akorera imwe muri radio zo mu Rwanda wananyuze ku bitangazamakuru binyuranye, yemeje aya makuru y’ubujura yakorewe bw’imodoka ye.

Yatangaje ko iki kinyabiziga cye kibwe ku mugoroba w’ejo hashize ku wa Gatatu tariki 11 Kamena 2025, aho uwayibye yayikuye iwe mu rugo.

Bianca yagize ati “Yibwe n’umwe mu bakozi bakoreraga mu rugo, namaze kubimenyesha RIB [Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha] iri kubikurikirana.”

Uyu munyamakurukazi, mu kiganiro yagiranye n’imwe muri YouTube Channel zo mu Rwanda mu kwezi k’Ugushyingo 2020, yatangaje ko yaguze imodoka ye ku nshuro ya mbere ya Miliyoni 8 Frw yo mu bwoko bwa Toyota RAV 4.

Uyu munyamakurukazi yavugaga ko iyo modoka yayibonye yiyushye akuya, kuko yageragezaga kwigomwa byinshi kugira ngo azagere kuri iyi ntego yair yarihaye.

Umunyamakurukazi Bianca

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + five =